Indege z’intambara zo mu bwoko bwa Falcon F16 zaherekeje ikipe y’igihugu ya Poland yitabiriye irushanwa ry’igikombe cy’Isi kirabera muri Qatar guhera ku wa 20 Ugushyingo 2022.
Iyi kipe yatangarije aya makuru kuri konte yayo y’urubuga rwa Twitter kuri uyu wa 17 Ugushyingo, aho yagize iti: “Twaherekejwe ku mupaka wo mu majyepfo ya Poland n’indege za F16! Ishimwe n’indamukanyo ku bapilote!”
Aya magambo yaherekeje videwo y’amasegonda 25 igaragaza indege nini iri mu kirere, ikikijwe ku ruhande rw’iburyo n’ibumoso n’ebyiri z’intambara za F16.
Ikinyamakuru New York Post gisobanura ko izi ndege zagejeje iyi kipe aho ikirere cya Poland kirangirira, zisubira ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere.
Aba bakinnyi barimo rutahizamu Robert Lewandowski ukinira FC Barcelona muri Espagne bamaze no kugera muri Qatar, aho bitegura gukina umukino wa mbere tariki ya 22 Ugushyingo.
Ziherekejwe nyuma y’aho igisasu cyaturutse muri Ukraine kiguye mu gace ko ku mupaka muri Poland, kikica abantu babiri.





