Amafoto: Nyuma ya Ban Ki-moon u Burundi bwakiriye abaperezida 4 na Minisitiri w’Intebe batumwe na AU

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’iminsi 2 Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon, asuye u Burundi, iki gihugu cyongeye kugendererwa n’abakuru b’ibihugu batanu bo muri Afurika nabo bagiye kugerageza kuvugana n’abategetsi b’u Burundi ngo bashakire umuti ibibazo bimaze iminsi muri iki gihugu.

CcAm9sOW8AAalN7
Perezida Nkurunziza ku kibuga cy’indege cya Bujumbura agiye kwakira intumwa za AU

Abo bakuru b’ibihugu bamaze no kugera mu Burundi ni uwa Senegal, uwa Afurika y’Epfo, uwa Gabon, uwa Mauritania, ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

CcBCammWEAAchV_
Perezida Macky Sall nyuma yo kwakirwa na perezida Nkurunziza

Ikijyanye aba bakuru b’ibihugu na guverinoma mu Burundi kikaba ari ukugerageza kumvisha perezida Nkurunziza kwemera kuganira n’abatavuga rumwe bose nta wuhejwe nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Ikindi, ikibazo cyo kohereza ingabo mpuzamahanga zibumbiye mu kiswe Maprobu cyo ntabwo kikiri mu byo bagomba kuganira nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

 

CcCf3KfWAAEU0HI
Perezida Zuma na Nkurunziza nyuma yo kugera i Bujumbura

 
 
Chergui
Komiseri wa AU ushinzwe amahoro n’umutekano n’isakoshi akigera i Bujumbura

ethiopia2
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn akigera i Bujumbura

 
Mauritania2
Perezida wa Mauritania, Mohamed Ould Abdel Aziz na perezida Nkurunziza

U Rwanda narwo ruri muri gahunda y’ibiganiro hagati y’aba bategetsi n’ab’u Burundi

Umuvugizi wa perezida w’u Burundi wungirije, Jean Claude Karerwa Ndenzako, yatangaje ko bari bubonereho kwereka Afurika Yunze Ubumwe ko u Burundi ari igihugu kizewe, ko nubwo hatabura ibibazo bivuka igihugu gifite umutekano ku rugero rwa 90%.

Yakomejhe avuga ko abayobozi b’u Burundi banateganya gusaba abakuru b’ibihugu babagendereye gusaba u Rwanda guhagarika kugerageza guhungabanya u Burundi, ndetse ngo baranabasaba kubabera abavugizi mu Muryango Mpuzamahanga uzasabe leta y’u Rwanda kurekeraho kugira uruhare mu guhungabanya u Burundi.

CcCupk8UEAAPw-0
Nyuma yo kwakira abashyitsi minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Aime Nyamitwe yahaye ikiganiro abanyamakuru

Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeje kutizera ubutegetsi bw’’u Burundi, aho CNARED ivuga ko byaba ari igitangaza aba bakuru b’ibihugu hari icyo bakuye kuri perezida Nkurunziza gifatika nk’uko bitangazwa na Pancrace Cimpaye wo muri iri huriro rikuriwe na Leonard Nyangoma.

Andi mafoto

CcAm5ckWwAArqzO

CcAm7EjWoAIILox

CcAgNHsWEAAXs9H

CcCddN8UUAAFzrO (1)

i

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Amafoto: Ikiriho.bi

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *