e4vaufkweaa7ipy.jpg

Amafoto: Perezida Kagame na Tshisekedi baganiriye amasaha 2 ubutaha bazahurira i Goma

Sangiza iyi nkuru

Nyuma yo kwakira mugenzi we wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ku mupaka wa La Corniche uhuza Umujyi wa Goma n’uwa Rubavu, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we bagiranye ibiganiro byamaze amasaha abiri nk’uko bitangazwa na perezidansi ya RDC.

e4vaufkweaa7ipy.jpg

Nta tangazo rirashyirwa ahagaragara ku byo abakuru b’ibihugu byombi baganiriye, gusa iyi Perezidansi ya RDC yavuze ko bagombaga kuganira ku ngingo z’inyungu rusange nko kongera ingufu mu bucuruzi hagati y’ibihugu byombi ndetse n’ishoramari.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi biteganyijwe ko bazongera kugirana ibiganiro ku nshuro ya kabiri ariko noneho bagahurira ku butaka bwa Congo, mu Mujyi wa Goma.

e4uqjhxxmay82tg.jpg
e4uqjhyxoamqgtk.jpg
e4vaufhwyaclrma.jpg
e4vaufjwyag-bdx.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *