G5IgCH8XEAAbbJQ

Amafoto: Umujyanama wa Trump mu bitabiriye Leaders Prayer Breakfast i Kigali

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 7 Ugushyingo 2025 Mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Camp Kigali, hateraniye amasengesho y’abayobozi yo gusengera igihugu (Leaders Prayer Breakfast) aje akurikira amasengesho y’abayobozi bato yo gusengera igihugu (Young Leaders Prayer Braekfash) yabaye ku itariki 31 Kanama 2025. Ni amasengesho yitabiriwe n’abantu baturutse imihanda yose no mu nzego zose barimo abaminisitiri, abayobozi b’amatorero n’amadini, abashyitsi baturutse hanze y’igihugu barimo n’Umujyanama wa Perezida Donald Trump mu bijyanye n’imyizerere.

IMAA9243
Umujyanama wa Trump wambaye umutuku n’uko yahageze

Amasengesho yo kuri uyu wa Gatanu nk’uko twabivuze yitabiriwe n’abashitsi bavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump mu by’imyizerere; Paula White, wazanye n’umugabo we, Jonathan Cain, ndetse na Jennifer Korn Sporment, Assistant wa Perezida wa Amerika akaba n’Umuyobozi ushinzwe imyizerere mu Biro bishinzwe imyizerere (White House Faith Office).

G5HEBgNWAAA76PK

Aba kandi bazanye na Bradley Knight; Arkiyepiskopi Nicholas Duncan-Williams; Rosa Whitaker Duncan-Williams; Joel Duncan-Williams; na Chekinah Olivier. Banaraye bakiriwe na Perezida wa Repubulika na madamu we baganirira ku ndangagaciro zisangiwe zo kwizera, amahoro, ubuyobozi, ndetse no ku bibazo byo mu karere no ku Isi.

IMAA9192
Archbishop Duncan yinjiranye na Minisitiri Mukazayire

c46d4b3c 4347 4a38 b39c 37d62f84102e

Amasengesho yo gusengera igihugu ya National Prayer Breakfask, aya Leaders Prayer Breakfast kimwe n’aya Young Leaders Prayer Breakfast ategurwa na Rwanda Leaders Fellowship. Ni birori binini bihuza abayobozi ba leta, abayobozi mu nzego z’abikorera, abanyamadini n’abagize sosiyete sivili kugira ngo basenge, basabane, kandi baganire ku buyobozi bushingiye ku ndangagaciro, akenshi byitabirwa n’abayobozi mu nzego zo hejuru barimo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu we, Jeannette Kagame.

IMAA8877

Ibirori ngarukamwaka mu bisanzwe biba muri Mutarama kugirango Abanyarwanda bashimire Imana kubw’umwaka ushize kandi basabire abayobozi b’igihugu, mu gihe amasengesho y’abayobozi bato yibanda ku kwimakaza indangagaciro zubaha Imana hamwe no kugira inama abayobozi bo mu bihe biri imbere.

Biteganyijwe ko iri tsinda riyobowe n’Umujyanama mukuru mu by’imyizerere wa Trump rizava mu Rwanda rikerekeza no mu bihugu by’ibituranyi birimo Uganda ndetse na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

ec6c1d82 a3fc 46c4 b305 dd1bbf26ea56 d3d99928 9cd2 47a2 8f52 69df7933c479 21177da8 089b 4ef9 8713 ff6dfc360027 1972bc34 f4e8 4ede 8a40 2de8617685e7 IMAA9051IMAA8903 IMAA8909 IMAA8992

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *