col4.png

Amafoto: Umusaza w’imyaka 76 atunze intwaro zirenga 4000 zirimo n’ibifaru

Sangiza iyi nkuru

Umusaza w’imyaka 76 y’amavuko witwa Mel Bernstein (Dragon Man) utuye muri Leta ya Colorado muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aravuga ko atunze intwaro z’ubwoko butandukanye zirenga 4000.

Izi ntwaro zirimo Mashinigani zirenga 200, Ak-47, Bazooka, amabombe n’imodoka z’intambara zizwi nk’ibifaru zose azibitse mu nzu ye bwite azicururizamo yitwa Dragon Arms iri muri Colorado ahitwa Dragonland no mu ngoro ndangamurage.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Michael Koenigs wa ABC News mu 2017, Bernstein yagize ati: “Ni njye muntu ufite intwaro nyinshi muri Amerika. Mfite intwaro zirenga 4000, mashinigani zirenga 200, Bazooka, ibifaru, imodoka nto z’intambara, Jeeps zifashishwa mu kugaba ibitero, imbunda zirasa umuriro, buri cyose mfite cyemewe n’amategeko ya Leta ya Colorado.”

Yabajijwe niba nta ruhare inzu y’ubucuruzi bw’intwaro ye igira mu bikorwa by’urugomo nk’ubwicanyi bw’abantu 58 bwakorewe muri Sutherland Texas, Las Vegas no mu ishuri ryisumbuye rya Columbine, bukanakomerekeramo abarenga 500, cyane ko byagaragaye ko intwaro zifashishijwe azicuruza.

Yasubije ko intwaro z’ubwoko bumwe n’izifashishijwe muri ubu bwicanyi yazigurishije bwaramaze kuba. Gusa ngo icyo abicanyi bari bagambiriye ni ukwica, intwaro zose baba barakoresheje. Ati: “Icyo umwicanyi yakoresheje, icyo yashakaga ni ukwica.”

Ku wamutera agambiriye kumugirira nabi, Bernstein yavuze ko mu gihe yaba ari mu bubiko bw’izi ntwaro ze yakwirwanaho, kuko amategeko abimwemerera. Ati: “Mu gihe haba hari uje mu mutungo wawe, akagukangisha kukugirira nabi, biremewe kumurasa, hashingiwe ku itegeko rya Colorado.”

Umunyamakuru yamubajije niba izi ntwaro ze nta ngaruka ziramugiraho, asobanura ukuntu mu 2012 ibombe yishe umugore we, Terry Flanell ubwo yateguraga filimi. Yagize ati: “Kimwe mu bikoresho bicumba umwotsi cyahindutse roketi, kintambukaho, kimugeraho, kiramwica.”

Yavuze ko kandi muri Kanama 2017, abajura bane barimo umukobwa yareze n’umwuzukuru bigeze gukoresha imodoka ye, bamwiba imbunda 84. Gusa ngo inzego za Leta zaje kubata muri yombi, zibashinja icyaha cyo kwiba intwaro umuntu uzitunze mu buryo bwemewe n’amategeko.
col4.png
col3.png
col2.png
col1.png

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *