Impuzamashyirahamwe y’umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI), yemeje ko u Rwanda ari rwo rugomba kwakira shampiyona y’Isi y’umukino wo gusiganwa ku magare ya 2025.
UCI yemeje aya makuru mu butumwa bwa email yoherereje ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare (FERWACY), mbere yo kuyemeza ku rubuga rwayo rwa Twitter.
Iri siganwa ngarukamwaka riri mu ya mbere akomeye ku Isi, dore ko ryitabirwa n’abakinnyi babarirwa muri 5,000 n’intumwa zirenga 25,000.
U Rwanda rwahawe kwakira iyi shampiyona ahanini bitewe n’ubunararibonye rumaze kugira mu kwakira amasiganwa y’amagare atandukanye, harimo irya Tour du Rwanda rwatangiye kwakira kuva muri 2009.
Iri siganwa rimaze imyaka ibiri riri ku kigero cya 2.1, uretse kuba ari ryo rya mbere rikomeye ku mugabane wa Afurika, ni na ryo siganwa rikurikirwa n’abantu benshi mu masiganwa abera ku butaka bw’uyu mugabane.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


