emc62hiw8ae-7wm.png

Amajyepfo: Nyamagabe ni iya nyuma mu gutanga serivisi ku baturage

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwagaragarije Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo uko dukurikirana mu mitangire ya Serivisi aho Akarere ka Nyamagabe kaje ku mwanya wa nyuma n’amanota 54.8%

Ibi RGB yabigaragaje ubwo yerekaga inzego z’Ibanze zo mu Ntara y’Amajyepfo uko zihagaze muri raporo y’ubushakashati bukorwa buri mwaka bugaragaza ishusho y’imiyoborere n’imitangire ya Serivisi izwi nka CRC (Citizen Report Card).

Iyi raporo igaragaza ko Akarere ka Gisagara kaza imbere muri iyi Ntara gafite amanota 67,1% mu gihe aka Nyaruguru gaheruka kuba aka mbere mu mihigo ya 2019-2020 (mu gihugu hose) ko gafite amanota 65%.

Ubu bushakashatsi bwari bukozwe ku nshuro ya karindwi bwerekana uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya Serivisi, bweretwe ziriya nzego n’abafatanyabikorwa b’uturere mu iterambere (JADF).

emc62hiw8ae-7wm.png

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Amajayepfo: Nyamagabe ni iya nyuma mu gutanga serivisi ku baturage
    Ubundi nkabaturage barabivuga
    Ko Nyobozi y’Akarere ka Nyamagabe idashoboye
    Bagakwiye kwegura.
    Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe ntishoboye yagakwiye kwegura yose.
    Kuko ntacyo itumariye
    Ibi byose bikorwa irebera
    Kwirukana abakozi
    Nyobozi kuba itumvikana
    Bafitanye amakimbirane
    Bakora gute.
    Dutegereje rurema

  2. Amajayepfo: Nyamagabe ni iya nyuma mu gutanga serivisi ku baturage
    Ubundi nkabaturage barabivuga
    Ko Nyobozi y’Akarere ka Nyamagabe idashoboye
    Bagakwiye kwegura.
    Njyanama y’Akarere ka Nyamagabe ntishoboye yagakwiye kwegura yose.
    Kuko ntacyo itumariye
    Ibi byose bikorwa irebera
    Kwirukana abakozi
    Nyobozi kuba itumvikana
    Bafitanye amakimbirane
    Bakora gute.
    Dutegereje rurema

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *