Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamenyesheje Perezida Félix Tshisekedi ko atagomba guhirahira ngo arenze itariki ya 23 Mutarama 2024 akiri ku butegetsi.
Fayulu na Tshisekedi bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri 2018, gusa uyu wa kabiri byemezwa ko ari we wayatsinze n’ubwo ibyayavuyemo bitigeze bivugwaho rumwe.
Bivugwa ko Tshisekedi yari yabaye uwa gatatu mu majwi nyuma yo gutorwa n’abangana na 15%, gusa haza kubaho ubwumvikane hagati ya Komisiyo y’amatora (CENI) na Joseph Kabila wari Perezida wa RDC birangira yemejwe nk’uwatsinze amatora.
Ni mu gihe Martin Fayulu ari we wari wayatsinze n’amajwi 65%.
Ibya buriya bujura bw’amajwi byanemejwe na Corneille Nanga wahoze akuriye CENI wavuze ko Tshisekedi yemejwe nka Perezida wa Congo nyuma y’ubwumvikane bwabayeho hagati y’abanyapolitiki batandukanye, yemwe bikarangira Urukiko rw’Ikirenga nta cyo rubikozeho.
Nta gihindutse andi matora y’Umukuru w’Igihugu muri RDC agomba kuba mu Ukuboza uyu mwaka, ndetse Tshisekedi na mukeba we Martin Fayulu bari mu bakandida bemeje ko bazayiyamamazamo.
Fayulu abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yamenyesheje Tshisekedi ashinja kumwiba amajwi ko ariya matora yaba cyangwa ntabe atagomba kurenza itariki ya 23 Mutarama 2024 akiri ku butegetsi; kuko ari wo munsi manda ye igomba kurangiriraho.
Ati: “Tuributsa bwana Tshisekedi ko manda yariganyije nk’uko buri wese yabyemeje, izarangira ku wa 23 Mutarama 2024 saa sita z’ijoro. Amatora yaba cyangwa ntabe, agomba gupakira ibikapu bye akagenda kuri iriya tariki. Ntabwo tuzemera ko igihe ntarengwa itegekonshinga riteganya kirenga.”
Martin Fayulu yatangaje ibi mu gihe hari amakenga y’uko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yaba afite umugambi wo kwigiza inyuma amatora; ibyo na we ubwe amaze igihe agaragaza.
Uyu aheruka kubwira Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ko intambara igihugu cye gihanganyemo n’inyeshyamba za M23 ishobora kuzatuma kidakoze amatora y’Umukuru w’Igihugu.
Ni intambara amaze igihe yegeka ku Rwanda, na rwo rukavuga ko ari ukurwitwaza kugira ngo azabone uko asubika ariya matora.


