Ikipe y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 20 y’amavuko yasezerewe n’iya Ethiopia, inyagiwe ibitego umunani ku busa (8-0) mu mikino ibiri yakinnye.
Iyi mikino iri mu ijonjoro ry’irushanwa ry’igikome cy’Isi cy’abagore batarengeje imyaka 20 rizabera muri Costa Rica muri Kanama 2022.
Mu mukino ubanza wabereye i Kigali tariki ya 24 Nzeri 2021, ikipe ya Ethiopia yatsinze iy’u Rwanda ibitego bine ku busa (4-0). Mu wo kwishyura wabereye i Addis Ababa kuri uyu wa 6 Ukwakira, nabwo iyi kipe yongeye gutsindwa ibitego 4-0.
Ikipe ya Ethiopia nyuma yo gusezerera iy’u Rwanda, mu cyiciro cya gatatu itegereje guhura n’izakomeza hagati y’iya Tanzania na Eritrea.
Ubwo ijonjora rizaba rirangiye, amakipe abiri azaba aya mbere muri Afurika azabona itike yo kwitabira igikombe cy’Isi.


