Amavubi yigiye imbere ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA

Sangiza iyi nkuru

Ku rutonde ngaruka kwezi rw’ Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, ikipe y’igihugu cy’u Rwanda yigiye imbere nyuma y’uko umukino yaherukaga gukina yanganyije na Ghana igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wabaye ku wa 03 Nzeri 2016
[ad id=”44145″]
U Rwanda rwari ruri ku mwanya wa 107 ku isi na 27 muri Adurika, Urutonde rwashyizwe ahagaragara ejo hashize taliki 24 Ugushyingo 2016, u Rwanda rwazamutseho imyaka 6 ruva ku 107 rugera ku 101 ku isi na 27 muri Afurika.
Mu karere k’Afurika y’u Burasirazuba, Uganda ni yo iri imbere ku mwanya wa 73 ku isi na 18 muri Afurika, Kenya iri ku mwanya wa 89 na 21 muri Afurika, u Rwanda 101 na 27 muri Afurika, Ethiopia 115, Sudani 140,Tanzania 160 naho Sudani y’Epfo 169,
Ikipe y’igihugu ya Senegal niyo iri ku mwanya wa mbere muri Afurika, ikaba ku mwanya wa 33 ku isi, Cote d’Ivoire iri ku mwanya wa 2 muri Afurika na 34 ku isi naho Tunizia iri ku mwanya wa 3 muri Afurika nayo ikaba 34 ku isi.
Argentine ni yo iyoboye urutonde rw’isi igakurikirwa na Brazil, u Budage, Chili naho u Bubiligi bukaza ku mwanya wa 5.
Amavubi akomeje kwigira imbere kuri uru rutonde kuva aho FERWAFA ifashe icyemezo cyo kwirukana uwari umutoza w’iyi kipe, Jonathan McKinstry wagaragaje umusaruro muke no gusubira inyuma gukabije kuko yasanze Amavubi ku mwanya wa 69 akirukanwa ayigejeje ku mwanya wa 122.
[ad id=”44145″]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *