Amb. Nikobisanzwe ku ifatwa rya Cassien Ntamuhanga

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi w’ u Rwanda muri Mozambique, Claude Nikobisanzwe avuga ko nta kaboko k’ u Rwanda kari mu ifatwa rya Cassien Ntamuhanga wari waratorotse Gereza ya Mpanga, agahungira muri icyo gihugu aho yabaga kuva mu 2017.

Ntamuhanga yatawe muri yombi ku cyumweru tariki 23/05 ku kirwa cya Inhaca kiri mu burasirazuba bwa Maputo aho yari asigaye atuye, nk’uko polisi yabyemereye umunyamategeko we, Simao Henrique Buque.

Hari amakuru yavuzweko Ntamuhanga yafashwe n’abantu 10 barimo bane bavuga Ikinyarwanda baje bigize nk’abaguzi b’ingurube.

Itangazo ryo kuwa 10 Kamena uyu mwaka, abakorana na Ntamuhanga (RANP-Abaryankuna) BWIZA yabonye, bavuga ko u Rwanda rwahakanye uruhare mu ifatwa rya Ntamuhanga kugeza ubu byabaye inshoberamahanga kumenya aho aherereye.

Bavuga ko iby’uko u Rwanda rwaba ruri inyuma y’ifatwa rya Ntamuhanga, Amb. Nikobisanzwe yabihakanye ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru cyitwa O canal de Moçambique.

Nikobisanzwe ngo yabwiye iki kinyamakuru ko ” Ayo ari amakuru y’ibihuha.”

Aba bakavuga ko kuba Nikobisanzwe yaratangaje ko u Rwanda ntaho ruhuriye n’ifatwa rya Ntamuhanga, ubwo Mozambique ariyo ikwiriye kwirengera iby’iki kibazo cye cyane ko ari nayo yamutaye muri yombi.

Aba basaba Mozambique kugaragaza aho Ntamuhanga ari, bakareka kumufunga bitemewe n’amategeko ari nako bavuga ko bazifashisha ibimenyetso bafite, bakarega iki gihugu mu miryango mpuzamahanga.

Mu 2017 Ntamuhanga yatorotse gereza mu Rwanda aho yari yarakatiwe gufungwa imyaka 25 ku byaha by’iterabwoba, mu kwezi gushize kwa Gicurasi, yakatiwe adahari indi myaka 25 ku byaha nk’ibyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *