Amerika: Indege y’intambara yakoreye impanuka mu nyanja ya Pacific

Sangiza iyi nkuru

Ubwato butwara indege z’intambara bw’Amerika bburi gushakisha ababuriwe irengero mu mpanuka y’indege y’Intambara y’Amerika yabereye mu nyanja ya Pacific.
Kugeza ubu, ibitangazamakuru biravuga ko hamaze kuboneka abantu 8 bakiri bazima, abandi 3 bakaba bakomeje kuburirwa irengero.
Iyi ndege yarohamye hafi y’agace ka Okinawa ko mu gihugu cy’u Buyapani, ubu indege n’andi mato bikaba bikiri mu bikorwa byo gushakisha abo bantu.

184F2E8600000514 5106625 image a 11 1511338789838
Amerika iri kohereza ubwato bwinshi bw’intambara ku nkengero z’ibihugu birimo na koreya ya Ruguru

Ni indege yitwa C-2 Greyhound yarimo busanga ubundi bwato Amerika imaze iminsi yohereje muri kariya gace, ikaba iri mu bikorwa byo kugenda yegereza amato y’intambara ku nkengero z’ibihugu birimo koreya y’Epfo, iya Ruguru ndetse n’u Buyapani.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kugeza ubu, nta mpamvu iramenyekana yaba yateye iyi mpanuka gusa ibitangazamakuru bikavuga ko ibaye mu gihe umwuka mubi ukomeje kurangwa hagati y’Amerika ndetse na Koreya ya Ruguru yanze kureka ikoreshwa ry’ibisasu bya kilimbuzi.
036E1017000007D0 5106625 image a 14 1511340480259
Amato menshi yahise yoherezwa mu nyanja gushakisha abaguye muri iyo mpanuka

Guhera mu mezi ashize, haravugwa intambara za hato na hato n’amato n’indege byo ku ruhande rw’Amerika, aho mu kwezi kwa Munani uyu mwaka, ubwato bwakoreye impanuka mu nkengero za Singapore, abasare agera ku 10 bakahasiga ubuzima, abandi 5 bagakomereka.
Mu kwezi kwa Gatandatu na none, ubundi bwato bwo mu bwoko bwa USS Fitzgerald bwagonganye n’ubundi mu Buyapani, abagera kuri 7 bahasiga ubuzima.
46997BC000000578 5106625 image a 16 1511341420926
Ikinyamakuru Dailymaily dukesha iyi nkuru kiravuga ko kugeza ubu, amaziya y’ababuriwe irengero yakomeje kugirwa ibanga ariko imiryango ya boy o ikaba yabimenyeshejwe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *