Amerika n’u Bwongereza biramagana ubutabera bwa Tanzania ku birego bishinjwa umunyamakuru Kabendera

Sangiza iyi nkuru

Ambasade za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza muri Tanzania kuri uyu wa Gatanu zamaganye idohoka ry’imikorere y’ubutabera bw’iki gihugu nyuma yo guhindura ibirego byashinjwaga umunyamakuru Erick Kabendera uzwiho gukora inkuru zicukumbuye, watawe muri yombi mu mpera za Nyakanga.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’izi ambasade zombi rivuga ko zihangayikishijwe n’idohoka ry’ubutabera bwa Tanzania, rirangwa no gufunga by’agateganyo igihe kirekire no guhindura ibirego.

Izi ambasade zikaba zivuga ko zihangayikishijwe n’ibiherutse kuba, aho ngo hatubahirijwe amategeko mu guta muri yombi, gufunga no gushinja umunyamakuru Erick Kabendera, bivugwa ko yimwe abamwunganira mu bihe bya mbere byakurikiye ifatwa rye kandi ngo binyuranyije n’amategeko.

Uyu munyamakuru uzwi cyane muri Tanzania yakoreye ibinyamakuru bitandukanye mu gihugu no hanze yacyo, yagiye akora inkuru zisesenguye kandi zinenga ku bukungu na politiki ya Tanzania iyobowe na John Pombe Magufuli nk’uko France 24 dukesha iyi nkuru ivuga.

Nyuma y’itabwa muri yombi rye kuwa 29 Nyakanga, muri Tanzania havutse urunturuntu hatangizwa n’ubusabe bwo kumurekura hashtag ya  #FreeErickKabendera itangira kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga.

Imiryango itandukanye itegamiye kuri leta yahise itangira gusaba ko arekurwa, yamagana kubangamira itangazamakuru n’abanenga ubutegetsi gukomeje kwiyongera muri Tanzania.

Kuwa 05 Kanama Erick Kabendera akaba yarashinjwe kubona amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, gukwepa imisoro n’iyezandonke.

Ni mu gihe nyamara ubwo yatabwaga muri yombi, Igipolisi cya Tanzania cyatangaje ko akurikiranweho kuba ashobora kuba yarabonye ubwenegihugu bwa Tanzania binyuranyije n’amategeko, mbere yo kureka iki kirego bakagisimbuza gutangaza inkuru z’ibinyoma kandi zigamije kugumura abaturage, ibirego nabyo byaretswe nyuma hakazanwa ibindi.

Kuva Perezida John Pombe Magufuli yajya ku butegetsi mu mpera za 2015, za mitingi z’abatavuga rumwe n’ubutegetsi zarabujijwe, abakuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi nabo bagiye batabwa muri yombi barakurikiranwa, ibinyamakuru bimwe birafungwa n’abanyamakuru kugeza ku bahanzi nyuma yo kunenga guverinoma.

Igihugu cya Tanzania mu 2015 cyari ku mwanya wa 75, ku rwego rw’Isi, ku rutonde rwa Reports Without Borders mu guha ubwisanzure itangazamakuru, ariko mu 2019 cyaje ku mwanya wa 118.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *