21ab128c-6395-4f16-82a0-69d7896b9e39_50af44a2

Amerika n’u Bushinwa birizeza ko umubano wabyo uzaba mwiza kurusha mbere

Sangiza iyi nkuru

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa kuri uyu wa Gatatu yasabye ko igihugu cye na Amerika biba “abafatanyabikorwa aho kuba abacyeba”, mbere y’uko ibiganiro bikomeye na mugenzi we, Donald Trump bitangira mu murwa mukuru, Beijing.

Perezida Donald Trump mu kumusubiza yasobanuye Xi nk'”umuyobozi mwiza cyane” ndetse avuga ko umubano hagati y’ibi bihugu bikomeye cyane ku Isi uzaba “mwiza cyane kurusha mbere hose”.

Ariko ingingo zikomeye zo kuganiraho birashoboka ko ziza kuvugwaho mu biganiro bagirana, zirimo nk’imisoro ku bicuruzwa byinjira mu gihugu, ihangana mu by’ikoranabuhanga, intambara yo muri Iran hamwe n’ingingo ijyanye na Taiwan.

Mbere y’inama yabo, Xi yahanye ikiganza na Trump kuri tapis rouge hanze y’inyubako ya leta yitwa ‘Great Hall of the People’ iri i Beijing nk’uko bitangazwa na BBC.

I Beijing, Trump yajyanyeyo n’abakuru b’ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga, barimo nka Elon Musk wa kompanyi Tesla, na Jensen Huang ukuriye kompanyi Nvidia, mbere yo kugerayo yavuze ko azasaba u Bushinwa “gufungura” amarembo ku nganda za Amerika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *