Kuri uyu wa Gatatu, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yiaburiye Mali ku ngaruka z’amafaranga no guhungabana k’umutekano niba guverinoma ihaye akazi abacanshuro bo mu Burusiya bakorera ikigo cya Wagner.
Inteko iri ku butegetsi i Bamako ikangisha gukoresha serivisi z’iyi sosiyete yigenga yo mu Burusiya ikekwaho kuba yegereye Perezida Vladimir Poutin kugira ngo ibafashe mu kurwanya intagondwa.
Ku wa mbere, Leta zunze ubumwe z’Amerika, zikurikirwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, zafatiye ibihano itsinda rya Wagner, naho ku wa Gatatu Blinken yicuza kuba Mali yaranze koherezwa izindi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye, “zagira uruhare mu kurengera abaturage”.
Umunyamabanga wa Leta mu ijambo rye yagize ati: “Ingabo za Wagner zizwiho ibikorwa byo guhungabanya umutekano no guhonyora uburenganzira bwa muntu, ntizizazana amahoro muri Mali, ahubwo zizakomeza guhungabanya igihugu”.
Yongeyeho ati: “Turasaba guverinoma y’inzibacyuho ya Mali kudakoresha umutungo muto w’ingengo y’imari mu kurwanya iterabwoba ryakozwe n’ingabo za Mali.”
“Ubutunzi bw’igihugu, harimo n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bugomba kujya ku baturage ba Mali kandi ntibutangweho ingwate ku nyungu ingabo z’amahanga zidafite inshingano zo gutanga ibisobanuro kandi zikaba zimenyereye guhohotera abaturage no guhungabanya igenzura ibihugu bibakira bigira ku butaka bwabyo, ”
Blinken avuga ko ubufatanye na Wagner bushobora gutwara Mali miliyoni 10 z’amadolari buri kwezi nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ikomeza ivuga.
Umuyobozi wa diplomasi y’Abanyamerika yari yaraburiye itsinda rya Wagner arisaba kwirinda kwivanga muri Mali, mu kwezi gushize ubwo yasuraga Senegal.
Abategetsi ba Mali bakangishije kwitabaza iri tsinda ry’abacanshuro nyuma y’icyemezo cy’u Bufaransa cyo kugabanya ingabo zabwo muri Mali aho zirwanya imitwe y’intagondwa.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, kuwa Mbere azerekeza i Bamako kugira ngo abonane na perezida w’inzibacyuho wa Mali, Colonel Assimi Goïta w’imyaka 38, wahiritse ubutegetsi bwa IBK (Ibrahim Boubacar Keita) muri Kanama 2020 mbere yo kubuhirika bwa kabiri muri Gicurasi 2021 agakuraho Bah Ndaw wari wasimbuye IBK agahita afata ubutegetsi.
Abacanshuro ba Wagner bamaze kwigaragaza mu bihugu nka Ukraine, Syria no muri Afurika. Ku miryango itegamiye kuri Leta n’abanyamakuru benshi, u Burusiya bukoresha sosiyete ya Wagner n’abacanshuro bayo kugira ngo bakorere inyungu zabwo mu mahanga, ariko perezidansi y’iki gihugu, Kremlin, irabihakana.
Impuguke za Loni mu Kwakira zashinje iryo tsinda itoteza, iterabwoba n’ihohotera rishingiye ku gitsina, muri Repubulika ya Centrafrique.


