Amerika yafatiye ibihano bikaze umuherwe wo muri Israel uvuga rikijyana muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Department ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe ubukungu yafatiye ibihano by’ubukungu umuherwe ukomoka muri Israel, Dan Gertler, wakunze gushyirwa mu majwi inshuro nyinshi mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na peteroli bitavugwaho rumwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kubera uburenganzira bwa muntu bwabigenderagamo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uru rwego rushinzwe ubukungu rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinja Gertler kuba yaragiye akoresha ubucuti bwihariye afitanye na perezida Kabila akigira umuhuza mu bikorwa byo kugura imigabane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Congo.

kabiladangertler
Dan Gertler na perezida Kabila bafitanye umubano udasanzwe

Itangazo rya department ya leta ishinzwe ubukungu ya Amerika rikaba rivuga ko Congo yahombye akayabo ka miliyari 1,36 z’Amadolari y’imisoro kubera kugurisha imigabane yayo ku giciro kidakwiye ku bigo bifite aho bihuriye na Gertler nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
BaoG

Iri tangazo rikaba rikomeza rivuga ko iyi department iboneyeho gutangaza ko ifatiriye imitungo ya Gertler iri muri Amerika mu rwego rwo kwamagana ku mugaragaro ibikorwa bye binyuranyije n’amategeko.

Ibi bikaba bisobanuye ko imitungo yose iri mu madolari y’Abanyamerika ya Gertler ifatiriwe.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *