Amerika yahawe iminsi 30 ngo ibe yamaze guhuza abana b’abimukira n’imiryango yabo batandukanyijwe

Sangiza iyi nkuru

Umucamanza mu rukiko rukuru rwo muri Amerika yategetse ko mu minsi itarenze 30 gusa, buri mwana w’umwimukira watandukanyijwe n’uumubyeyi we aba yamaze kumubona.

Umucamanza Dana Sabraw wo mu mujyi wa San Diego ni we watanze iryo tegeko ku munsi wa kabiri tariki ya 26 Kamena 2017, mu rubanza rwashinzwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Amerika.

Uyu mucamanza yatangaje ibi mu rubanza ruburanamo abimukira batandukanyijwe n’imiryango yabo ku ibwirizwa rya Perezida Donald Trump ufite muri gahunda kutihanganira umwimukira n’umwe.

Mu minsi ishize, nibwo perezida Trump yari yasabye ko abana batandukanyijwe n’imiryango yabo bongera gusubirana ariko ngo ibyo bikaba bitari gukorwa uko bikwiye, akaba yari yafashe uyu mwanzuro nyuma y’uko abanyepolitiki batari bacye muri kiriya gihugu barimo n’abagore b’abaperezida vayoboye Amerika bamwutse igitutu ariko we akavuga ko Amerika idakwiye kuba icumbi ry’abimukira.

Perezida Trump yategetse ko abana bajyanwa bagafungirwa mu bindi bigo bitandukanye n’ibyo ababyeyi babo barimo mu gihe ababyeyi babo banajyanwa mu nkiko.

Hagati aho, iyi gahunda yo gutandukanya imiryango y’abimukira ku mupaka na Mexico iri kwamaganwa na leta zigera kuri 17 muri 50 zigize Amerika.

Kugeza ubu Amerika nta cyo irabasha gutangaza kuri iki kibazo cyagaragajwe n’umucamanza.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *