Amerika yasabye Ruto kugabanya imbaraga z’umurengera abasirikare bakoresha mu bigaragambya

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony J. Blinken, yasabye perezida wa Kenya William Ruto kubuza abashinzwe umutekano gukoresha ingufu zikabije mu gukumira abigaragambya muri iki gihugu.

Mu ijoro ryo ku wa gatatu, Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga mu itangazo yashyize hanze, yavuze ko ingabo za Kenya zirimo gukoresha ingufu z’umurengera mu gutatanya abigaragambya bityo ko Leta ya Ruto ikwiye kugira icyo ikora.

Iri tangazo ryagize riti” Umunyamabanga yashimiye Perezida Ruto kuba yarafashe ingamba zo kugabanya amakimbirane ndetse aniyemeza kugirana ibiganiro n’abigaragambyaga ndetse na sosiyete sivili, ariko hakwiye izindi mbaraga mu kugabanya ingufu z’umurengera mu bigaragambya.”

Amagambo ya Blinken aje nyuma y’amasaha make Ruto avuze ko atazashyira umukono ku mushinga w’itegeko ryongera imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe. Ni itegeko ryateje n’imyigaragambyo imaze kugwamo abagera kuri 13.

Kuri uyu wa kane, imyigaragambyo yakomeje muri Kenya mu rwego rwo kwirukana Perezida Ruto ku butegetsi ndetse anahabwa amasaha 24 kuba yavuye ku butegetsi.Kugeza ubu ibihumbi by’Abanya Kenya n’Abanyamahanga bamaze guhunga.

Abigaragambya biganjemo urubyiruko rwavutse kuva mu 2000. Baramagana izamuka ry’umusoro muri iki gihe igihugu cyugarijwe n’ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku masoko. Barasaba Perezida Ruto kwegura.

Ubwo yiyamarizaga umwanya w’umukuru w’igihugu, Perezida Ruto yavugaga ko agiye guharanira inyungu za rubanda rugufi bakenye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *