Umukandida uzahagararira ishyaka rya FDC (Forum for Democratic Change) mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Patrick Amuriat, yasabye abaturage bo mu Karere ka Kisoro kudatora Perezida Museveni mu rwego rwo guhorera Gen. Kale Kayihura yirukanye ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa Polisi.
Amuriat yabitangaje kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2020, ubwo yiyamamarizaga iwabo w’amavuko wa Gen. Kayihura, mu gace ka Nyakabande muri Kisoro.
Amuriat (wambaye amataratara) muri Kisoro
Uyu mukandida imbere y’abaturage ba Nyakabande, yerekanye ibyo avuga ko Perezida Museveni atagezeho mu myaka ikabakaba 35 amaze ku butegetsi, anenga n’ibyemezo yagiye afata, cyane cyane ibyo gushyira no gukura abantu mu nshingano za leta.
Ni aho yahereye aha urugero aba baturage rw’uburyo Perezida Museveni yirukanye Gen. Kayihura ku mwanya ukomeye mu gipolisi, kandi ngo yaramufashije kurwanya ibyaha.
Amuriat yabajije abaturage b’i Nyakabande ati: “Muzi aho General Kayihura ari? Ni ahanyu abaturage ba Kisoro kugira ngo mwerekane niba mwishimiye uburyo Museveni yafashe nabi umuhungu wanyu, iso, umuntu ukomoka muri aka gace wari ubateye ishema.”
Ab’i Kisoro barakajwe n’iyirukanwa rya Gen. Kayihura
Gen. Kale Kayihura yabaye umusirikare ukomeye mu ngabo za Uganda, aho yaje kugirwa Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda. Yirukanwe kuri izi nshingano muri Kamena 2018. Icyo gihe yakekwagaho ibyaha birebana n’umutekano w’igihugu.
Gen. Kayihura yarafunzwe, nyuma aza gufungurwa mu mpera za Kanama 2018 ubwo yari amaze gutanga ingwate, ibyo gukurikiranwa n’ubutabera birangira bityo.
Gen. Kayihura ubwo yari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda
Ibyo byababaje abaturage b’i Kisoro by’umwihariko ab’iwabo muri Nyakabande, ku buryo baherutse kugaragariza uburakari Rtd. Gen. Henry Tumukunde [wari Minisitiri w’Umutekano] bakekaho kugira uruhare runini muri aka kagambane kaba karakorewe Gen. Kayihura.
Ubwo Tumukunde yari agiye kwiyamamariza muri Kisoro tariki ya 11 Ugushyingo 2020, abapolisi ntibamwemereye kugerayo. Gusa abaturage bari bamutegereje, bavuze ko “nta kuntu yajya gusaba ubufasha [bw’amajwi] muri Kisoro, kandi azi ko yagambaniye umuhungu wabo.” Bamusabye kubanza gusaba imbabazi Gen. Kayihura mbere yo kujya kwiyamamarizayo.
Amatora ya Uganda ateganyijwe tariki ya 14 Mutarama 2021. Abakandida 11 barimo Yoweri Museveni, Patrick Amuriat, Henry Tumukunde, Bobi Wine na Mugisha Muntu ni bo bahataniye iyi ntebe.


