Amuriat yavuze ko natorwa azaganira n’u Rwanda, umupaka wa Cyanika ufungurwe

Sangiza iyi nkuru

Umukandida w’ishyaka rya FDC ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Patrick Amuriat Oboi kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2020, yavuze ko natorwa azagirana ibiganiro n’u Rwanda kugira ngo umupaka wa Cyanika uruhuza na Uganda ufungurwe.

Amuriat yabitangarije mu Karere ka Kisoro, ubwo yakomezaga ibikorwa byo kwiyamamaza.

Uyu mukandida yashakaga kwiyamamariza ku mupaka wa Cyanika/Kyanika uhuza ibihugu byombi ariko abapolisi bo muri Uganda babyanze ku mpamvu zo kwirinda icyorezo cya Covid-19, ahitamo kubikorera hagati mu muhanda.

Nk’uko abagiye gushyigikira Amuriat muri iki gikorwa bumvikana, ntabwo bishimiye na gato uburyo abapolisi bababujije kugera ku mupaka. Umwe yagize ati: “Abantu banje bari mu Canika, baraturinze mushaka kubateganya. Ubwoba ni ubw’iki?” Undi yabajije ati: “Covid iri mu Canika?”

Amuriat yafashe ijambo ati: “Kisoro oyeee!” noneho akomeza avuga gahunda nziza afitiye Abanyakisoro mu gihe baba bamutoye, akegukana insinzi.

Yatangiye yerakana ko Kisoro ari ahantu heza, ariko amahirwe ahari atabyazwa umusaruro uko bikwiye. Ati: “Business zarafunze, yewe n’abanyeshuri bake bazaga i Kisoro kwiga, bakatuzanira amafaranga, ntabwo bakiza.”

Kugira ngo ubucuzi bwongere gukorwa nka mbere, Kisoro yinjize nk’uko byahoze, Amuriat yavuze ko bisaba ko Uganda yongera kubana neza n’u Rwanda. Ibyo ngo azabigiramo uruhare, naba yatsinze. Ati: “Iki gihugu kigiye kugarura umubano mwiza hagati yacu n’u Rwanda kugira ngo umupaka uhite ufungurwa.”

Imipaka ihuza u Rwanda na Uganda imaze igihe kirenga umwaka ifunze bitewe n’agatotsi kaje mu mubano wabyo, gashingiye ku mutekano w’abaturage n’ibi bihugu muri rusange.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *