Abasirikare 9 mu ngabo za Angola barishwe, abagera kuri 14 barakomereka, mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba mu gice gikungahaye kuri peteroli cya Cabinda nk’uko byatangajwe n’izi nyeshyamba kuwa Gatanu ushize.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Guverinoma ya Angola ndetse n’igisirikare birinze kugira icyo batangaza kuri ibi byatangajwe n’uyu mutwe w’inyeshyamba uharanira ubwigenge bw’intara ya Cabinda (FLEC). Uyu mutwe ukaba wanasabye abakozi b’abanyamahanga kuva muri iyi ntara uvuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga.
Mu itangazo FLEC yashyize ahagaragara, yatangaje ko hari umwuka utari mwiza muri Cabinda kandi ukomeje kuba mubi kubera imirwano yari irimo intwaro ziremereye yabaye kuva kuwa 25 kugeza kuwa 28 Nyakanga nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

FLEC ishaka ubwigenge bw’intara yihariye kimwe cya kabiri cya peteroli yose ya Angola, ikomeje kotsa igitutu guverinoma kuva uwayishinze, Nzita Tiago yakwitaba Imana ku myaka 88 mu ntangiriro z’uyu mwaka, aguye mu buhungiro mu Bufaransa.

Abantu bavuga ko ari inyeshyamba bakaba baherutse kwigabiza aho ikigo cyitwa Chevron gicukura peteroli mu mpera za Gicurasi batera ubwoba abakozi b’iki kigo nk’ikimenyetso cyo kubera ko badakwiye kwizera umutekano wabo aha hantu.
Iyi ntara ya Cabinda yiganjemo amashyamba, itandukanwa n’ikindi gice cya Angola na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ikaba yaraharaniye ubwigenge bwayo kuva Angola yabona ubwigenge ibuhawe na Portugal mu 1975.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com




