Angola: Perezida Dos Santos yatangaje igihe azavira ku butegetsi

Sangiza iyi nkuru

Perezida Jose Eduardo dos Santos wa Angola, umwe mu bakuru b’ibihugu barambye ku butegetsi muri Afurika kuko yabugiyeho kuva mu 1979, kuri uyu wa gatanu ushize yatangaje ko azava ku butegetsi mu 2018.

“Nafashe icyemezo cyo kuva mu bikorwa bihoraho bya politiki mu 2018”, uwo ni Dos Santos mu ijambo yagejeje ku barwanashyaka bafata ibyemezo b’ishyaka MPLA riri ku butegetsi ryatambutse no kuri radio y’igihugu kuwa gatanu.

Perezida Dos Santos w’imyaka 73 y’amavuko ntiyigeze atangaza icyamuteye gufata iki cyemezo, ndetse ntiyanatangaza uwo yumva yazamusimbura.

angola-m_1
Dos Santos ati: Nafashe icyemezo cyo kuva mu bikorwa bihoraho bya politiki mu 2018

Iyi nkuru dukesha France 24 ikomeza ivuga ko bitaramenyekana niba Dos Santos azakomeza kuba umuyobozi wa MPLA mu matora ataha, cyangwa niba azagira uruhare mu bikorwa byo kwamamaza.

Dos Santos anengwa gucunga nabi peteroli nyinshi Angola itunze no kugira abo mu muryango we n’abo bumva ibintu kimwe muri politiki abakire barengeje urugero mu gihe igihugu cye kibarirwa mu bya mbere birangwamo ruswa.

Ikindi umuntu yavuga nuko Dos Santos kuri ubu ari we perezida wa kabiri ukiri ku butegetsi uburambyeho nyuma ya perezida wa Guinea Equatorial, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *