Ikipe ya APR BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL 2025), yasoje irushanwa iri ku mwanya wa Gatatu nyuma yo gutsinda Al Ittihad yo mu Misiri ku manota 123-90.
Ni inshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ndetse no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba isoreje BAL ku mwanya wa Gatatu, kuva iri rushanwa ryatangira mu 2021.
Uretse gutsindira umwanya wa Gatatu, APR BBC yanaciye agahigo ko kuba ari yo kipe ya mbere itsinze amanota menshi mu mukino umwe muri iri rushanwa.
Uyu musaruro wa APR BBC ushyize u Rwanda ku rwego rwo hejuru mu mukino wa Basketball muri Afurika, ndetse unatanga icyizere ku iterambere ry’uyu mukino mu gihugu.




One Response
Ariko namwe mujye.muvuga ihintu mwasubiramo, gutsinda amanota menshi no kuba uwa gatatu bihuriye hehe n’iterambere rya basket?! ubwo se abakinnyi baje gukina irushanwa hari ikindi bafasha muri developpement?! Andika uti uyu mwaka bagerageje guhitamo abakinnyi neza, ibindi byo byaratwihishe, dushaka gutsinda twiyicariye