APR FC:Urukiko rugiye kuburanisha bundi bushya abarimo Eto’o

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwa gisirikare ruburanisha abakozi ba APRC batatu barimo Eto’o rwanzuye ko ruzongera kuburanisha aba bagabo bundi bushya nyuma yo kwikorera iperereza .

Ni urubanza ruregwamo abarimo ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri APR FC, Mupenzi Eto’o, umuganga w’iyi kipe, Maj Dr Nahayo Ernest, ndetse na Maj Uwanyirimpuhwe Jean Paul usanzwe ari Team Manager w’iyi kipe.

Bakurikiranyweho guhumanya abakinnyi ba Kiyovu Sports ubwo yakinaga na APR FC mu gikombe cy’Amahoro, wanarangiye iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda itsinze 2-1 Kiyovu Sports.

Urukiko rwa Gisirikare rwatangaje ko somwa ry’uru rubanza ritakibaye taliki ya 11 Ugushyingo 2023 ahubwo ko ruzongera kuburanishwa bushya tariki 27 Ugushyingo 2023.

Ni nyuma y’uko uru Rukiko rwikoreye iperereza ku byaha bishinjwa aba bagabo, kugira ngo ruzafate icyemezo gishingiye ku makuru rwikusanyirije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *