APR FC yacapuye Enyimba yigeze kunyagira Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC yateye gapapu Enyimba yo muri Nigeria yegukana umukinnyi ukina asatira, Chidiebere Johnson Nwobodo wakiniraga Enugu Rangers yo muri Nigeria.

APR FC yamaze kumvikana n’uyu musore wahise asanga bagenzi be muri Tanzania, aho iyi kipe iri gukinira imikino ya CECAFA Kagame Cup.

Bivugwa ko nyuma yo kumvikana ibya nyuma n’ikipe ari bushyire umukono ku masezerano y’imyaka itatu.

Nyuma y’uko ageze muri Tanzania byitezwe ko ashobora guhita atangira imyitozo muri iyi kipe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga 2024.

Chidiebere Johnson Nwobodo yatwaranye shampiyona ya Nigeria na Enugu Rangers yakinira mu mwaka w’imikino ushize wa 2023-2024.

Kubera ubuhanga bwe yari yifujwe na Enyimba nayo yo muri Nigeria imwe yigeze kunyagira Rayon Sports ibitego bitanu mu mikino Nyafurika gusa APR FC yaje kubyitambika.

Amakuru Bwiza.com ikura muri Nigeria ni uko uyu musore yari yamaze kumvikana na Enyimba aho yari asigaje gukora ikizami cy’ubuzima gusa APR FC yahise imutwara atari yakora icyo kizami.

Chidiebere Johnson Nwobodo naramuka asinyi araba abaye umukinnyi wa gatandatu wumvikanye n’iyi kipe ya APR FC avuye mu mahanga, nyuma y’abanya- Ghana babiri Richmond Lamptey na Seidu Dauda Yassif, myugariro Aliou Souané bakuye muri Sénégal, rutahizamu Mamadou Sy ukomoka muri Mauritania na Mamadou Bah uri kumwe n’ikipe Olimpike ya Mali mu Bufaransa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *