Ubuyobozi bwa APR FC bwahagaritse rutahizamu Sugira Ernest ku bw’amagambo yatangaje nyuma yo guhesha Amavubi itike yo kujya muri CHAN 2020.
Sugira Ernest yatsinze igitego cyo kunganya ku mukino wahuzaga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) na Ethiopia, umukino warangiye ari igitego 1-1. Byarangiye Amavubi ayoboye ku bitego 2-1 kuko umukino ubanza wabereye muri Ethiopia yari yarawutsinze 1-0.
Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Sugira yavuze ko yisanga cyane mu Mavubi kurusha APR akinira. Yavuze ko APR itamuhora kuba yisanga mu Mavubi.
” Buri muntu agira aho yisanga ni ko navuga. Ikipe y’igihugu ni yo nisangamo cyane. Niba patriotisme (gukunda) indimo cyane nk’uko mu kirango cy’igihugu birimo, ntabwo babimpora.”
Mu mikino ine aherutse gukinira ikipe y’igihugu, Sugira Ernest yatsinze ibitego bitatu, mu gihe yatsindiye APR FC igitego kimwe kuva shampiyona 2019/2020 yatangira.


