Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y’irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, Total CAF Champions league, yamaze gutegura indi mikino itatu ya gicuti izayihuza n’amakipe yo hanze y’u Rwanda, mu rwego rwo kwitegura neza ririya rushanwa.
APR FC imaze ibyumweru bitatu isubukuye imyitozo, yitegura amarushanwa ifite mu mwaka utaha w’imikino arimo irya CAF Champions league yakaniye.
Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu iheruka gukina imikino ibiri ya gicuti yayihuje na AS Kigali, yombi amakipe yombi yangayije igitego 1-1.
Abakurikiranira hafi iby’umupira w’Amaguru basangaga kugira ngo APR FC yitware neza muri CAF Champions league inagere ku ntego yo kugera mu matsinda yihaye, ari uko yagakwiye kubanza kwipima n’amakipe asanzwe amenyereye ririya rushanwa, kugira ngo ubashe kumenya urwego iriho.
Amakuru aturuka mu bantu b’imbere muri APR FC aravuga ko iyi kipe yamaze gutegura imikino itatu ya gicuti n’amakipe yo hanze y’igihugu, irimo uzayihuza na AS Vita Club y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uwa Gor Mahia y’i Nairobi muri Kenya n’uwa FAR Rabat yo mu murwa mukuru wa Maroc.
Amatariki iyi mikino izaberaho ntabwo aramenyekana.


