Ikipe ya APR FC yatsinze Bugesera FC ibitego 3-0; mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri uyu wa Kane.
APR FC yari yakiriye Bugesera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ni Bugesera yaherukaga kuyibabaza nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1 muri shampiyona.
Ibitego bya Rwabuhihi AimĂ© Placide, Roboneka Jean Bosco na Mugunga Yves ni byo byafashije iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu gukura intsinzi kuri Bugesera FC.
APR ikomeje kwitegura Espoir FC bagomba guhura ku wa Gatandatu w’iki cyumweru, mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona ugomba kubera kuri Stade y’i Rusizi.


