Miguel-Gamondi-2

APR FC yigaramye ibyo kuzana umutoza bari kuyitwerera

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye amakuru yavugaga ko buri mu biganiro n’umutoza w’Umwongereza w’inkomoko yo muri Argentine, Miguel Ángel Gamondi.

Ibi byatangajwe na Brig. Gen. Déo Rusanganwa, Umuyobozi wa APR FC, mu kiganiro kigufi yagiranye na UMUSEKE. Yagize ati: “Oya, ni ibihuha.”

Hari hamaze iminsi havugwa ko Gamondi ashobora gusimbura Darko Nović, watandukanye na APR FC mbere y’uko shampiyona ya 2024-2025 irangira. Byari byanavuzwe ko Gamondi yaba yamaze kugera i Kigali mu biganiro bya nyuma n’iyi kipe.

Ariko amakuru yizewe yagaragaje ko uyu mutoza w’imyaka 58 ari mu Butaliyani, aho akomeje ibikorwa bye kuri uwo Mugabane.

Miguel Gamondi afite uburambe ku mugabane wa Afurika kuko yatoje amakipe akomeye arimo Yanga SC yo muri Tanzania, Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, Espérance de Tunis yo muri Tuniziya ndetse n’ikipe y’igihugu ya Burkina Faso.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *