APR FC yihanije Gicumbi FC, iyinyagira imvura y'ibitego bine

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yatsinze Gicumbi FC yo mu Ntara y’Amajyaruguru ibitego 4-0 iyisanze iwayo, muri “Azam Rwanda Premier League” .
Ni umukino wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, ikipe ya APR ibasha kunyagira Gicumbi imbere y’abafana bayo, iyi ntsinzi ikaba iyihesheje gusoza imikino ibanza iri ku mwanya wa gatatu ihuriyeho na Kiyovu Sports  zombi n’amanota 28.
Uko ibitego bya APR byatsinzwe:
Ku munota wa 26 igitego cya mbere cya APR FC cyatsinzwe na Djihad Bizimana
Ku munota wa 61 igitego cya kabiri cya APR FC cyatsinzwe na Mugiraneza J.Baptiste
Ku munota wa 67 igitego cya gatatu cya APR FC cyatsinzwe na Issa Bigirimana
Ku munota wa 81 nibwo Djihad Bizimana  yatsinze icy’agashinguracumu
Abakinnyi babanje mu kibuga ku mpande zombi:
Gicumbi FC:
A1
Musoni Theophile (31), Nshimiyimana Aboubakar (15), Ombeni Onyango (2), Hakizimana Alimasi (15), Uwingabire Olivier (12), Uwizeye Djafali (3), Dushimimana Irene (7), Murenzi Patrick (13), Nkunzimana Sadi (9), Mfitumukiza Nzungu (6), Muhumure Omar (17).
APR FC:
A2
Kimenyi Yves (21), Omborenga Fitina (25), Ngabo Albert (3), Rugwiro Herve (4), Nsabimana Aimable (13), Mugiraneza Jean Baptiste ’Migi’ (7) (C), Bizimana Djihad (4), Nshimiyimana Amran (5), Muhadjiri Hakizimana (10), Iranzi Jean Claude (12), Nshuti
Imikino ibanza ya Azam Rwanda Premier League irangiye ikipe ya   Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere n’amanota 30,  AS Kigali ku mwanya wa kabiri na 29 naho uwa gatatu ni  Kiyovu Sports na APR FC zifite amanota 28 naho Sunrise FC iza ku mwanya wa gatanu n’amanota 25.
 
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *