20250513_160257

APR FC yirukanye umutoza Darko Novic

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Gicurasi, yirukanye umunya-Serbia Darko Novic wari umutoza wayo mukuru.

Uyu mugabo yari umutoza w’iriya kipe y’Ingabo z’igihugu kuva mu mwaka ushize, ubwo yayigeragamo asimbura Umufaransa Thierry Froger.

Amakuru avuga ko kuri uyu wa Kabiri ari bwo APR FC yafashe icyemezo cyo gusesa amasezerano ya Darko wari ugisigaranye umwaka umwe, n’ubwo iyi kipe itarabimenyesha nyirubwite.

Darko Novic aheruka guhesha APR FC igikombe cy’Amahoro yatwaye itsinze ku mukino wa nyuma Rayon Sports ibitego 2-0, gusa uyu mugabo kuva yagera muri iriya kipe yakunze kunengwa n’abafana bayo kubera imitoreze ye itavugwaho rumwe.

Ikipe y’Ingabo z’igihugu yamwirukanye mu gihe ikiri mu rugamba rw’igikombe cya shampiyona ihanganiye na Rayon Sports, mu gihe habura imikino itatu shampiyona igashyirwaho akadomo.

Ni APR FC ifite amahirwe mbarwa yo kwegukana iki gikombe, mu gihe mu mpeshyi y’umwaka ushize yashoye umurengera w’amafaranga igura abakinnyi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *