Ariana Grande yategetswe kwishyura umugabo batandukanye

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzikazi ukunzwe mu ukunzwe mu njyana ya Pop, Ariana Grande agiye kwishyura uwahoze ari umugabo we akayabo k’amafaranga nyuma y’uko batandukanye, ari we ubyisabiye.

Mu mwaka ushize wa 2023 muri Nzeri nibwo Ariana Grande na Dalton Gomez wahoze ari umugabo we, batandukanye nyuma y’uko batse gatanya.

Ubwo urukiko rwabahaga gatanya, uyu mugore ni we wari wabaye imbarutso yo gusaba umugabo we ko batandukana kuko atari agishaka gukomeza kubana na we.

Nyuma yo guhabwa iyi gatanya, Ariana Grande yategetswe kwishyura uwahoze ari umugabo we Dalton Gomez amafranga agera kuri 1 250 000 $ [arenga Miliyari 1,3 Frw] ndeste no kugabana inzu aba bombi babagamo iherereye i Los Angelas.

Ariana Grande yategetswe kwishyura ibihumbi 25 USD umunyamategeko wafashije uyu muryango mu rubanza rwo kuburana ikirego cy’iyi gatanya.

Itandukana ry’aba bombi, ryatangiye kunugwanugwa muri Nyakanga umwaka ushize wa 2023, ubwo Ariana Grande yatangiraga kugaragaza ibimenyetso ko atakibana n’umugabo we Dalton Gomez, aho bombi bari baranakuyemo impeta zo gushyingirwa kwabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *