Arsenal yasubije abasaba ko yahagarika amasezerano yagiranye n’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Arsenal FC iri mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Bwongereza, Premier League, yasubije abasaba ko yahagarika amasezerano yagiranye n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.

Kuva mu mwaka ushize, abarimo umuryango wa Paul Rusesabagina n’umunyamakuru w’Umwongereza, Michela Wrong, ukunze kunenga ubutegetsi bw’u Rwanda, basabye ubuyobozi bwa Arsenal gusesa aya masezerano.

Basobanura ko Leta y’u Rwanda itubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bihabanye n’amahame y’iyi kipe. Mu ngero batanze harimo itabwa muri yombi rya Rusesabagina bemeza ko yashimutiwe i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, akazanwa i Kigali.

Umukobwa wa Rusesabagina, Carine Kanimba, mu kiganiro yagiranye na Channel 4 tariki ya 20 Nzeri 2021, yagize ati: “Tuzakomeza gukora ubuvugizi, tubwire abantu, twereke Isi ukuri kuri ubu butegetsi. Tunasabe amakipe nka Arsenal iri kwakira amafaranga y’umunyagitugu kurekera.”

Inkuru ya Carine Kanimba iri hano https://bwiza.com/?Umukobwa-wa-Rusesabagina-yasabye-amakipe-nka-Arsenal-guhagarika-amasezerano

Michela wakoreye ibinyamakuru birimo BBC, Reuters na Financial Times ku mugabane wa Afurika, we avuga ko ubutegetsi bw’u Rwanda ari ubw’igitugu, bityo Arsenal itakabaye igirana amasezerano n’iki gihugu.

Ikinyamakuru The Athletic gikora inkuru za siporo, cyasabye Umuvugizi wa Arsenal kugira icyo avuga ku busabe bw’abanenga aya masezerano, asubiza ko iyi kipe mbere y’uko iyemeza yabanje gukora ubushashatsi.

Yagize ati: “Nk’uko tubigenza mu bufatanye bwose, twakoze ubushakashatsi bwimbitse mbere yo gufata umwanzuro wo gusinya aya masezerano mu myaka 4 ishize. Mbere y’icyorezo (Covid-19), umubare w’abakerarugendo baturukaga mu bihugu bikomeye birimo u Bwongereza n’iby’i Burayi wariyongereye, bihurirana n’itangira ry’ubufatanye bwacu.”

Yakomeje asobanura ati: “Ubufatanye bwacu bushingiye ku kwamamaza igihugu no gufasha urwego rw’ubukerarugendo mu kuzazamuka ruvuye mu ngaruka z’icyorezo.”

Umuvugizi wa Arsenal yakomeje asobanura ko amasezerano atabaye hagati y’iyi kipe n’ubutegetsi bw’u Rwanda muri rusange, ko ahubwo ari hagati yayo n’urwego rushinzwe guteza imbere ubukerarugendo (RDB).

Ngo igishimangira ukuri kw’ibyo avuga ni uko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, agaragara anengera mu ruhame ba nyiri Arsenal kubera kutitwara neza kwayo. Abona amasezerano iyo aba ari hagati y’ikipe n’ubutegetsi muri rusange, Umukuru w’Igihugu atakora ibi ngibi.

Perezida Kagame yanenze Arsenal tariki ya 13 Kanama 2021 ubwo yari imaze gutsindwa na Brenford ibitego 2-0 mu mukino ufungura shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Icyo gihe yagize ati: “Ni iki? Ni umupira w’amaguru, Arsenal itsinzwe na Brenford. Brentford yari ikwiye intsinzi kandi yabikoze. Umukino ubwawo wari uwa Arsenal, abafana ntabwo bakwiye ibi, OYA!!! Mvuze ibi nk’umwe mu bafana bakuru ba Arsenal. Impinduka zatinze kubaho!”

Umukuru w’Igihugu yakomeje asaba impinduka muri Arsenal, ikaremwamo icyizere cyo guhora itsinda. Ati: “Ntabwo tugomba kwemera ukwisegura cyangwa intege nke. Ikipe igomba kubakanwa intego yo gutsinda, gutsinda, gutsinda. Iyo dutsinzwe…ntabwo biba byagakwiye guteganywa. Ndahamya ko twese tuzi uremerewe n’uyu mutwaro. Ndizera ko na bo babizi cyangwa bakanabyemera!!!”

Amasezerano ya Arsenal n’u Rwanda yashyizweho umukono bwa mbere muri Gicurasi 2018. RDB iyishyura miliyoni 10 z’Amapawundi buri mwaka nk’uko The Athletic na The Sun bibyemeza.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Arsenal yasubije abasaba ko yahagarika amasezerano yagiranye n’u Rwanda
    Ikibazo mfite si amasezerano nyirizina. Na kera na kare, Ubwongereza bwamye bugirana amasezerano n’abategetsi ba Afurika, cyane cyane mu gihe bacuruzaga abirabura bagizwe abacakara muri za koloni z’abongereza. Ikibazo mfite ni ukubona igihugu cyishyura za miliyoni abanyabulayi kandi hari abenegihugu barara hanze, mubyo bamwe bita shitingi!

  2. Arsenal yasubije abasaba ko yahagarika amasezerano yagiranye n’u Rwanda
    Ikibazo mfite si amasezerano nyirizina. Na kera na kare, Ubwongereza bwamye bugirana amasezerano n’abategetsi ba Afurika, cyane cyane mu gihe bacuruzaga abirabura bagizwe abacakara muri za koloni z’abongereza. Ikibazo mfite ni ukubona igihugu cyishyura za miliyoni abanyabulayi kandi hari abenegihugu barara hanze, mubyo bamwe bita shitingi!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *