Arsene Wenger ngo ntazava inyuma ya Arsenal nubwo ikomeje gutsindwa uruhuri

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ikipe ya Arsenal, Arsene Wenger yatangaje ko ashaka gukomeza gukorana n’ikipe ye atitaye ku bitego imaze iminsi itsindwa ndetse no kuba iri ku mwanya mubi mu irushanwa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu muyobozi yavuze ko agiye gushaka abandi bayobozi b’iyi kipe bakaganira ku buryo yakomza gukorana nayo nyuma y’imyaka itari micye, mu gihe amasezerano ye ari gusatira iherezo bityo ubuyobozi bw’iyi kipe bukaba ari bwo buzatanga itangazo ko yakomeje kuyobora.
Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’uko iyi kipe itsinzwe ibitego 3-1 na West Brom. Ni mu gihe abantu benshi bari biteze ko Wenger ahita asezera mu gihe n’ubundi Amasezerano ye n’iyi kipe agomba kurangira mu mpeshyi itaha, ariko we akaba yatunguranye avuga ko ikipe ari iye nta mpamvu yo kuyisiga kuko yahinduye amateka ikaba irimo gutsindwa.
Ni mu gihe abafana b’iyi kipe basaba impinduka mu gihe Wenger azaba yamaze kurangiza manda ye muri iriya kipe, ariko akaba yababereye ibamba ko azakomeza gukorana na bo kandi ko yizeye ko bizakunda.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ikipe ya Arsenal iri ku mwanya wa 5 n’amanota 50 gusa mu irushanwa ryo mu bwongereza, mu gihe ikipe ya Chelsea iza ku mwanya wa mbere n’amanota 69.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *