Australia: Abandi bakinnyi bitabiriye imikino ya commonwealth barimo Umunyarwanda babuze

Sangiza iyi nkuru

Abandi bakinnyi batanu b’Abanyafurika bivugwa ko barimo Umunyarwanda bongeye kuburira mu mikino ya Commonwealth nk’uko byatangajwe kuri uyu wa kane n’abateguye iyi mikino, nyuma y’uko abandi 8 bakomoka muri Cameroon bari babuze ku munsi wabanje.

Abateguye iyi mikino bakaba bemeje aya makuru bavuga ko abakinnyi b’imikino ngoraramubiri, Umunyarwanda n’abagande babiri baburiwe irengero mu gihe bari no gushakisha abandi bakinnyi babiri ba Squash bakomoka muri Sierra Leone.

Umuyobozi nshingwabikorwa w’imikino ya Commonwealth, David Grevemberg, aragira ati: “Biragaragara ko turi kubireba twitonze cyane.”

Yongeyeho ko bafite serivisi yita ku bantu bafite visa yo kuba muri Australia aho iyi mikino ibera, anavuga ko kugeza igihe iki kibazo cyafata intera hakaba hari uwaba yarataye visa ye ku bushake cyangwa akaba yarasabye ubuhungiro, bagiye gukomeza gukurikirana iki kibazo.

Yakomeje avuga ko kuri ubu icyo bashyize imbere ari ugufasha amakipe yatwaye aba bantu babuze kubashakisha nk’uko iyi nkuru dukesha couriermail.com ikomeza ivuga.

David Grevemberg yibukije ko mu mikino nk’iyi yo mu 2000 yabereye I Sydney na none abakinnyi basaga 100 barengeje igihe visa zabo zagombaga kurangirira mu gihe imikino yo muri uyu mwaka biteganyijwe ko izarangira kuwa 15 Mata.

Hari habanje gutangazwa ko abakinnyi 8 bakomoka muri Cameroon babuze muri iyi mikino ya commonwealth kuri uyu wa gatatu ushize bituma abashinzwe abinjira n’abasohoka bakaza umutekano.

Minisitiri w’ibibazo by’imbere mu gihugu wa Australia, Peter Dutton akaba yaburiye abakinnyi bitabiriye iyi mikino ababwira ko bazasubizwa iwabo ku ngufu nibagerageza gushaka kuguma muri iki gihugu visa zabo nizirangira.

 

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *