Abarundi batuye mu kibaya cya Ruzizi batakambiye Tshisekedi, bamusaaba kwirukana FDNB na FDLR

Abagize Umuryango w’Abarundi baba mu kibaya cya Ruzizi ho muri Teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bandikiye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, bamusaba gutabara abaturage bo muri ako gace bamaze imyaka myinshi bakorerwa ubwicanyi, ihohoterwa n’akarengane gakabije. Umuyobozi w’ishyirahamwe rya bariya baturage, Raymond SHERIA MULIRO, mu ibaruwa yandikiye Tshisekedi […]
RFI yarezwe muri ARCOM izira ikiganiro yagiranye na FDLR

Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa n’inshuti z’u Rwanda (CRF), wandikiye Urwego Rugenzura Ibitangazamakuru bikoresha Amashusho n’Amajwi (ARCOM) urumenyesha ko utishimiye ikiganiro Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) iheruka kugirana n’umutwe wa FDLR wiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku wa 10 Ugushyingo ni bwo RFI yagiranye ikiganiro n’Umuvugizi wa FDLR-FOCA, Lt Col Octavien Mutimura, […]
AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Kinshasa barwaniye bikomeye muri Nyabashwa, Kasheke na Bituna

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo imirwano ikomeye yasakiranyije inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu midugudu itandukanye ya Teritwari ya Masisi iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni imirwano yabereye mu midugudu irimo Nyabashwa, Kasheke na Bituna. Amakuru avuga ko abarwanyi ba […]
Ba Jenerali ba FARDC muri misiyo y’ibanga muri Israel

Itsinda ry’abasirikare bakuru bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mpera z’ukwezi gushize ryagiriye uruzinduko rwa rwihishwa i Tel Aviv muri Israel rwari rugamije kugura intwaro n’ibikoresho bya gisirikare. Ni uruzinduko intumwa za RDC zari zigiye kuganiramo n’abahagarariye Sosiyete icuruza ibikoresho bya gisirikare yo muri Israel ya Elbit Systems. Amakuru avuga […]
Umutoza wa Nigeria aravuga ko Congo yabatsindishije amarozi

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Eric Chelle, yashinje Les Léopards ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubasezerera ibifashijwemo amarozi. Ku Cyumweru tariki ya 16 Ugushyingo ni bwo Congo Kinshasa yageze mu mikino ya kamarampaka ihuza imigabane mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gusezerera Super Eagles ya Nigeria bari baguye miswi igitego 1-1 […]
Uganda yashyikirije RDC abasirikare bayo bari barayihungiyemo ubwo M23 yafataga Goma

Ku wa Mbere tariki ya 17 Ugushyingo Uganda yashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare bayo, nyuma y’amezi abarirwa mu icumi bahunze inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 barwanaga. RDC yakiriye aba basirikare ku mupaka wa Kasindi-Lubiriha wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru uyihuza na Uganda. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo bariya basirikare bari […]
Samia Suluhu yashyize umukobwa we n’umukwe we muri Guverinoma nshya

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania kuri uyu wa Mbere yashyizeho Guverinoma nshya, irimo umukobwa we ndetse n’umukwe we. Muri iyi guverinoma, Wanu Hafidh umukobwa wa Samia Suluhu yagizwe Minisitiri wungirije w’uburezi, na ho umugabo we Mohamed Mchegerwa agirwa minisitiri w’Ubuzima. Mchegerwa yari asanzwe ari Minisitiri mu biro bya perezida. Samia kandi yashyizeho minisiteri itari […]
Perezida Ndayishimiye aherutse kurusimbuka, abarinzi be 3 bakomereka bikomeye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi biravugwa ko mu cyumweru gishize yari ahitanwe n’iturika ryabereye aho yari ari, ariko Imana ikinga akaboko. Byabaye ku wa Gatanu tariki ya 11 Ugushyingo, ubwo Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yari muri Komine Mugina, mu ntara nshya ya Bujumbura. Aha yari yagiye mu gikorwa cyo kumurikira abaturage b’iriya Komine umuyobozi wayo, […]
U Rwanda rwatesheje agaciro imyanzuro y’inama ya CIRGL yabereye kwa Tshisekedi

Leta y’u Rwanda yatesheje agaciro imyanzuro y’Inama Mpuzamakungu y’Ibihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL) iheruka kubera i Kinshasa, igaragaza ko ntacyo ivuze ku makimbirane akomeje kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo iriya nama yabaye, yitabirwa n’abakuru b’ibihugu barimo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, João […]
U Burundi buravuga ko bukwiye kwicara ku meza y’ibiganiro by’u Rwanda na RDC

Guverinoma y’u Burundi iravuga ko ikwiye kwinjizwa mu biganiro by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo izibe icyuho amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanyiye i Washington yasize. Gitega yemeje ko yifuza kwinjira muri ibi biganiro biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Bizimana Édouard, mu kuganiro aheruka kugirana na Deutsche Welle. Ku wa 27 […]
AFC/M23 yakuriye inzira ku murima Tshisekedi wategetse ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa bwangu

Umutwe wa AFC/M23 wamenyesheje Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko nta bubasha afite bwo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma, kuko kiri mu gace kamaze kubohorwa. AFC/M23 yasubizaga Tshisekedi ku wa Gatanu w’icyumweru gishize wategetse ko kiriya kibuga cy’indege gifungurwa bwangu. Icyo gihe ubwo Perezida wa RDC yari ayoboye inama […]
Ingingo 8 AFC/M23 na RDC bazaganiraho nyuma yo gusinyana amahame shingiro agana ku mahoro

Umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu byasinyanye amahame shingiro azafasha impande zombi kugera ku mahoro arambye. Ni amahame yashyizweho umukono nyuma y’ibiganiro byari bimaze igihe bihuza impande zombi. Mu mezi umunani ashize ni bwo impande zombi zahurijwe mu biganiro n’ubwami bwa Qatar, mu rwego rwo gushyira […]
Uganda U17 yongeye kwandika amateka mu Gikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 17 yageze muri ⅛ cy’Igikombe cy’Isi cy’abatatengeje iyo myaka, nyuma yo gusezerera Sénégal iyitsinze igitego 1-0. Ishoti riremereye Abubakali Walusimbi usanzwe akinira Vipers yarekuye ku munota wa 34 w’umukino ni ryo ryafashije ingimbi za Uganda kwandika amateka muri ririya rushanwa rikomeje kubera muri Qatar. Iyi kipe y’umutoza Brian Ssenyondo […]
AFC/M23 na RDC basinyanye amahame shingiro azabifasha kugera ku mahoro arambye

Umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo 2025 bashyize umukono mahame shingiro afasha impande zombi kugera ku mahoro arambye. Umuhango wo gushyira umukono kuri aya mahame shingiro witabiriwe n’Umunyamabanga wa Qatar ushinzwe ububanyi n’amahanga, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al-Khulaifi, n’umujyanama wa […]
Ndayishimiye ari kwa Tshisekedi

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo 2025 yerekeje i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi we, Rosine Gatoni, yatangaje ko yitabiriye inama ya cyenda isanzwe y’I Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu. Byitezwe kandi ko iruhande rw’iyi nama Ndayishimiye ahura na mugenzi […]
Uko waca ukubiri no kugira impumuro mbi mu gitsina

Ikibazo cyo kugira impumuro mbi mu gitsina ku bagore gikunze kugaragara ku batari bake, ndetse kinatera ipfunwe. Icyakora hari ibintu binyuranye wakora kugira ngo urwanye iyo mpumuro, nko kunywa amazi, gukoresha ‘bicarbonate’, ‘apple cider vinegar’ n’ubundi buryo bunyuranye. Nubwo hari uburyo bunyuranye wakoresha mu kwivura iyo mpumuro mbi mu gihe uyifite, hari n’ibindi byinshi wakora […]
Tshisekedi yategetse ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa bwangu

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yategetse ba Minisitiri barimo uw’Umutekano w’Imbere mu gihugu, uw’Ubwikorezi n’uw’Ingabo gukorana bya hafi, kugira ngo harebwe uko hashyirwaho uburyo bwose bw’umutekano n’ibikoresho bikenewe kugira ngo ikibuga cy’indege cya Goma cyongere gufungurwa. Tshisekedi yasabye ko kiriya kibuga cyongera gufungurwa kugira ngo cyifashishwe mu bikorwa by’ubutabazi, ku […]
Drone zarashe mu Mikenke mbere y’ibitero simusiga bya FDNB, FARDC na FDLR

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo, drone za gisirikare zarashe mu gace ka Mikenke ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere y’ibitero simusiga ingabo zirimo iz’u Burundi, FARDC na FDLR bitegura kuhagaba. Me Moïse Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu wa RDC ndetse n’umusenateri muri iki gihugu, mu mpuruza yatanze yamagana […]
Perezida Samia Suluhu yababariye urubyiruko rwashoboraga gukatirwa urwo gupfa

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yasabye inzego z’ubutabera gukuraho ibirego ku magana y’urubyiruko rwashinjwaga kugambanira igihugu, nyuma yo kugendera mu kigare bakitabira imyigaragambyo irimo imvururu iheruka kuba muri kiriya gihugu. Samia yatangiye iyo dohora mu ijambo rya mbere yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yasize atorewe kongera kuyobora Tanzania ku […]
M23 yeretse abaturage imwe muri CH-4 za FARDC iheruka guhanura (Amafoto)

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu yeretse abaturage bo mu gace ka Nzibira muri Teritwari ya Walungu imwe muri drone z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4 ingabo zawo ziheruka guhanura. Muri iki cyumweru ni bwo izo drone uko ari ebyiri zahanuwe. Imwe yahanuriwe muri Teritwari ya Masisi aho ku wa Kabiri tariki ya 11 […]
Minisitiri Kayikwamba yigaramye ubufasha bwa FARDC kuri FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yahakanye ko nta bufasha igihugu cye giha umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Kayikwamba yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Jazeera. Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka RDC yasinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro, nyuma y’ibiganiro ibihugu byombi byahurijwemo […]
RDC yakandagije ino ry’ikirenge mu Gikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Les Léopards, yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka yo gushaka Igikombe cy’Isi, nyuma yo gusezerera Caméroun iyitsinze igitego 1-0. Igitego cyo mu minota ya nyuma y’umukino cya myugariro Chancel Mbemba cyari gihagije ngo RDC isezerere kiriya gihugu gifite umuhigo wo kwitabira Igikombe cy’Isi kurusha ibindi […]
U Rwanda rwakiriye abandi barwanyi baturutse muri FDLR

U Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, rwakiriye abandi baturage barwo 17 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo batanu bari basanzwe ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR. Aba bantu barimo abana icyenda binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu karere ka […]
Musonera wabuze gato ngo abe umudepite ku itike ya RPF yakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu karere ka Muhanga, kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo rwakatiye Musonera Germain gufungwa imyaka 20, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside. Mu mwaka ushize ubwo habaga amatora y’abadepite Musonera ari mu badepite umuryango RPF-Inkotanyi wari wahaye amahirwe yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, gusa habura amasaha mbarwa […]
Byinshi ku biganiro Maj. Gen Kagame yagiranye n’Inkeragutabara zo mu majyaruguru

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alex Kagame, ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, kuri uyu wa Gatatu bagiranye ibiganiro n’inkeragutabara zo mu turere twose tw’iyi Ntara, babashimira uruhare rwabo mu iterambere no kubungabunga umutekano w’igihugu. Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko Maj. Gen. Alex Kagame yaganiriye n’inkeragutabara yumva […]
Amerika yasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza Tshisekedi na Perezida Kagame

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakuru b’ibihugu byombi bagombaga guhurira i Washington ejo ku wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, mu nama yagombaga gusiga Kigali na Kinshasa bisinyanye amasezerano yerekeye guhuza […]
FDNB yasobanuye impamvu imaze igihe yarafungiye amayira abatuye mu Minembwe

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko ingabo zacyo ziri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zafunze inzira ziva mu Minembwe, mu rwego rwo gukumira ibitero bishobora kugabwa ku mujyi wa Uvira no ku mupaka w’u Burundi. FDNB yatangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize abatuye mu Minembwe bakoze imyigaragambyo ikomeye […]
Intumwa za RDF ziyobowe na Maj. Gen Nyakarundi ziri muri Maroc

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ziri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Maroc. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka yakiriwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’Ubwami bwa Maroc, Lt Gen Mohammed Berrid, ku cyicaro gikuru giherereye i Rabat. Minisiteri […]
Uganda U 17 yisasiye u Bufaransa, yandika amateka

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 17 yageze bwa mbere muri ¹/¹⁶ cy’Igikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda u Bufaransa igitego 1-0. Ni mu mukino wabereye ku kibuga kizwi nka Aspire Zone Pitch 4, mu mujyi wa Al Rayyan muri Qatar. Igitego cyo ku munota wa 18 w’umukino cya James Bogere cyari […]
M23 yahanuye drone y’intambara ya FARDC

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo umutwe wa M23 wahanuye drone y’intambara ya FARDC yo mu bwoko bwa CH-4. FARDC imaze ibyumweru byinshi yifashisha izi drone yaguze mu gihugu cy’u Bushinwa mu kugaba ibitero ku birindiro bya […]
Colonel wa FARDC yashinje u Rwanda kumutuma guhirika Tshisekedi ku butegetsi

Colonel Mesmin Kakule wahoze akorera urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeye ko ari umwe mu bacuze umugambi wo guhirika ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi, ashinjwa u Rwanda kuba ari rwo rwamukoresheje we na bagenzi be. Uyu Ofisiye ari mu basirikare bakomeye muri RDC babarirwa muri 40 bamaze igihe […]
Perezida Kagame ari kwa Gen. Doumbouya

Perezida Paul Kagame ari i Conakry muri Guinée, mu ruzinduko ari kugirira muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umukuru w’Igihugu yifatanyije na mugenzi we wa Guinée-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, mu gikorwa cyo gutangiza umushinga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wa Simandou Iron Ore Project. Ni umushinga witezweho […]
FARDC yashinje M23 kuyikazaho ibitero

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zashinje umutwe wa M23 gukaza ibitero ku birindiro byazo biri mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe buri ruhande rushinja urundi kuba nyirabayazana yo kwica agahenge zumvikanye. Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Sylvain Ekenge mu itangazo aheruka gusohora, yamaganye ibyo yise kwica mu buryo bukomeye ibyemeranyijwe mu biganiro […]
Iby’ingenzi kuri Thomas Ritchie, umwera wa mbere winjiye muri RDF

Mu myaka 15 ishize, Umunyamerika Thomas Ritchie, yinjiye mu ngabo z’u Rwanda aba umwera wa mbere wari ushoboye kwambara umwambaro wazo. Uyu Ofisiye Mukuru kuri ubu ari muri mbarwa b’uruhu rwera babarizwa mu ngabo z’u Rwanda, yazinjiyemo nyuma yo gusoza amahugurwa ya gisirikare. Ku wa 19 Ugushyingo 2012, ni bwo Ritchie yinjiye muri RDF nka […]
Gen. John Tshibangu wa FARDC yatawe muri yombi

Umuyobozi w’Akarere ka 21 ka gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Géral-Major John Tshibangu, yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Ugushyingo 2025. Tshibangu yafatiwe mu kigo cya gisirikare cya Camp Kololo, nyuma y’iminota mike ageze i Kinshasa. Ntiharamenyekana icyatumye uyu musirikare atabwa muri yombi. Tshibangu icyakora yatawe muri […]
Ba Ofisiye ba FDNB mu bayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare bari mu Rwanda

Ba Ofisiye bo mu ngabo z’u Burundi (FDNB), bari mu bayobozi b’amashuri makuru ya gisirikare muri Afurika bateraniye mu nama iri kubera mu Rwanda. Iyi nama y’iminsi itatu iri kuba ku nshuro ya 19, ihurije hamwe ibihugu 24, ifite insanganyamatsiko igira iti “Ejo hazaza h’amahugurwa n’amasomo ya gisirikare muri Afurika: Gukuraho icyuho cy’ikoranabuhanga.” Abayirabiriye barimo […]
Museveni yemeje ko abanya-Kenya 2 bamaze iminsi muri firigo zo muri Uganda

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yemeje ko inzego z’umutekano z’igihugu cye zataye muri yombi Abanya-Kenya babiri b’impirimbanyi, nyuma y’ibyumweru bitanu baraburiwe irengero. Mu kwezi gushize ni bwo Bob Njagi na Nicholas Oyoo batawe muri yombi, nyuma yo kugaragara mu bikorwa byo kwamamaza, aho bagaragaye bashyigikiye umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine. […]
Gen (Rtd) Ibingira yasubije Nyamwasa uburana ko yambuwe amapeti yari afite muri RDF

General (Rtd) Fred Ibingira wahoze ari Umugaba w’Inkeragutabara, yasubije Kayumba Nyamwasa umaze igihe yinubira ko yambuwe impeta za gisirikare avuga ko yarwaniriye mu ngabo z’u Rwanda, agaragaza ko kurwanira amapeti n’ibyubahiro atari byo urugamba rwo kubohora igihugu rwari rugamije. Kayumba Nyamwasa uyobora umutwe wa RNC, muri Mutarama 2011 yahamijwe n’Urukiko rwa Gisirikare ibyaha birimo gushinga […]
Amashusho ya Yampano ari mu gikorwa cy’abakuze yarikoroje

Amashusho y’umuhanzi Uworizagwira Florien uri kumenyekana mu muziki nyarwanda nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina, akomeje gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga. Ku Cyumweru tariki ya 9 Ugushyingo ni bwo amashusho y’uyu muhanzi yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa X na Facebook. Muri aya mashusho y’iminota 10, nyirubwite agaragara ari mu buriri ari mu gikorwa cy’abakuze n’inkumi […]
Kagame yasubije abavuga ko ari gutegurira umukobwa we kuzamusimbura ku butegetsi

Perezida Paul Kagame yateye utwatsi ibivugwa ko yaba ari gutegurira umukobwa we Ingabire Ange Kagame kuzamusimbura ku butegetsi, agaragaza ko abana be ari Abanyarwanda nk’abandi. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo, mu ijambo yavugiye mu gitaramo cy’ihuriro Unity Club Intwararumuri. Ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo izikoreshwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda hamaze […]
Ibihugu twari ku rwego rumwe mu myaka 60 ishize bisigaye bidukubye inshuro magana: Perezida Kagame

Perezida Kagame yagaragaje ko bitumvikana ukuntu ibihugu bya Afurika byasigaye inyuma, ku buryo ibyari ku rwego rumwe na byo mu myaka iri hagati ya 50 na 60 ishize byabisize inshuro zibarirwa muri magana. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo, mu ijambo yavugiye mu gitaramo gisoza Ihuriro rya 18 rya Unity Club. […]
Tanzania: Abantu 240 bakurikiranweho kugambanira igihugu

Abantu babarirwa muri 240 muri Tanzania barezwe icyaha cyo kugambanira igihugu, nyuma y’imyigaragambyo irimo imvururu yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka kuhaba. Perezida Samia Suluhu Hassan yatangajwe nk’uwatsinze aya matora ku majwi 98%, ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bayahejwemo bavuga ko atanyuze mu mucyo. Indorerezi zayakurikiranye na zo zivuga ko atubagirije amahame ya demokarasi. Perezida Samia […]
Ngoma: Umwarimukazi yasabye imbabazi nyuma yo gufatanwa ‘dish’ y’ibiryo by’abanyeshuri yari yibye

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe ‘dish’ yuzuye umuceri wari watekewe abanyeshuri, biba ngombwa ko abisabira imbabazi. Uyu mwarimu yafashwe nyuma yuko bamwe mu babyeyi barerera muri iri shuri bamenyesha ubuyobozi bw’Umurenge ko abana babo batakirya ngo bahage. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mugesera […]
Perezida Ndayishimiye yandagaje Faustin Ndikumana, avuga ko yahanzweho na Shitani

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ku wa Gatatu tariki ya 5 Ugushyingo yibasiye impirimbanyi Ndikumana Faustin, avuga ko yahanzweho n’imyuka mibi. Ndayishimiye yibasiye uyu mugabo usanzwe ayobora umuryango witwa PARCEM (Parole et Actions pour le Réveil des Consciences et l’Évaluation des Mentalités) wiyemeje gukangurira Abarundi guhindura ibyiyumvo n’ingendo, ubwo yerekaga abaturage ba Komine Matongo yo […]
U Rwanda na RDC byateye intambwe ikomeye igana ku masezerano y’ubukungu

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byaraye bishyize umukono ku mushinga wose w’amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu; intambwe ikomeye ibanziriza gusinya amasezerano. Uyu mushinga washyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho intumwa z’ibihugu byombi zari zimaze igihe zigiranira icyiciro cya kane cy’ibiganiro. Ni ibiganiro byanitabiriwe n’intumwa z’ibihugu bya […]
Litiro ya lisansi mu Rwanda yiyongereyeho Frw 127

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ku wa Gatanu tariki ya 7 Ugushyingo, rwashyizeho igiciro gishya cy’ibikomoka kuri peteroli cyasize litiro ya lisansi izamutseho Frw 127. Itangazo RURA yasohoye ryerekana ko litiro ya lisansi yageze kuri Frw 1,989 ivuye kuri Frw 1,862 yaguraga mu mezi abiri ashize. Mazutu yo yageze kuri Frw 1,900 ivuye kuri Frw 1,808 yaguraga, […]
Icyo Perezida Touadéra avuga ku gitutu bivugwa ko amaze igihe ashyirwaho n’u Burusiya

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, yagaragaje ko nta gitutu amaze igihe ashyirwaho na Leta y’u Burusiya nk’uko bimaze igihe bivugwa. Amakuru avuga ko Perezida Touadera amaze igihe ashyirwaho igitutu na Moscou, kugira ngo asinyane amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare n’umutwe w’abacanshuro wa Africa Corps wo muri kiriya gihugu. Uyu mutwe unazwi nka Russian […]
Touadera yagaragaje uko abarimo EU n’u Bufaransa bamutereranye, akagobokwa n’u Rwanda n’u Burusiya

Perezida Faustin-Archange Touadera wa Repubulika ya Centrafrique, yagaragaje ko ubwo igihugu cye cyari mu ngorane u Rwanda n’u Burusiya ari bo bakigobotse, mu gihe abarimo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Bufaransa barimo barebera. Touadera uzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Centrafrique ateganyijwe mu mpera z’ukwezi gutaha k’Ukuboza, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Marc Pellerman wa […]
Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare muri Afurika bategerejwe mu Rwanda

U Rwanda rugiye kwakira inama ya 19 y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare yo muri Afurika, izabera i Kigali kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 12 Ugushyingo 2025. Iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti: “Ejo hazaza h’amahugurwa n’amasomo ya gisirikare muri Afurika: Gukuraho icyuho cy’ikorana buhanga.” Inama y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare muri Afurika ni […]
FARDC iravuga ko imaze kwakira 500 bahoze ari abasirikare ba M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko abarwanyi 72 kivuga ko bahoze ari aba M23 bari bamaze igihe baracyishyikirije bamaze koherezwa i Kisangani mu ntara ya Tshopo, nyuma y’igihe barahurijwe i Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru. FARDC ivuga ko kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ugushyingo ari bwo bariya barwanyi boherejwe i […]
Twirwaneho yakubise ahababaza FDNB na FARDC, bata ibirindiro bikomeye

Ingabo z’u Burundi (FDNB) n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zavuye mu birindiro byazo bikomeye bya Point Zero zerekeza mu bice bya Kanguli muri segiteri ya Mutambala, nyuma yo gutsindwa n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho mu mirwano ikaze yabaye ku wa Kane tariki ya 6 Ugushyingo. Amakuru avuga ko izi ngabo zavuye muri ibi birindiro, nyuma […]
Perezida Kagame yakiriye ku meza umujyanama wa Trump mu by’ukwemera

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 6 Ugushyingo bakiriye mu musangiro Paula White, umujyanama wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ukwemera ndetse n’itsinda ry’intumwa bari kumwe. Uyu mugabutumwakazi yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu ari kumwe na Jennifer Korn Sporment usanzwe ari umujyanama wungirije […]
Twirwaneho yazamuye mu ntera Gen. Makanika wishwe na FARDC

Ubuyobozi bw’Umutwe wa Twirwaneho, ugamije kurengera Abanyamulenge batotezwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwazamuye mu ntera Michel Rukunda ‘Makanika’ wahoze ari umuyobozi w’igisirikare cy’uriya mutwe. Mu kwezi gushize ni bwo Makanika yazamuwe mu ntera, agirwa Lieutenant-General ndetse na Ofisiye w’Ikirenga wa Twirwaneho; nk’uko bigaragara mu itangazo Freddy Kaniki uyobora ishami rya Politiki […]
Umusirikare umaze imyaka 78 muri FARDC yijejwe ishimwe

Minisitiri w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita, yijeje umudali w’ishimwe umusirikare wo mu ngabo za kiriya gihugu umaze imyaka 78 mu gisirikare. Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Ugushyingo, ni bwo Minisitiri Muadiamvita yakiriye 1er sergent-major LUHEMBWE ALFANI bagirana ibiganiro. Uyu mukambwe w’imyaka 102 y’amavuko kuri ubu umaze imyaka 78 […]
Bintou Keïta agiye kuva ku buyobozi bwa MONUSCO

Umunya-Guinée-Conakry Bintou Keita, agiye kuva ku nshingano zo kuyobora ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO). Uyu mugore ayobora buriya butumwa kuva muri Mutarama 2021, ubwo yasimburaga kuri izo nshingano Leïla Zerrougui. Mu busanzwe manda ya Keita nk’umukuru wa MONUSCO yagombaga kurangira muri Gashyantare 2026, gusa Jeune Afrique iravuga […]
Twirwaneho yambuye ingabo zirimo iz’u Burundi uduce 2

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye byo mu misozi y’i Mulenge, nyuma y’imirwano ikaze yahuje izi nyeshyamba n’ingabo zirimo iza Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), iz’u Burundi n’imitwe ya Wazalendo na FDLR. Ni imirwano yabaye ku wa Gatatu tariki ya 5 Ugushyingo 2025. Amakuru avuga ko iyi mirwano yasize MRDP-Twirwaneho yigaruriye […]
Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo yasezeye RBA yari amazemo imyaka irenga 20

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo yamaze gusezera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) yari amaze imyaka 22 akorera. Kagabo yari umukozi wa RBA kuva muri 2003, ubwo iki kigo cyari kikiri Orinfor. Iki kigo yagihagarariye i Nyamagabe na Nyaruguru kuva mu 2010 ahamara imyaka itatu, mu 2013 yimurirwa ku cyicaro gikuru cya Radio Rwanda. Uyu munyamakuru yatangaje ko […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za KDF yasuye RDF (Amafoto)

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya (KDF), Gen. Charles Muriu Kahariri, ari mu Rwanda aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine. Gen. Kahariri uri mu Rwanda kuva ku wa Kabiri tariki ya 4 Ugushyingo, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ugushyingo we n’intumwa ayoboye basuye Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, aho bakiriwe n’Umugaba Mukuru wazo, […]
Nova Event Management Ltd: Igisubizo mu gutegura inama, ubukwe n’ibindi birori

Sosiyete itegura ibirori bitandukanye ya Nova Event Management, ikomeje gukora itandukaniro muri uri ruganda, kubera serivisi izwiho guha abayigana bagataha banyuzwe. Nova Event Management izwiho kugira abahanga bazobereye mu gutegura, inama, ubukwe n’bindi birori bitandukanye bituma ababyitabiriye bagenda birahira ba nyirabyo. Kuri ubu iyi sosiyete ikomeje guhamagarira abafite ibirori, inama, ubukwe, isabuku y’amavuko n’ibindi kuyigana, […]
Minembwe: FDNB yahutaje Abanyamulenge bigaragambyaga bayamagana

Ingabo z’u Burundi ziravugwaho guhutaza abaturage bo mu duce twa Minembwe na Mikenge mu Territoire ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’uko ku wa Kabiri tariki ya 4 Ugushyingo bakoze imyigaragambyo bamagana ubugome zimaze igihe zibakorera. Abatuye muri turiya duce bavuga ko Ingabo z’u Burundi zabujije abaturage kurema isoko rya Bijombo muri Fizi […]