Nyamasheke: 5 batawe muri yombi bakurikiranweho kwiba ibiryo by’abanyeshuri

WhatsApp Image 2025 11 05 at 02.05.41

Inzego z’Umutekano zo mu karere ka Nyamasheke, zataye muri yombi abantu batanu bo mu murenge wa Bushenge, bakaba bakurikiranweho kunyereza ibiro 50 bya kawunga yari igenewe kugaburirwa abana biga ku Ishuri Ribanza rya Nyarutovu. Abatawe muri yombi barimo abatetsi babiri bo kuri ririya shuri, abanyonzi babiri n’umucuruzi umwe. Bafashwe ku mugoroba wo ku wa kabiri […]

Rutahizamu ngenderwaho wa APR FC yasubukuye imyitozo mbere yo guhura na Rayon Sports 

g47y0ffwqaazczr cfe03

  Rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara wa APR FC, yasubukuye imyitozo mbere y’iminsi mike NGO ikipe ye yesurane na Rayon Sports, mu mukino wa shampiyona utegerejwe na benshi mu Rwanda. Ouattara yarwariye muri CECAFA Kagame Cup yabereye muri Tanzania mu ntangiriro za Nzeri, ndetse nyuma yo gukina umukino ufungura iri rushanwa ntiyongeye kugaragara. Nyuma yo kwivuriza […]

Tshisekedi aravuga ko yiteguye kwinjira mu gisirikare 

D6xA85HX4AAiW

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yiteguye kuba umusirikare mu gihe ari byo igihugu cye cyasaba kugira ngo kibone amahoro. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, aho aheruka kugirira uruzinduko. Ubwo yaganiraga n’abanye-Congo baba mu Misiri barimo abanyeshuri bagiye kuhiga, abacuruzi, abahakorera indi mirimo ndetse n’abasirikare bagiye mu myitozo, […]

Perezida Kagame yongeye kuganira na Emir wa Qatar

20251104 144232

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Ugushyingo, Perezida Paul Kagame yabonanye anagirana ibiganiro n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani. Umukuru w’Igihugu ari i Doha muri Qatar kuva ku wa Mbere tariki ya 3 Ugushyingo, aho yitabiriye Inama ya kabiri Mpuzamahanga ku Iterambere ry’Abaturage ku Isi izwi nka […]

Jenerali wo muri Uganda yasabye TPDF gukorera Samia Suluhu ‘coup d’état’

FTsigH8WYAUAjaO

Gen (Rtd) David Sejusa wahoze ari umukuru w’ubutasi bwa Uganda ndetse n’umwe mu basirikare bakomeye b’iki gihugu, yasabye Ingabo za Tanzania (TPDF) gutabara zigafata ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan, mu rwego rwo guhagarika icyo yise ubwicanyi no gusenya ibintu byabereye mu gihugu. Sejusa yatanze ubu butumwa mu cyumweru gishize, ubwo muri Tanzania harimo habera […]

Perezida Kagame ari i Doha

20251103 181536

Perezida Paul Kagame ari i Doha muri Qatar, aho azitabira Inama ya kabiri Mpuzamahanga yiga ku iterambere izwi nka World Summit for Social Development. Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma yateguwe n’Umuryango w’Abibumbye.   Iyi nama izaba hagati y’itariki ya 4 n’iya 6 Ugushyingo, izibanda ku guteza imbere uburinganire mu mibereho myiza, akazi keza […]

Lt. Gen Pacifique Masunzu yatawe muri yombi 

MASUNZU YAFASHWE MU BURYO BUSUZUGURITSE

Umuyobozi w’akarere ka Gatatu k’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Pacifique Masunzu, yatawe muri yombi mbere yo kujya gufungirwa i Kinshasa. Amakuru avuga ko Masunzu yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo afatiwe mu mujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo, mbere yo kujyanwa i Kinshasa. Uyu Jenerali avuga ko […]

ARJ yatangije itoranya ry’Umunyamakuru w’Umwaka wa 2025

images 4

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), ku bufatanye n’Urwego rw’Imiyoborere (RGB), Ihuriro ry’Abanyamakuru b’Abagore (ARFEM) n’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC), ryatangije ku mugaragaro gahunda yo gutoranya umunyamakuru w’umwaka 2025 binyuze mu bihembo bya Development Journalism Awards (DJA2025). Iyi gahunda igamije gushimira no guha icyubahiro abanyamakuru bagaragaza ubunyamwuga buhebuje, ubunyangamugayo, n’uruhare mu guteza imbere sosiyete nyarwanda binyuze mu […]

Tshisekedi yemeje ko ateganya kujya guhurira na Perezida Kagame kwa Trump

42945hr

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko hari gahunda y’uko mu minsi iri imbere we na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bazahura na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, ubwo ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo yaganiraga n’abanye-Congo baba muri […]

Niba uri umugabo uzaze ufungure ikibuga cy’indege cya Goma: Nangaa abwira Tshisekedi 

20251103 073513

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, Corneille Nangaa, yakuriye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC inzira ku murima ko nta bushobozi afite bwo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma AFC/M23 itabigizemo uruhare. Nangaa yatangaje ibi nyuma y’iminsi mike Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa butangaje ko icyo kibuga kuzafungurwa mu byumweru bike biri imbere, […]

Tshisekedi yashinje Kagame gushaka komeka uburasirazuba bwa RDC ku Rwanda

IMG 20250803 WA0006

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje mugenzi we Paul Kagame gushaka komeka uburasirazuba bw’igihugu cye ku Rwanda. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, ubwo ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo yaganiraga n’abanye-Congo baba muri kiriya gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika. Perezidansi ya RDC yasubiyemo Tshisekedi avuga ko “imigambi ye […]

Musanze: Umusaza w’imyaka 71 amaze imyaka 2 asembera kubera igiti yaguze 

IMG 20251102

Umusaza witwa Ngirumpatse Ildephonse wo mu murenge wa Muko mu karere ka Musanze, amaze imyaka irenga ibiri yarasenyewe urugo ndetse ahari we hatezwa cyamunara, kubera igiti kimwe yaguze n’umuturage mugenzi we. Intandaro yatumye Ngirumpatse agurishirizwa umutungo ugizwe n’ubutaka bwarimo inzu ebyiri ndetse n’ibikoni, ni ibiti bitatu yaguze na mugenzi we witwa Ntarindi Assiel. Ni ibiti […]

Amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi yahagaritswe

d5uyjhjwwaa5bcq

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagaritse ibikorwa by’amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Jacquemain Shaban, ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025. Amashyaka yahagaritswe arangajwe imbere na PPRD rya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa RDC, LGD rya Augustin Matata […]

Imikoranire ya FARDC na FDNB mu bintu 4 bikomeje kubangamira amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC

LogoLicious 20230305 160556

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ibintu bine bikomeje kubangamira amasezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye, birimo kuba Ingabo z’iki gihugu zikomeje imikoranire n’Ingabo z’u Burundi. Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya TV5 Monde. Ku wa 27 Kamena ni bwo u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano […]

Samia Suluhu yasabye ubufasha ba Perezida 2 ba EAC

images 3

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yahamagaye ba Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na William Ruto wa Kenya abasaba ubufasha. Ni nyuma y’uko mu gihugu cye hakomeje imyigaragambyo ikomeye abaturage bashyigikiye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bamaganamo amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Ni amatora Samia Suluhu Hassan uyobora Tanzania yatsinze […]

Masisi: Umusirikare mukuru wa FARDC yishwe n’umurinzi we 

images 2022 12 28T082847.048

Umusirikare ufite ipeti rya Capitaine mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yarashwe n’uwari umurinzi we aramwica. Byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira, mu gace ka Ngululu gaherereye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko Capitaine wishwe yashinjwaga n’umurinzi we kuba […]

Samia Suluhu Hassan yatorewe kuyobora Tanzania ku majwi menshi

20251031 192047

Komisiyo y’amatora muri Tanzania yatangaje ko Samia Suluhu Hassan ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri iki cyumweru, nyuma yo kugira amajwi 97.66%. Ku wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira ni bwo abanya-Tanzania baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yakurikiwe n’imyigaragambyo ndetse n’imvururu zikomeye. Ishyaka Chadema rya mbere rikomeye mu yatavuga rumwe n’ubutegetsi ryatangaje ko […]

APR FC yihanangirije bwa nyuma abakinnyi yari yarahagaritse, irabababarira

e36f891f26f461cb1f487428b533a6

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yababariye abakinnyi bayo babiri bari mu bihano, Mamadou Sy na Seidu Yussif Dauda, ni nyuma yo kwihanangirizwa. Tariki ya 10 Ukwakira 2025 APR FC yari yahagaritse aba bakinnyi bombi kubera imyitwarire mibi bagaragaje ubwo yari mu Misiri bagasohoka mu mwiherero nta ruhushya. Icyo gihe bahagaritswe iminsi 30. APR FC […]

Gen. Júlio Jane wa FADM yasuye RDF i Mocímboa da Praia

20251031 045203

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique (FADM), Gen Júlio dos Santos Jane, ku wa Kane tariki ya 30 Ukwakira yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique yari kumwe na mugenzi we Maj Gen André Rafael Mahunguane w’ingabo za kiriya gihugu zirwanira […]

AFC/M23 yateye utwatsi gahunda ya Macron na RDC yo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma

Umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ko udakozwa gahunda yatangajwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yo gufungura ikibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Goma uri mu maboko yawo mu byumweru bike biri imbere. Macron yatangaje ko kiriya kibuga cy’indege kigiye gufungurwa ku wa Kane tariki ya 30 Ukwakira, ubwo yari mu nama mpuzamahanga yiga ku mahoro […]

M23 yisubije Ndete nyuma yo kubabaza umwanzi wayo

images 2 1

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira wisubije agace ka Ndete ko muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Amakuru avuga ko M23 yigaruriye kariya gace nyuma yo kugaba igitero gitunguranye ku ngabo za Leta, mbere ya saa sita z’amanywa. […]

Abanya-Kenya bagerageje kujya kwifatanya n’abanya-Tanzania kwigaragambya

20251030 142131

Polisi ya Kenya kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira yakumiriye abaturage b’iki gihugu bashakaga kwinjira muri Tanzania mu rwego rwo kwifatanya n’abaturage b’iki gihugu mu myigaragambyo. Ibinyamakuru byo muri Kenya byo muri Kenya biravuga ko Polisi yatangiriye bariya bantu ku mupaka wa Namanga uhuza kiriya gihugu na Tanzania. Kuva ku wa Gatatu tariki […]

Perezida Kagame ntiyitabira inama yagombaga guhuriramo na Tshisekedi kwa Macron

WhatsApp Image 2022 09 22 at 03.36.57 1

Perezida Paul Kagame ntari bwitabire inama mpuzamahanga yiswe iyo gushyigikira mahoro n’ubukire mu Karere k’Ibiyaga Bigari iri bubere i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Ukwakira 2025. Ni inama yateguwe na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa afatanyije na mugenzi we Faure Gnassingbé wa Togo. Ni inama by’umwihariko iri bwibande ku bikorwa […]

Ndayishimiye yikanze coup d’état, asubika kujya kwa Macron 

Gv1SLsEW0AAue h 1

Amakuru akomeje gukwirakwizwa mu Burundi aravuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’iki gihugu yasubitse ku munota wa nyuma urugendo yagombaga kugirira i Paris mu Bufaransa, nyuma yo kumenya ko hari umugambi wo kumuhirika ku butegetsi wari wamaze gutegurwa. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 28 Ukwakira ni bwo Ndayishimiye yagombaga guhaguruka i Bujumbura yerekeza […]

Tshisekedi yahaye isezerano abaturage bari mu matware ya M23

cc2283e GDN614 BELGIUM CONGO

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamenyesheje abaturage batuye mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo by’umwihariko mu duce tugenzurwa n’umutwe wa M23 ko Leta ye itigeze ibibagirwa, abaha isezerano ry’uko bari mu nzira zo kugera ku mahoro. Tshisekedi yatanze ubu butumwa mu ijambo yagejeje ku baturage be rijyanye n’imyaka 29 ishize […]

Amerika yaburiye abaturage bayo bari muri Tanzania 

20251029 162903

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye abaturage bazo n’bakozi ba Guverinoma yazo bari muri Tanzania kuba maso, nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yadutse muri iki gihugu. Tanzania yadutsemo imyigaragambyo, mu gihe abaturage bayo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukwakira abaturage bayo babarirwa muri miliyoni 39 baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Ni amatora Perezida Samia Suluhu w’iki […]

Kera kabaye u Burundi bwashyikirije u Rwanda umurambo wa Musirikare warohamye mu Rusizi

IMG 20251029 WA0003

Ubutegetsi bw’u Burundi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Ukwakira, bwashyikirije u Rwanda umurambo w’umusore witwa Musirikare Obed waherukaga kurohama mu ruzi rwa Rusizi bikarangira ujyanwe i Bujumbura. Mu Cyumweru gishize ni bwo uyu musore wari ufite imyaka 31 y’amavuko yarohamye mu Rusizi, ubwo yari yagiye koga. Ku wa 24 Ukwakira ubuyobozi bwa Zone […]

Hamenyekanye ibice M23 iteganya koherezamo ingabo zayo nshya 17,000

makenga11 0652c

Umutwe wa AFC/M23 urateganya kohereza abasirikare bashya wungutse mu mezi make ashize ku rugamba, mu rwego rwo kwagura ibice byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugenzura. Mu mezi abiri ashize ni bwo uyu mutwe wungutse abasirikare bashya babarirwa mu 17,000 basoje imyitozo mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo ndetse n’icya Tchanzu. Umugaba […]

FDNB yamuritse imodoka ya gisirikare yakoze

20251029 055122

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), ku wa Mbere tariki ya 27 Ukwakira cyamuritse imodoka ya gisirikare giheruka gukora. Minisitiri w’Ingabo z’u Burundi, Chantal Nijimbere ndetse n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen. Prime Niyongabo ni bo batashye iyi modoka. Ifoto y’iyi modoka nto yo mu bwoko bwa Pickup ikomeje guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga, yashyizwe hanze bwa mbere […]

Impamvu FARDC ikomeje gusuka amabombe kuri M23 ikoresheje za CH-4 

CASC CH 4 JR Ng scaled 1

Umutwe wa AFC/M23 ukomeje gushinja Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kurasa mu duce ugenzura zikoresheje za drone z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Ukwakira, umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu ma saa cyenda z’igicuku Ingabo za Leta zakoresheje drone zikarasa “mu […]

AFC/M23 yahishuye impamvu nyamukuru Ndayishimiye akomeje kwijandika mu ntambara yo muri RDC

GjXI6BjaYAERQGa 1

Umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ko impamvu u Burundi bukomeje gushora imbaraga zabwo zose mu ntambara ya RDC idafite aho ihuriye n’amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano buvuga ko bwasinyanye na Kinshasa, ko ahubwo ari ukubera ibirombe by’amabuye y’agaciro bwemerewe. AFC/M23 mu nyandiko yanyujije ku rubuga rwayo rwa X yagaragaje ko “u Burundi bwa Évariste Ndayishimiye bumaze igihe […]

I Doha M23 yeruye ko idashobora kuva muri Goma na Bukavu

m23 48 afb87

Umutwe wa AFC/M23 wongeye kwerurira Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko udateze kuva mu mijyi ya Goma na Bukavu umaze amezi menshi ugenzura. AFC/M23 yabitangarije i Doha muri Qatar, aho imaze igihe igiranira ibiganiro na Leta ya Kinshasa. Amakuru avuga ko mu cyumweru gishize impande zombi zohererejwe umushinga mushya w’amasezerano yerekeye ku “gusubizaho […]

Maj. Gen Kagame yakiriye abasirikare ba RDF basoje ubutumwa i Cabo Delgado

2025 10 28 08 12 15 3

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alexis Kagame ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent B Sano, ku wa Mbere tariki ya 27 Ukwakira bakiriye Inzego z’umutekano z’u Rwanda zari zimaze umwaka zikora ibikorwa byo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Ingabo n’Abapolisi bagize Inzego z’umutekano z’u […]

Perezida Kagame ari i Riyadh

20251027 170637

Perezida Paul Kagame yageze i Riyadh muri Arabie Saudite, aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ishoramari n’iterambere izwi nka Future Investment Initiative (FII9). Ni inama igomba kumara iminsi itatu. Biteganyijwe ko u munsi wa mbere w’iyi nama, Umukuru w’Igihugu azaganira na bagenzi be barimo Perezida wa Guyana, uwa Colombia, uwa Bulgaria n’uwa Albania. Ni biganiro […]

Green Party irishimira ko ntaho ikijya ngo iterwe imijugujugu

IMG 20251027 WA0004

Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, burashima inzego bwite za Leta ku kuba ntaho iri shyaka rijya ngo riterwe imijugujugu nk’uko byagiye biba mu bihe byashize. Mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Nyakanga 2024, ishyaka Green Party ryakunze kunenga ko hari uturere ryagiye rijya gukoreramo ibikorwa byaryo, bikarangira rihutajwe n’inzego z’ubuyobozi. Nko […]

U Burusiya bwahaye Uganda intwaro z’arenga Frw miliyari 76

20251027 070600

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yatangaje ko u Burusiya bwahaye igihugu cye ibikoresho bya gisirikare bifite agaciro ka $ miliyoni 53 (Frw miliyari 76). Perezida Museveni ubwe ni we wakiriye biriya bikoresho ku Cyumweru tariki ya 26 Ukwakira, nk’uko yabyemeje my butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Ati: “Nakiriye ibikoresho bifite agaciro ka […]

Musenyeri Faustin Ngabu yapfuye, M23 na Tshisekedi bashengurwa n’urupfu rwe

IMG 20251027 WA0002

Faustin Ngabu wari Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri mu kiruhuko cy’izabukuru, yitabye Imana ku myaka 90 y’amavuko. Uyu mushumba wabaye Perezida w’Inama y’Abepisikopi Gatolika bo muri Congo Kinshasa (CENCO) hagati ya 1994 na 2002, yavuyemo umwuka ku Cyumweru tariki ya 26 Ukwakira aguye mu bitaro […]

M23 yemeje ko yafashe ‘Tokyo’ wa FDLR wari waramaze abanya-Masisi

GridArt 20251025 162708524

Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko wamaze gufata Yoweri uzwi nka Tokyo, umurwanyi mukuru w’umutwe wa FDLR wari umaze igihe kinini akorera ubwicanyi abanye-Congo bo muri Teritwari ya Masisi. Guverineri wungirije w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru wo ku ruhande rwa M23, Ngarambe Manzi Willy, yatangaje ko Tokyo ukomoka ahitwa i Kivuye mu burengerazuba bw’u Rwanda yafatiwe n’ingabo […]

Nyanza: Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bashyikirije inzu nshya uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda (PBA), ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira rwashyikirije Mudahinyuka Aloys wo mu murenge wa Muyira w’akarere ka Nyanza warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 inzu nshya yubakiwe, mu rwego rwo kumufasha kubona icumbi rimuhesha igaciro. Inzu uyu muturage utishoboye yashyikirijwe, yashyizweho ibuye ry’ifatizo mu minsi 100 yo kwibuka […]

Uganda ni cyo gihugu cya mbere ku Isi kibamo demukarasi kurusha ibindi: Museveni

imageresize

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yatangaje ko igihugu cye ari cyo kiza ku mwanya wa mbere ku Isi mu kurangwamo demukarasi kurusha ibindi. Museveni yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira, ubwo yarimo aganirira n’abanyamakuru mu mujyi wa Gulu. Mu gihe abatavuga rumwe n’uyu mukambwe ndetse na bimwe mu bihugu byo mu burengerazuba […]

Menya ibirindiro 70 Ingabo z’u Burundi zashinze mu Banyamulenge

LogoLicious 20230305 160556

Umunyapolitiki Me Nyarugabo Moïse, yagaragaje ko ingabo z’u Burundi zimaze gushinga ibirindiro birenga 70 mu gice cy’imisozi miremire ituwe n’abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. U Burundi bufite muri iyi ntara ingabo zirenga 10,000 ziri mu mabatayo ari hagati ya 12 na 15. Izi ngabo zishinjwa gufatanya n’imitwe y’abanye-Congo ya Wazalendo […]

Tshisekedi yaba yamaze kwirukana burundu ba Jenerali barangajwe imbere na Tshiwewe muri FARDC 

20251025 123021

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yamaze kwirukana burundu abasirikare batatu bo ku rwego rwa ba Jenerali mu ngabo z’igihugu cye. Aba ni Gen. Christian Tshiwewe Songesa wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (FARDC), Lt. Gen Franck Ntumba wahoze akuriye ibijyanye n’igisirikare muri Perezidansi na Général de Brigade […]

Uko Ingabo z’u Burundi zashutse Abanyamulenge mbere yo gutangira kubakorera amabi

FiU9LbGXkAAkuzN

Umunyapolitiki Me Moise Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umusenateri, yagaragaje uburyo ingabo z’u Burundi zikomeje gukorera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge igisa n’ubukoloni bushya, anamagana ibyaha byibasira inyoko muntu ziriya ngabo zikomeje gukorera ku butaka bwa Congo. Nyarugabo mu kiganiro yanyujije kuri BWIZA TV ku wa Gatanu tariki […]

U Rwanda rwasabye u Burundi kureka kubangamira amasezerano y’amahoro rwasinyanye na RDC

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuba u Burundi bufite ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biri mu bibangamiye amasezerano y’amahoro rwasinyanye na kiriya gihugu, ibusaba gutera intambwe bukareka “kongera amavuta mu muriro”. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye n’umuyoboro wa YouTube wa Ukweli Times. Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje […]

Perezida Kagame yakiriye indahiro y’abasenateri barimo Dr. Frank Habineza na Evode Uwizeyimana

20251024 163012

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025, yakiriye indahiro y’abasenateri bashya baheruka kwinjira muri Sena y’u Rwanda, barimo abo aherutse gushyiraho ndetse n’abatowe n’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki. Umuhango wo kwakira indahiro y’aba basenateri wabereye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda iherereye ku Kimihurura. Abarahiye ni Prof. Dusingizemungu […]

AFC/M23 yakomoje ku biganiro by’ibanga yavuzwemo na Ndayishimiye 

20251024 071437

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko nta biganiro ibyo ari byo byose wigeze ugirana na Leta y’u Burundi bivugwa ko iheruka gusaba kureka imikoranire n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ikinyamakuru Africa Intelligence gisanzwe cyandikirwa i Paris mu Bufaransa, giheruka gutangaza ko mu ntangiriro z’uku kwezi Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye i Bujumbura itsinda ry’intumwa za […]

Ishimwe rya Perezida Kagame ku bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko

20251024 062751

Perezida Paul Kagame ku wa Kane tariki ya 23 Ukwakira, yashimiye abantu bose bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko. Ku itariki nk’iyo mu 1957 ni bwo ababyeyi ba Perezida Paul Kagame (Déogratias Rutagambwa na Asteria Bisinda Rutagambwa) bamwibarutse, ibivuze ko yari yujuje imyaka 68 abonye izuba. Abantu batandukanye biganjemo Abanyarwanda n’abaturanyi bafashe umwanya bifuriza Umukuru w’Igihugu Isabukuru […]

M23 igiye kuvugutira umuti CH-4 za FARDC zimaze iminsi ziyisumbirije

20251021 170748

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ugiye gutangira kurasa drone z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zimaze igihe zirasa ibirindiro byayo no mu duce dutuwe n’abaturage. Kuva mu mezi make ashize AFC/M23 yakunze gushinja ingabo za Leta kuyirasaho zikoresheje drone zo mu bwoko bwa CH-4 Kinshasa yaguze mu Bushinwa. Ibitero by’izi ndege zitagira abapilote […]

Abasirikare ba FDNB bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n’amaguru bazira kwishyuza umushahara barwaniye muri RDC

1761221006868

Amakuru ava mu Burundi aravuga ko hari abasirikare b’iki gihugu bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu cyose n’amaguru, bazira kwishyuza amafaranga bakoreye ubwo barimo barwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba basirikare banahoze mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri Somalia, amakuru avuga ko mbere yo guhanishwa kiriya gihano bagombaga gusanga […]

U Rwanda na RDC byateye indi ntambwe igana ku gusenya FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi 

rdc 25 dd3e4 f2d13

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byamaze gutera intambwe igana ku gusenya umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwafashe. Byatangajwe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos, nyuma y’inama ya gatatu y’urwego ruhuriweho […]

FERWAFA yahagaritse abasifizi barimo ‘Cucuri’

WhatsApp Image 2025 10 22 at 23.45.15 3e3f8cef

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yahagaritse abasifuzi batatu barimo Ishimwe Claude uzwi nka Cucuri, nyuma yo gukora amakosa mu mikino ya shampiyona y’u Rwanda baheruka gusifura. Abahagaritswe barimo Habumugisha Samuel wasifuye umukino w’umunsi wa gatatu wa Shampiyona Gasogi United yaguyemo miswi na Rayon Sports ibitego 2-2. Uyu musifuzi yahagaritswe mu […]

Umujyanama wa Trump mu by’ukwemera ategerejwe mu Rwanda

1761143594917

Umujyanama wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ukwemera, Pasiteri Paula White, agiye kugirira uruzinduko mu bihugu bine byo mu karere k’ibiyaga bigari, birimo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu ntangiriro z’ukwezi gutaha k’Ugushyingo, ni bwo uriya muvugabutumwakazi wahawe inshingano zo kugira Perezida Donald Trump inama mu bijyanye […]

Tshisekedi yashyizeho umusimbura wa Gen. Mwaku wapfiriye muri Uvira

20251022 160247

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyizeho umuyobozi w’akarere ka 33 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’uw’ibikorwa bya gisirikare bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bizwi nka Opérations Sokola 2. Général de Brigade Ilunga Kabamba Jean-Jacques ni we wahawe kuyobora akarere ka […]

Ibindi bitero bya Drones za FARDC byibasiye M23 muri Masisi na Walikale 

A245 2

Umutwe wa M23 wongeye gushinja ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero “mu duce dutuwe cyane n’abaturage” two muri za Teritwari za Masisi na Walikale, zikoresheje drones z’intambara. Ni ibitero umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka yavuze ko byagabwe mu duce twa Nyarushyamba muri Teritwari ya Masisi na Kashebere ho muri […]

FARDC yavuze ku makuru y’uko yatangiye guhungishiriza intwaro zayo ziremereye i Bujumbura

Gk9iYk WAAEbhXV

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyahakanye amakuru avuga ko cyatangiye guhungisha intwaro zacyo ziremereye kizivana mu mujyi wa Uvira zijyanwa i Bujumbura mu Burundi. Amakuru avuga ko FARDC yatangiye guhungisha izi ntwaro nyuma yo kumenya ko isaha n’isaha M23 ishobora kwigarurira umujyi wa Uvira imaze igihe igose bikarangira izifashe. FARDC ibinyujije muri […]

CH-4 za FARDC yarashe kuri M23 i Nzibira na Mpeti 

20251021 170748

Umutwe wa AFC/M23 watanze impuruza, nyuma y’uko ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryongeye kwica agahenge impande zombi zumvikanye. Muri uku kwezi ni bwo AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo basinyiye i Doha muri Qatar amasezerano y’agahenge, banemeza gishyiraho urwego rugomba gukurikirana iyubahirizwa ry’ako. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence […]

‘Umuhanuzi’ Bucyanayandi wasabaga abantu amafaranga ngo badapfa yatawe muri yombi 

20251021 121314

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije na Polisi y’Igihugu, bataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugamutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by’urupfu, indwara  cyangwa ngo bakubirwe inshuro 5 ibyo batanze nk’ituro. RIB ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko uyu mugabo afungiye kuri Station yayo ya […]