RDC yasabwe kwihutisha gusenya FDLR

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatunzwe agatoki ishinjwa kudindiza amasezerano ya Washington, nyuma yo kunanirwa gusenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR. Ni nyuma y’amezi atandatu Kinshasa isinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Raporo y’ikigo cyitwa Baromètre des Accords de Paix en Afrique gishinzwe gukurikirana […]
Amerika turwaniye na yo ku butaka twayinesha: Museveni

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatangaje ko Uganda ifite ubushobozi bwo gutsinda Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe ingabo z’ibihugu byombi zaba zihuriye mu ntambara yo ku butaka gusa. Museveni yabitangaje ku wa 4 Mutarama 2026, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha make Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigabye […]
Tshisekedi yongeye kujya gutakambira Lourenço

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Mbere yagiriye uruzinduko i Luanda rwasize ahuye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço wa Angola. Uru ruzinduko rurakurikira urwo Tshisekedi yari yagiriye i Luanda mu byumweru bitatu bishize. Perezidansi ya RDC yatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba […]
Ibyo Maduro wagejejwe bwa mbere mu rukiko yavuze ku byaha ashinjwa na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere zagejeje imbere y’ubutabera bwazo Nicolas Maduro zahiritse ku butegetsi muri Venezuela n’umugore we, Cilia Flores; bombi bahakana ibyaha zibashinja. Maduro n’umugore we batawe muri yombi n’ingabo za Amerika zabasanze iwabo mu rugo, mbere yo kugezwa mu rukiko rw’i New York ejo ku wa Mbere. Mu rukiko Maduro […]
Perezida Kagame yashimiye Gen. Doumbouya watsinze amatora

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Guinée-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Umukuru w’Igihugu yamushimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, anamwizeza ko yiteguye gushimangira umubano ukomeye usanzwe hagati y’u Rwanda na Guinée. Yagize ati: “Ndashimira umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya ku bw’itorwa rye nka Perezida wa Repubulika […]
Rayon Sports yaguze abanyamahanga 3 barimo umunye-Congo

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Mutarama yerekanye abakinnyi babiri b’abanyamahanga yamaze gusinyisha, ngo bazayifashe mu gice cya kabiri cya shampiyona. Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yamaze gusinyisha umunya-Bénin Joachim VIGNINOU. Iyi kipe yavuze ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 y’amavuko ari rutahizamu usanzwe akinisha akaguru […]
Manchester United yirukanye Rúben Amorim

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yirukanye umunya-Portugal Rúben Amorim wari umutoza wayo mukuru. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo iriya kipe yafashe icyemezo cyo kwirukana uriya mutoza. Amorim yirukanwe mu gihe mu ijoro ryacyeye Manchester United yari yaguye miswi na Leeds United igitego 1-1, ibyatumye umusaruro we ukomeza kuba mubi. […]
AFC/M23 yasabye MONUSCO kureka uburyarya bwayo

Umutwe wa AFC/M23 wasabye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kureka uburyarya, nyuma yo kwigira nyoni nyinshi ku gitero cya drone ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ziheruka kugaba mu mujyi wa Masisi. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo FARDC yagabye icyo gitero ikoresheje drone z’intambara, icyiciramo abaturage […]
Perezida Kagame na Tinubu baganiriye ku bibazo bireba Isi

Perezida Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, ku Cyumweru yatangaje ko yahuye na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bakaganira ku bibazo bireba Isi. Tinubu yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Kuri iki gicamunsi, nasangiye ifunguro rya saa sita bwite na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu rwego […]
U Rwanda rwavuze ku bo FARDC yerekanye ibita abasirikare ba RDF

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye kibita abasirikare ba RDF cyafashe atari bo, igaragaza ko ibyakozwe ari ikinamico. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo FARDC yeretse itangazamakuru abantu yise abarwanyi b’abanyamahanga bafatiwe mu bikorwa bya FARDC. Mu bo yerekanye ivuga ko barimo abasirikare barindwi b’u Rwanda barimo […]
Ingabo za Amerika zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo zo mu mutwe udasanzwe z’igihugu cye zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n’umugore we. Trump yemeje ayo makuru mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yavuze ko Maduro yafashwe nyuma y’ibitero ingabo za Amerika zagabye muri Venezuela mu masaha yatambutse. Perezidansi ya […]
FARDC yerekanye ‘abarwanyi b’abanyamahanga’ yafashe

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyeretse abanyamakuru abo kivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga ingabo zacyo zafatiye mu bikorwa ziheruka gukora. FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.” FARDC ntiyigeze itangaza ibihugu abo barwanyi bakomokamo. Icyakora […]
Amerika yagabye ibitero kuri Venezuela

Mu masaha ya kare yo ku ya 3 Mutarama 2026, humvikanye iturika n’indege ziguruka hafi y’ubutaka mu bice bitandukanye bya Venezuela, harimo n’umurwa mukuru Caracas. Abayobozi b’iki gihugu batangaje ko habaye iturika hafi y’ibikorwaremezo bya gisirikare n’ibindi by’ingenzi, bitera ubwoba n’impungenge mu baturage. Nk’uko abanyamakuru ba CBS News n’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
U Burundi buhanze amaso avoka nk’umuti w’ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli cyabuzonze

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riyoboye iki gihugu, bwatangaje ko bwiteze ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kibwugarije kizaba cyamaze gukemuka mu myaka iri hagati y’itatu n’ine iri imbere, biciye mu kugurisha umusaruro wa avoka bwahinze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Réverien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiraniye n’abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. […]
U Burundi buravuga ko buzafungurira umupaka wa Gatumba hamwe n’iy’u Rwanda

Leta y’u Burundi yatangaje ko idateze gufungura vuba umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kwezi gushize ni bwo u Burundi bwafunze uyu mupaka, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nyuma y’icyumweru uriya mutwe […]
Kwizera Olivier yasubiye muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama, yatangaje umunyezamu Kwizera Oliver nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yemeje Kwizera nk’umukinnyi wayo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Biteganijwe ko uyu munyezamu ufatwa nk’umwe mu beza u Rwanda rwagize mu myaka irenga 10 ishize agomba […]
Drones za FARDC zarashe mu mujyi wa Masisi zica abantu

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026 zagabye ibitero bya drone mu mujyi wa Masisi, byicirwamo abaturage. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo ibyo bitero byagabwe hakoreshejwe drone z’intambara. Umujyi wa Masisi biriya bitero byagabwemo umaze umwaka urenga ugenzurwa n’inyeshyamba […]
AFC/M23 yasubije Kinshasa yashinje RDF kwicira muri Kivu y’Amajyepfo abarenga 1,500

Umutwe wa AFC/M23 wateye utwatsi ibirego bya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Ingabo z’u Rwanda gufata mu buryo butemewe uduce two mu burasirazuba bw’icyo gihugu, uvuga ko ibivugwa na Kinshasa ari icengezamatwara rigamije kuyobya abantu. Ku wa Gatatu tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo RDC biciye muri Minisitiri wayo w’Itumanaho akanaba […]
CNDD-FDD yemeje ko u Burundi butavanye ingabo zabwo muri RDC

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri iki gihugu, bwemeje ko butigeze bucyura ingabo bwohereje kurwana mu ntambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ayo makuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Réverien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yagize ati: “Dufite amasezerano atwemerera […]
Leta ya Gabon yahagaritse ikipe y’Igihugu, Aubameyang ayirukanwamo

Guverinoma ya Gabon yahagaritse mu gihe kitazwi ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru y’iki gihugu, rutahizamu Pierre Aubameyang ayirukanwamo burundu. Ni icyemezo Leta yafashe yuma y’umusaruro mubi wagaragaye ku kipe y’Igihugu ya Gabon mu irushanwa ry’Igikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc. Ku wa Gatatu, tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo hasojwe imikino y’amatsinda mu Gikombe […]
Iyicwa rya Gen. Cirimwami n’ifatwa rya Goma: Twibukiranye zimwe muri Operasiyo karahabutaka za M23 muri 2025

Umwaka twasoje wa 2025 waranzwe n’imirwano karahabutaka hagati y’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isiga inyeshyamba zigaruriye ibice byinshi cyane nyuma yo kubyirukanamo ingabo za Leta ya Kinshasa. 2025 itangira M23 n’ingabo za Leta ya Kinshasa bari bamaze imyaka itatu mu mirwano, […]
Perezida Kagame yashimangiye ko adateze kwihanganira icyahungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida Paul Kagame yijeje ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington rwasinyanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ateguza ko rutazihanganira na rimwe icyo ari cyo cyose cyashaka kuruhungabanyiriza umutekano. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku Banyarwanda. Ku wa 4 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame […]
Ndayishimiye yasubiriye u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwibasira u Rwanda mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku baturage b’igihugu cye. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi muri iryo jambo yavuze ko ashimishijwe n’uko igihugu cye kibanye neza n’ibihugu byo mu karere baturanye, usibye u Rwanda yeruye ko bafitanye inzika. Ati: “Ku bireba igihugu cy’u Rwanda, ntitunejejwe […]
Ikosa AFC/M23 yeruriye Amerika ko itakongera gukora

Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko mbere y’uko uvana ingabo zawo mu mujyi wa Uvira, weruriye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko udashobora kongera gukora ikosa ryo kwemerera ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusubira mu gace wavuyemo. Ku wa 17 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yavanye ingabo zawo mu mujyi […]
FARDC yasahuye Umujyi wa Makobola mbere yo kuwuhunga

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi basahuye umujyi wa Makobola wo muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo kuwuhunga. Mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira ku wa 30 Ukuboza ni bwo izo ngabo zakoze ubwo busahuzi. Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta […]
U Burundi bwarashe ibisasu 150 muri Kamanyola: Iperereza

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kamanyola uherereye muri Teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, burashinja Ingabo z’u Burundi kurasa muri uriya mujyi ibisasu bibarirwa mu 150 byahitanye ubuzima bw’abaturage b’abasivile, abandi benshi barakomereka. Kamanyola hari mu hantu habereye imirwano ikomeye yahanganishije ingabo za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zashakaga gufata […]
EU na yo yamaganye amagambo ya Gen. Ekenge

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ku wa Kabiri wamaganye amagambo yibasira Abatutsi aheruka kuvugwa n’umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), usaba Leta ya RDC gukomeza guhangana n’imvugo z’urwango. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Ekenge yavuze amagambo yafashwe nk’ay’urwango ku Batutsi, ubwo yari mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo ya RDC (RTNC). […]
M23 yasubije inyuma FARDC, Wazalendo na FDLR bashakaga kwisubiza Lubaya

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wasubije inyuma igitero cy’Ingabo za Leta ya RDC n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bashakaga kwigarurira agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro ka Lubaya. Amasoko ya BWIZA muri Masisi aravuga ko kuri uyu wa Kabiri impande zombi zaramutse zirwanira mu gace ka Gatugunda munsi ya Bukumbiriri, ku muhanda uhuza […]
Perezida Kagame yahumurije imiryango y’abasirikare bapfuye barwanira igihugu

Perezida Paul Kagame yahumurije imiryango ifite abayo batakaje ubuzima barwanira igihugu, ayizeza ko igihugu kiri kumwe na yo. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yaraye avugiye mu birori byo gusoza umwaka wa 2025. Perezida Kagame yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025 u Rwanda rwageze kuri byinshi ndetse rukaba rwiteze kugera ku bindi nka byo mu […]
U Burusiya burashinja Ukraine kugerageza kurasa ku rugo rwa Putin

U Burusiya ku wa Mbere bwashinje Ukraine kugerageza kugaba igitero ku rugo rwa Perezida Vladimir Putin, burahirira kugisubiza. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Putin yamubwiye iby’icyo bitero, mu kiganiro cyo kuri telefoni bagiranye mu gitondo cyo ku wa Mbere, ndetse ko byamurakaje cyane. Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Kugaba ibitero […]
Iyi ntambara turi hafi kuyitsinda: Gen. Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ihuriro AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yasabye abayoboke baryo gukomeza kuba mu mwuka w’intambara, abasezeranya ko intambara barwanamo na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari hafi kuyitsinda. Makenga yatanze iryo sezerano ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwahuriraga n’abayoboke bayo mu ngoro ndangamurage ya Himbi iherereye […]
Muri ingabo n’inzego z’umutekano nahoze nifuza kugira: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yashimye Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano ku bw’ubunyamwuga, ikinyabupfura ndetse n’umusanzu wazo mu kurinda umutekano w’igihugu, azigaragaza nk’ingabo yahoze yifuza kugira. Ni mu butumwa busoza umwaka wa 2025 Umukuru w’Igihugu yageneye Ingabo n’izindi nzego z’umutekano, ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza. Perezida Kagame yashimiye ba Ofisiye, abagabo n’abagore ba RDF […]
Umunsi Ndayishimiye yerura ko nta mubano yifuza kugirana n’u Rwanda

Mu myaka ibiri ishize Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yagezaga ijambo risoza umwaka wa 2023 ku Burundi, yashinje u Rwanda kugira uruhare mu gitero u Burundi buvuga ko umutwe wa RED-Tabara wagabye mu Gatumba, biba n’intandaro yatumye bufunga imipaka yose yo ku butaka ihuza ibihugu byombi. Gufunga iyi mipaka byakurikiwe n’amagambo asa n’agamije gushotora u Rwanda […]
Abantu ba hafi ya Tshisekedi ni bo bari inyuma y’umutwe wa Mobondo: FARDC

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashinje abantu ba hafi ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi kuba ari bo bari inyuma y’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo. Mobondo ni umutwe byatangiye uteza amakimbirane ashingiye ku butaka muri Teritwari ya Kwamouth mu ntara ya Mai-Ndombe, gusa kuri ubu wamaze guhinduka umutwe w’inyeshyamba ndetse wagura ibikorwa byawo, […]
U Rwanda rwafashe uruhande mu bibazo bya Somalia na Israel

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye umugambi umaze iminsi wo kwitandukanya kwa Somalia n’Intara ya Somaliland, ishimangira ko icy’ingenzi ari ugushyira imbaraga mu nzira y’amahoro n’iterambere hubahirijwe amategeko mpuzamahanga. Guverinoma mu itangazo yaraye isohoye, yavuze ko iri ku ruhande rw’ibyatangajwe n’imiryango irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika Yunze Ubumwe ku birebana n’ikibazo cya Somalia. […]
Tshisekedi yahagaritse Gen. Ekenge nyuma yo kuvuga amagambo yuzuye urwango ku Batutsi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse Général-Major Sylvain Ekenge wari umuvugizi w’Ingabo z’icyo gihugu, nyuma yo kuvuga amagambo yibasira Abatutsi. Amakuru y’ihagarikwa rya Ekenge yemejwe n’Ibiro ntaramakuru bya Congo (ACP). ACP isubiramo umusirikare mukuru ayimenyesha ko Ekenge yahagaritswe amenyeshejwe n’Ibiro bikuru bya gisirikare. Uyu mugabo yahagaritswe nyuma y’uko ku wa […]
U Bubiligi buravuga ko bwashenguwe n’imvugo yibasira Abatutsi ya Gen. Ekenge

Guverinoma y’u Bubiligi yatangaje ko yababajwe cyane n’imvugo yibasira Abatutsi y’umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Sylvain Ekenge. Uyu Ekenge akomeje kwamaganwa no kunengwa n’abantu batandukanye, nyuma y’amagambo arimo ivangura n’urwango aheruka gutangaza ku bantu bo mu bwoko bw’Abatutsi. Uyu mugabo ubwo yari kuri Televiziyo y’Igihugu ya RDC, RTNC, yabwiye abantu […]
Green Party yasoje ibikorwa bigenewe abarwanashyaka byari bimaze amezi 10

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Democratic Green Party of Rwanda, kuri iki cyumweru tariki ya 28 Ukuboza ryasoje ibikorwa birimo inama n’amahugurwa ryari rimaze igihe rikorera hirya no hino mu gihugu. Ni ibikorwa byasorejwe mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo ubuyobozi bwa ririya shyaka bwatangiriye […]
RDC: Abatware gakondo bagiye gushakira mu irimbi imbaraga zo kurinda Tshisekedi n’itsinzi ya FARDC

Abatware gakondo bo mu ntara 26 zigize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bayobotse iy’irimbi mu rwego rwo gushaka imbaraga zo kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi, n’intsinzi ku ngabo za FARDC na Wazalendo bahanganye mu ntambara n’umutwe wa AFC/M23. Ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza ni bwo abo batware gakondo bahuriye mu irimbi rya Gombe riherereye […]
Umunyamakuru Keddy yarongoye (Amafoto)

Manirakiza Mapendo wamenyekanye mu itangazamakuru nka ‘Keddy’, yakoze ubukwe n’umukunzi we Uwamahoro Sarah uzwi nka Salama. Ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza ni bwo aba bombi bakoze ubukwe, mu birori byabereye mu karere ka Rubavu. Ni ibirori byatangiye saa yine z’igitondo aho Keddy yasabye akanakwera Sarah mu busitani bwa Candida buherereye mu murenge wa […]
Imirwano ya AFC/M23 na FARDC mu misozi ya Uvira yafashe indi ntera

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, urusaku rw’amasasu menshi n’iturika ry’ibisasu byumvikanye mu misozi ihanamiye uduce twa Katongo na Kigongo two muri teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Amakuru aturuka hafi y’aho imirwano ibera agaragaza ko abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bari mu mirwano yeruye n’inyeshyamba za Wazalendo bafatanyije ku rugamba n’Ingabo […]
Kigali: Polisi yafashe umugabo wagaragaye amenagura ibirahure by’imodoka z’abantu

Polisi y’Igihugu yemeje ko umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse yafashwe. Polisi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko iperereza rigaragaza ko uwo mugabo afite uburwayi bwo mu mutwe, akaba yahise anoherezwa mu bitaro by’abafite ubu burwayi. Amashusho aheruka gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uwo […]
Umumotari yagonze umupolisi wari mu kazi aramwica

Umupolisi wari mu kazi mu karere ka Kayonza, mu ijoro ryo kuri Noheli yagonzwe n’umumotari birangira atakaje ubuzima. Byabereye mu muhanda w’igitaka wa Buhabwa, uherereye mu Murenge wa Murundi, Akarere ka Kayonza ahagana saa saba z’ijoro. Umuryango wa nyakwigendera PC Habugusenga John, uvuga ko we na mugenzi we bari mu kazi ko kubungabunga umutekano, umumotari […]
M23 yahanuye Sukhoi-25 ya FARDC

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza, yahanuye indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Iyi ndege yahanuriwe mu gace ka Kigongo muri Teritwari ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko iriya ndege yarashwe mu gihe yari yiriwe igaba ibitero […]
Umunyarwanda ayoboye indorerezi za AU mu matora yo muri Centrafrique

Right. Hon. Bernard Makuza wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ayoboye indorerezi umuryango wa Afurika yunze Ubumwe wohereje gukurikirana amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Repubulika ya Centrafrique. Ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza ni bwo Amb. Valentine Rugwabiza uyoboye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) yahuye na Makuza. Ku Cyumweru tariki […]
FARDC yarashe ubwato 2 bwa M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza, zarashe amato abiri y’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Ubwo bwato bwarasiwe ku cyambu cya Kulundu giherereye ku kiyaga cya Tanganyika, mu gace ka Makobola ko muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Drone ya FARDC ni yo […]
Amerika yagabye ibitero muri Nigeria

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zagabye ibitero byinshi byica ku nyeshyamba zo mu mutwe wa Islamic State, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria. Trump mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yijeje ko Amerika izagaba ibitero bishya kuri izo nyeshyamba mu gihe zaba zikomeje […]
Rutshuru: Wazalendo iravugwaho guteka igico M23 igatwika imodoka yayo

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 bari ku burinzi ku muhanda Goma-Rutshuru muri Parike y’Igihugu ya Virunga, biravugwa ko zaguye mu gico zari zatezwe n’abarwanyi ba Wazalendo ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza 2025. Ni igico bivugwa ko izo ngabo zategewe hafi y’agace ka Rumangabo muri Teritwari ya Rutshuru. Amakuru avuga ko ubwo byabaga impande zombi […]
Menya amateka ya Gen. Makenga wujuje imyaka 52 kuri iyi Noheli

Kuri iyi tariki ya 25 Ukuboza 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, Gen. Sultani Emmanuel Makenga, yujuje imyaka 52 amaze avutse. Ubuzima bw’uyu musirikare bwatangiye kuri Noheli ya 1973, ubwo yavukiraga i Nyanzale muri Teritwari ya Masisi nk’uko yagiye abivuga. Makenga yataye ishuri ku myaka 17 ajya mu mutwe w’inyeshyamba wa Rwandan Patriotic Front (RPF […]
Tshisekedi yunamiye FARDC na Wazalendo zaguye ku rugamba

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yunamiye abasirikare bo mu ngabo z’igihugu cye n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo biciwe mu ntambara ikomeje gusakiranya ubutegetsi bwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Tshisekedi yunamiye abo basirikare n’abarwanyi babafasha ku rugamba, mu ijambo rijyanye n’umunsi mukuru wa Noheli yagejeje ku banye-Congo. Ni ijambo yavuze […]
U Rwanda rwavuze kuri Meya wa Kindu waciye imyambaro yanditseho ‘Visit Rwanda’

Umuyobozi w’Umujyi wa Kindu wo mu ntara ya Maniema muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Augustin Atibu Mulamba, yatangaje ko yamaze kubuza burundu kwambara, kugurisha, gutunga no gukwirakwiza imyambaro cyangwa ibirango byose byanditseho ijambo “Visit Rwanda”. Ni icyemezo yatangaje ku mugaragaro mu mpera z’icyumweru gishize, mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo muri ako gace. Uyu mugabo […]
Lt. Col Manirakiza wari wararashwe na M23 yapfuye

Lieutenant-Colonel Patrice Manirakiza wayoboraga batayo ya 18 y’ingabo u Burundi bwari bwarohereje kurwana na AFC/M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza 2025. Uyu ofisiye yaguye mu bitaro bya Tanganyika Care Hospital by’i Bujumbura azize ibikomere, aho yari amaze ibyumweru birenga bibiri arwariye. Ku wa 6 Ukuboza […]
Minisitiri Bizimana yutse inabi umudipolomate waburiye Ndayishimiye ku bubi bw’intambara y’u Burundi n’u Rwanda akomeje kwifuza

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, yutse inabi umuturage w’u Burundi akanaba umudipolomate uheruka kwandikira Perezida Evariste Ndayishimiye amumenyesha ububi bw’intambara akomeje kwifuza hagati y’igihugu cye n’u Rwanda. Perezida Evariste Ndayishimiye n’abantu ba hafi ye bamaze igihe batangaza amagambo gashozantambara ku Rwanda, nyuma y’uko u Burundi bumaze igihe butakaje abasirikare benshi mu ntambara yo […]
The Ben ni umuhanzi w’ikirangirire udakwiye kugereranywa n’undi wese: Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje Mugisha Benjami uzwi mu muziki nyarwanda nka The Ben nk’umuhanzi w’ikirangirire udakwiye kugereranywa n’undi wese. Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, asubiza abakomeje guhanganisha The Ben na Itahiwacu Bruce uzwi mu muziki nka Bruce Melodie. Uyu muyobozi uheruka gushyira indirimbo ‘Police’ ya Bruce […]
Abasirikare ba FDNB baramagana umugambi wo kongera kubambika impuzankano ya FARDC

Abasirikare b’u Burundi bakiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramagana umugambi uhari wo kongera kubohereza ku rugamba bambaye impuzankano y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Umwe mu basirikare b’u Burundi yabwiye impirimbanyi Pacifique Nininahazwe ko mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo aheruka kuvuga ko iki gihugu cyamaze gucyura […]
Ibitaravuzwe ku biganiro byahuje intasi z’u Rwanda n’u Burundi nyuma y’ifatwa rya Uvira

Nyuma gato y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira ku wa 9 Ukuboza 2025, abahagarariye ubutasi bw’u Rwanda n’u Burundi bahuriye mu nama yari igamije gucubya umwuka mubi warimo ututumba hagati y’ibihugu byombi. Amakuru y’iyo nama yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro aheruka guha Televiziyo […]
Senateri Dr. Habineza yatorewe kuyobora amashyaka arengera ibidukikije ku Isi

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Senateri Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba umuyobozi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi (Global Greens). Itorwa rya Senateri Dr. Habineza ryemejwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’amashyaka ya Global Greens, izo nshingano akaba agomba kuzifatanya n’umunya-Suéde, Bodil Valero wongeye gutorwa. Global Greens isobanura Senateri Dr. Frank Habineza nk’umuntu ufite “ubumenyi […]
Trump yavanye ku mirimo ba Ambasaderi barimo uwa Amerika mu Rwanda n’i Burundi

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatangiye guhamagaza abadipolomate basanzwe ari ba Ambasaderi n’abandi bafite imyanya ikomeye muri za Ambasade, mu gihe bwatangiye guhindura imiterere ya dipolomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mahanga. Ni muri gahunda ubu butegetsi bwise “America First” yasize hahamagajwe abadipolomate bagera kuri 30. Ibiro Ntaramakuru The Associated Press by’Abanyamerika, byatangaje […]
Brigade y’abasirikare ba RDF yasoje imyitozo ityaye (Amafoto)

Brigade y’Abasirikare bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), igizwe na ofisiye ndetse n’ abasirikare ku zindi nzego, kuri uyu wa Mbere basoje neza amahugurwa y’amezi ane yo ku rwego rwo hejuru arushaho kubatyaza mu bumenyi mu bya gisirikare. Ni amahugurwa yabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Nasho giherereye mu Karere ka Kirehe. Ibirori byo gusoza […]
Fizi: FARDC na Wazalendo bagabye ibitero kuri M23, ibakubita iz’akabwana

Amakuru ava muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye ibitero kuri AFC/M23, birangira rikubiswe n’inyeshyamba rirahunga. Amakuru avuga ko FARDC na Wazalendo baramutse bagaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 biherereye mu midugudu ya […]