U Rwanda na RDC mu biganiro bishya kwa Trump

Intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuva ku wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira ziteraniye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu nama ya gatatu y’urwego ruhuriweho rw’umutekano rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanye muri Kamena uyu mwaka. Ni inama byitezwe ko ishobora kuba intambwe ikomeye […]
Perezida ushaje kurusha abandi ku Isi yongeye gutsinda amatora

Komisiyo ishinzwe amatora muri Caméroun, yatangaje ko umukambwe Paul Biya umaze imyaka 43 ayobora iki gihugu ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu minsi umunani ishize. Iyi Komisiyo yatangaje ko Biya w’imyaka 92 y’amavuko yatsinze ku majwi ari hagati ya 53 na 54%, ibivuze ko uyu Perezida ukuze kurusha abandi ku Isi agomba gukomeza […]
Kicukiro: Polisi yataye muri yombi abanyeshuri b’abanyamahanga bakomerekeje abamotari

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri Kaminuza UNILAK bakubise bakanakomeretsa abamotari babiri. Ni urugomo abo basore bakoreye mu murenge wa Gatenga, mu karere ka Kicukiro. Polisi y’Igihugu ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko “abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi Kicukiro, mu gihe turimo gukorana n’inzego zibishinzwe […]
Pyramids FC igiye kugaruka mu Rwanda

Ikipe ya Pyramids FC yo mu Misiri igiye kugaruka i Kigali, aho igomba gukinira umukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya Champions League. Ni umukino iyi kipe igomba kwakirwamo na Ethiopia Insurance yo muri Ethiopia ku wa 26 Ukwakira, mbere y’uwo kwishyura uzabera i Cairo mu Misiri ku itariki ya 1 Ugushyingo. Mu busanzwe uyu mukino […]
Ingabo z’u Burundi zahaye Twirwaneho nyirantarengwa yo kuba yamaze kuva mu Mikenke

Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko ingabo z’u Burundi zamaze guha umutwe witwaje intwaro wa Twirwaneho igihe kitarenze amasaha 24, ngo ube wamaze kuva mu gace ka Mikenke ko muri Komine Minembwe. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Ingabo z’u Burundi zamaze gushinga imbunda ziremereye mu gace ka Mikarati, zifite ubushobozi bwo […]
M23 na FARDC mu mirwano ikaze muri Nyabyondo

Imirwano ikaze kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira, yaramutse ijya mbere hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi muto wa Nyabyondo uherereye muri Teritwari ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru avuga ko guhera saa saba z’ijoro, inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande […]
Ndayishimiye yasabye igihugu cy’igihangange kumuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi biravugwa ko yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n’u Rwanda, mu rwego rwo guhosha umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. Mu Ukuboza 2023 ni bwo umwuka wongeye kuba mubi hagati y’u Burundi n’u Rwanda, nyuma y’uko Gitega ishinje Kigali ku mugaragaro kugira uruhare mu bitero umutwe wa RED-Tabara wagabye […]
Ramaphosa yaburiye Tshisekedi ko ashobora gukorerwa coup d’état azira Kabila

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yaburiye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko ashobora gukorerwa coup d’état, mu gihe yaba yishe Joseph Kabila Kabange yasimbuye ku butegetsi. Ni ubutumwa Ramaphosa yahaye Tshisekedi mu kwezi gushize, ubwo yari yagiye muri Afurika y’Epfo aho yari yitabiriye ibiganiro bigamije guhosha umwuka uri […]
Ba Ofisiye 16 bafunzwe bakekwaho gushaka gukorera coup d’état Perezida Bola Tinubu

Abasirikare 16 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bakuru mu ngabo za Nigeria, bafunzwe bakekwaho kugerageza guhirika ku butegetsi Perezida Bola Ahmed Tinubu w’iki gihugu. Ikinyamakuru Sahara Reporters kivuga ko aba basirikare bafite amapeti guhera ku rya Captain kugeza ku rya Brigadier General, batawe muri yombi bigizwemo uruhare n’Urwego Rushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare muri Nigeria […]
Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi yageze i Kinshasa ahita atabwa muri yombi

Umunyapolitiki Seth Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu akigera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili i Kinshasa. Amakuru y’itabwa muri yombi rye yemejwe na mugenzi we Claude Lubaya, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Lubaya yagize ati: […]
U Rwanda na Sénégal byasinyanye amasezerano 5 y’ubufatanye

U Rwanda na Sénégal kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ukwakira, byasinyanye amasezerano atanu y’ubufatanye. Umuhango wo gusinya aya masezerano wayobowe na Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Amasezerano u Rwanda na Senegal byasinyanye arimo ayerekeye ubufatanye mu bijyanye […]
Ibitaravuzwe ku biganiro by’ibanga Ndayishimiye aheruka kugiranira na AFC/M23 i Bujumbura

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ntangiriro z’uku kwezi yakiriye anagirana ibiganiro by’ibanga n’intumwa z’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23. Ni ibiganiro byabereye mu mujyi wa Bujumbura. Africa Intelligence ivuga ko muri ibyo biganiro, intumwa za AFC/M23 zaburiye Perezida w’u Burundi ku ngaruka ashobora guhura na zo mu gihe yaba akomeje gushyigikira Kinshasa. […]
Lourenço yashimangiye ko FDLR ari izingiro ry’umutekano muke wo muri RDC

Perezida João Lourenço wa Angola, yatangaje ko yizeye ko irandura “ry’ibyago by’ubuzima bikomeje kubangamira RDC n’u Rwanda” rizafungura inzira igana ku mahoro akomeye kandi arambye mu karere k’ibiyaga bigari. Lourenço yabigarutseho mu ijambo aheruka kugeza ku banya-Angola abagaragariza uko igihugu cyabo cyifashe muri iki gihe. Muri iri jambo yavuze ku wa Gatatu tariki ya 15 […]
Zelenskyy wari witeze missile za Tomahawk yavuye kwa Trump imbokoboko

Perezida Volodymir Zelenskyy wa Ukraine yavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika imbokoboko, mu gihe yari yiteze ko zimuha missile karundura zo mu bwoko bwa Tomahawk zo kumufasha kurasa u Burusiya. Zelenskyy yari muri White House aho yakiriwe akanagirana ibiganiro na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Perezida wa Ukraine yatangaje […]
Perezida Bassirou Diomaye Faye ari mu ruzinduko mu Rwanda

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Sénégal yamaze kugera i Kigali, aho yatangiriye uruzinduko rw’akazi azamaramo iminsi itatu mu Rwanda. Perezida Faye wasuye u Rwanda ku nshuro ya mbere, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali yakiriwe mu cyubahiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame ari na we wamutumiye. Uruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu cya Sénégal […]
Umukwabu wa M23 muri Nyiragongo wafatiwemo abatari bake

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Ukwakira, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bakoze umukwabu mushya muri Teritwari ya Nyiragongo iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru wasize bataye muri yombi abatari bake. Amakuru avuga ko uyu mukwabu wabereye mu mudugudu wa Ngangi 3, mu gace ka Munigi ho mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma. […]
Col. Randrianirina yarahiriye kuyobora Madagascar nyuma yo guhirika Perezida Rajoelina

Colonel Michael Randrianirina, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 yarahiriye kuyobora Madagascar, nyuma yo guhirika ku butegetsi Andry Rajoelina wari umaze imyaka 16 ari Perezida w’iki gihugu. Randrianirina yarahijwe n’Urukiko Rukuru rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga. Uyu mugabo waherukaga gusaba abasirikare kutarasa abaturage barimo bigaragambiriza ubutegetsi bwa Rajoelina, nyuma yo kurahira yahise yambikwa umudali uzwi […]
Ibiganiro ku guhana imfungwa hagati ya RDC na AFC/M23 bikomeje kuba imberenge

Nyuma yo gusinyana amasezerano yo gushyiraho urwego rugomba gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23, impande zombi zikomeje ibiganiro bikomeje kubera i Doha muri Qatar. Kuri iyi nshuro impande zombi ziri kuganira ku ngingo yo guhererekanya imfungwa, nyuma y’ukwezi kumwe zemeranyije gushyiraho urwego rushinzwe gukurikirana iriya gahunda. […]
Israel yivuganye Gen. Mohammed Abdulkarim al-Ghamari

Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko cyishe Maj. Gen Mohammed Abdulkarim al-Ghamari wari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa Houthi wo muri Yemen. IDF mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko yishe uriya mugabo mu bitero ingabo zayo zirwanira mu kirere zagabye ku bayobozi bakuru ba Houthi mu mpera za Kanama uyu mwaka. […]
Sadate wifuzaga ko Abanye-Congo bajya basukura imisarane yo mu Rwanda yasabye imbabazi

Umushoramari Munyakazi Sadate yasabye imbabazi, nyuma y’amagambo atakiriwe neza aheruka gutangaza ku baturage b’ibihugu by’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amagambo yatumye Sadate yotswa igitutu yayatangaje ku wa 12 Ukwakira, ubwo yaganirizaga urubyiruko rwari rwitabiriye Inteko Rusange y’Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, mu murenge wa Gatenga w’akarere ka Kicukiro. Yabwiye urubyiruko rwari […]
Perezida Kagame yafashe mu mugongo umuryango wa Raila Odinga n’abanya-Kenya

Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo umuryango wa Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya ndetse n’abaturage b’iki gihugu, nyuma y’urupfu rw’uriya mukambwe rwabaye ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira. Odinga wari ufite imyaka 80 y’amavuko yaguye i Mumbai mu Buhinde aho yari yagiye kwivuza uburwayi butaramenyekana. Perezida Paul Kagame abinyujije ku rubuga […]
Indege yagiye gutwara umurambo wa Raila Odinga yaciye agahigo

Indege ya Sosiyete ya Kenyan Airways yagiye gutwara umurambo w’umunyapolitiki Raila Odinga, yaciye agahigo ko kuba iya mbere yakurikiranirwaga hafi n’abantu benshi ku rubuga rwa Flightradar24. Ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira ni bwo Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya yapfuye ku myaka 80 y’amavuko. Yaguye mu Buhinde. Indege yagiye gutwara umurambo we […]
AU yahagaritse Madagascar nyuma yo kubamo coup d’état

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wahagaritse Madagascar, kubera ihirikwa ry’ubutegetsi riheruka kuba muri iki gihugu cy’ikirwa giherereye mu nyanja y’Abahinde. AU yafashe iki cyemezo mu gihe Colonel Michael Randrianirina uyoboye abasirikare bahiritse ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina azarahirira kuyobora Madagascar mu buryo bw’inzibacyuho, ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira. Uyu muryango ku wa Gatatu […]
Umukire Sadate mu nzozi z’uko Abarundi bazajya bakubura imihanda y’u Rwanda, abanye-Congo bakoza ubwiherero

Rwiyemezamirimo Munyakazi Sadate akomeje kunengwa n’abatari bake bakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma y’amagambo atakiriwe neza yavuze ku baturage batuye mu bihugu bikikije u Rwanda. Amagambo akomeje gutuma Sadate yibasirwa yayatangaje ku wa 12 Ukwakira, ubwo yaganirizaga urubyiruko rwari rwitabiriye Inteko Rusange y’Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, mu murenge wa Gatenga w’akarere ka Kicukiro. Yabwiye urubyiruko […]
Abarimo Kabila bashinze umutwe utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinze umutwe wa Politiki ugamije kumurwanya bise ‘Mouvement Sauvons la République Démocratique du Congo’. Uyu mutwe washingiwe i Nairobi muri Kenya, aho aba banyapolitiki barangajwe imbere na Joseph Kabila Kabange wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019 bari bamaze iminsi […]
U Rwanda rwatesheje agaciro ibinyoma byibasiye Minisitiri Nduhungirehe

Guverinoma y’u Rwanda yatesheje agaciro itangazo ry’irihimbano ryacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, rivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yaba ari gukorwaho iperereza ku byaha bifitanye isano n’imyitwarire mibi. Iryo tangazo rihimbano ryari ryitiriwe Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ryavugaga ko Minisitiri Nduhungirehe yahamagajwe n’inzego z’ubutabera kandi yahagaritswe by’agateganyo ku mirimo ye nyuma yo kurangwaho imyitwarire […]
RDC yarashe bikomeye M23 nyuma y’amasaha make bumvikanye agahenge

Umutwe wa AFC/M23 washinje Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurasa mu buryo bukomeye ibirindiro byawo, nyuma y’amasaha make impande zombi zemeranyije gushyiraho urwego rwo kugenzura agahenge muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo. AFC/M23 yemeje ko yagabweho ibi bitero biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. Abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “Ihuriro […]
Joseph Kabila yahurije abatavuga rumwe na Tshisekedi i Nairobi

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Nairobi muri Kenya aho bari mu mwiherero bahurijwemo na Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa RDC. Izi nama z’iminsi ibiri zigamije gushyiraho umurongo mushya w’uburyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakorana, hagamijwe “gutanga umusanzu mu kubaka amahoro muri Repubulika […]
Amerika yashimye ubwumvikane RDC na AFC/M23 byagezeho

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimye ubwumvikane bwo gushyiraho urwego rwo kugenzura ihagarikwa ry’imirwano Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 bagezeho. Ku wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira ni bwo impande zombi zemeranyije gushyiraho ruriya rwego, nyuma y’icyiciro cya gatandatu cy’ibiganiro zagiranye ku wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025. Urwo […]
Abasirikare kabuhariwe ba Madagascar bakoze Coup d’état

Umutwe w’abasirikare badasanzwe ba Madagascar, kuri uyu wa Kabiri watangaje ko wakuyeho ubutegetsi bw’iki gihugu. Uyu mutwe wabitangaje nyuma y’imyigaragambyo yari imaze iminsi mu guhugu yatumye Perezida Andry Rajoelina ahunga. Umutwe wa CAPSAT nyuma yo guhirika ubutegetsi wahise uhagarika inzego zose z’ingenzi mu gihugu, gusa utanga isezerano ry’uko muri iki gihugu hagomba kuba amatora mu […]
Dr. Frank Habineza yatorewe kuba umusenateri

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Dr. Frank Habineza, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira yatorewe kuba Umusenateri. Dr. Habineza wamaze igihe kirekire ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, we na mugenzi we Nkubana Alphonse wo mu ishyaka PSP batorewe mu Nteko Rusange y’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe […]
Gen. Bunyoni yagiye muri ‘Coma’

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Gen. Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu yamaze kujya muri ‘Coma’. Bunyoni yagiye muri Coma nyuma y’iminsi itanu avanwe muri gereza yari afungiwemo akajyanwa kuvurizwa mu bitaro bikuru bya Gutega. Ubwo yajyanwaga muri ibi bitaro na bwo amakuru yavugaga ko atashoboraga kubona, kuvuga cyangwa kumva. […]
Umuhuro w’ibanga wa Kabila na bakeba ba Tshisekedi i Nairobi

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahurije i Nairobi abanyapolitiki batandukanye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wamusimbuye ku butegetsi. Kabila agiye guhuza aba banyapolitiki mu ibanga, nyuma y’ibyumweru bibiri ubutegetsi bw’i Kinshasa bumukatiye urwo gupfa nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe […]
Perezida Andry Rajoelina yavuze icyamuteye guhunga

Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar yatangaje ko yafashe icyemezo cyo guhunga iki gihugu, kuko yabonaga hariho umugambi wo kumwica. Rajoelina yabitangaje mu ijambo yagejeje ku banya-Madagascar, nyuma y’amasaha make ahungishijwe n’indege y’igisirikare cy’u Bufaransa ikamujyana ahantu hatazwi. Amakuru avuga ko Rajoelina yavuye muri Madagascar ku Cyumweru gishize yerekeza muri Réunion, aho yaje kuva akerekeza ahantu […]
Intego y’uruzinduko rw’iminsi 6 mu Rwanda rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, ari mu Rwanda aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itandatu. Lieutenant General Mamat O.A. Cham ari mu Rwanda kuva ku itariki ya 12 kugeza ku ya 17 Ukwakira 2025. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko intego y’uruzinduko rwe ari ugushimangira ubufatanye mu bya gisirikare […]
Perezida Andry Rajoelina yahungishijwe n’indege y’igisirikare cy’u Bufaransa

Ku cyumweru tariki ya 12 Ukwakira 2025, Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yajyanywe mu ibanga n’indege ya gisirikare y’u Bufaransa, nyuma y’amasezerano yihariye yagiranye na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Rajoelina yabanje kujyanwa na kajugujugu ku kirwa cya Sainte-Marie, Aho yafatiye indege ya gisirikare y’Abafaransa ikamujyana muri La Réunion (ikirwa cy’Abafaransa kiba mu nyanja y’u […]
Hamas yashyikirije Israel imbohe nzima zayo zose yari ifite

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko umutwe wa Hamas wamaze gushyikiriza kiriya gihugu imbohe nzima zacyo zose wari ufite, nyuma y’imyaka ibiri ziri mu maboko yawo. Hamas yari yarashimuse ziriya mbohe ku wa 7 Ukwakira 2023, ubwo yagabaga igitero mu majyepfo ya Israel. Ni imbohe zirimo impanga: Ziv na Gali Berman, muri iki gitondo zafotorewe […]
RIB yafunze abakozi 2 ba RBC

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze abakozi babiri bakora mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) na rwiyemezamirimo akaba na nyir’ikigo cy’ubucuruzi cyitwa Paramount Company, bakurikiranweho ubufatanyacyaha ku cyaha cyo gusaba, kwakira no gutanga indonke no gukoresha inyandiko itavugisha ukuri. Umuvugizi wa RIB Dr. Murangira B Thierry, yatangaje ko abafashwe ari Uwawe Olivier ushinzwe ikoranabuhanga […]
Bite bya Perezida Andry Rajoelina abaturage be n’abasirikare bamaze gukuraho amaboko?

Urujijo ruracyari rwose muri Madagascar, nyuma y’iminsi ibiri muri iki gihugu kigizwe n’ikirwa giherereye mu nyanja y’Abahinde hatangiye igisa no guhirika ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina. Perezidansi y’iki gihugu mu itangazo yasohoye ku Cyumweru tariki ya 12 Ukwakira, yavuze ko hari “ibyago byugarije ubuzima bwa Perezida wa Repubulika”, gusa kugeza ubu aho Perezida Rajoelina aherereye […]
Madagascar: Abasirikare biyunze ku bigaragambya bamagana Leta

Itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo za Madagascar kuri uyu wa Gatandatu ryiyunze ku baturage b’iki gihugu, ryifatanya na bo mu myigaragambyo bamaze iminsi bakora bamagana Leta. Ku wa 25 Nzeri ni bwo muri Madagascar hatangiye imyigaragambyo yatangijwe n’itsinda ry’urubyiruko ruzwi nka Gen Z, bamagana ibura ry’amazi ndetse n’amashanyarazi. Mu minsi mike ishize imyigaragambyo yafashe indi […]
Gen. Ndaywel wahoze ari ntasi nkuru ya FARDC yagerageje kwiyahura

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Général-Major Christian Ndaywel wahoze akuriye ubutasi bwa gisirikare muri iki gihugu yagerageje kwiyahurira aho afungiye. Umunyamakuru Steve Wembi yatangaje ko yahawe amakuru y’uko Ndaywel yagerageje kwiyahurira mu nzu y’ibanga (Safe House) y’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (DEMIAP), kuko “yicuza kuba yarijejwe ibidashoboka nyuma yo kubera […]
Algérie yageneye igisirikare cyayo ingengo y’imari ya mbere nini mu mateka

Algérie yageneye igisirikare cyayo ingengo y’imari ingana na miliyari 25 z’amadorali, biba ubwa mbere kigiye gukoresha amafaranga angana gutya. Iyi ngengo y’imari irangana na 20% y’iyo iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika kizakoresha mu mwaka utaha wa 2026, dore ko giteganya miliyari 135. Algérie yageneye igisirikare cyayo ingengo y’imari kitigeze gikoresha na rimwe mu […]
RDC yijunditse ‘EU yanze gushyira igitutu ku Rwanda’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yikomye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi awuhora ngo kuba waranze gushyira igitutu ku Rwanda. Kayikwamba mu kiganiro aheruka guha ikinyamakuru EUObserver, yashinje EU kugira indimi ebyiri biciye muri Politike yayo y’ibihano. Yagize ati: “Urebye uburyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wihutira gufata ibyemezo byo gushyiraho […]
Ntabwo twavuga ngo ntakundi, hari ukundi byakorwa kandi bizanakorwa: Mukazayire nyuma y’intsinzwi y’Amavubi

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko hari ibigomba gukorwa kugira ngo mu bihe biri imbere Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ izajye ibona intsinzi. Minisitiri Mukazayire yabigarutseho nyuma y’umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 Amavubi yaraye atsinzwemo na Les Guépards ya Bénin igitego 1-0. Igitego cyo ku munota wa 80 w’umukino cya rutahizamu Tosin […]
Maj. Gen. Ruvusha yasoje inshingano i Cabo Delgado

Maj Gen Emmy K. Ruvusha wari Umuyobozi w’Inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira yashyikirije ku mugaragaro inshingano z’ubuyobozi Maj Gen Vincent Gatama wamusimbuye, nyuma y’umwaka ayobora ibikorwa bigamije guhashya ibikorwa by’iterabwoba muri iyi ntara. Guhererekanya ubuyobozi byabereye ku Cyicaro gikuru cy’Inzego z’umutekano z’u […]
FARDC yasabye FDLR kwishyikiriza ubuyobozi bwa RDC cyangwa MONUSCO

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyasabye abarwanyi b’umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi bakishyikiriza inzego za Leta ya Congo cyangwa MONUSCO (Ubutumwa bwa Loni muri RDC), kugira ngo bacyurwe mu Rwanda. FARDC yahaye FDLR ubu busabe, nyuma y’amasezerano y’amahoro Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zasinyanye muri Kamena uyu […]
Col. Rwagasana yagizwe Umuyobozi wungirije w’Ibiro bya Perezida

Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira, yagize Col. Regis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’lbiro bya Perezida wa Repubulika. Itangazo Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yasohoye mu izina rya Perezida wa Repubulika ni ryo ryemeza ibya ririya shyirwaho. Col. Rwagasana agomba kungiriza Dieudonné Gatete wagizwe Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu kwezi gushize. Viviane […]
U Rwanda na Iran byaganiriye uko byashimangira ubufatanye

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, ku wa Gatatu tariki ya 8 Ukwakira yahuye na Visi-Perezida wa Iran akanaba Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubuziranenge muri kiriya gihugu, baganira uko ibihugu byombi byafatanya. Minisitiri Sebahizi na Farzaneh Ansari, bahuriye iruhande rw’Inama y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubuziranenge (ISO) yaberaga i Kigali. Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje […]
Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru wa SSPDF, asubizaho uwo yaherukaga kwirukana

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, yirukanye uwari Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu (SSPDF), asubizaho mugenzi we yari yirukanye mu mezi atatu ashize. Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru muri Sudani y’Epfo, ku wa Gatatu w’iki cyumweru rwatangaje ko Perezida Kiir yashyizeho Gen. Paul Nang Majok ngo asimbure Gen. Dau Aturjong ku nshingano z’Umugaba Mukuru w’Ingabo. Nta […]
Mu minsi mike cyane turajya gufata Uvira: Gen. Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général-Major Sultani Emmanuel Makenga, yateguje ko mu minsi mike iri imbere uriya mutwe uzigarurira Umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Makenga yahaye ubwo butumwa abatuye mu gace ka Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo, abinyujije muri Guverineri w’iriya ntara, Patrick Busu Bwa Ngwi Nshombo. Uyu muyobozi […]
APR FC yahagaritse Mamadou Sy na Dauda Yussif

Ikipe ya APR FC yamaze guhagarika mu gihe kingana n’iminsi 30 umunya-Maurtania Mamadou Sy ndetse n’umunya-Ghana Yussif Dauda, kubera imyitwarire idakwiye bagaragaje ubwo iyi kipe yari mu Misiri aho yari yitabiriye umukino wa CAF Champions League yasezerewemo na Pyramids FC. Aba bakinnyi bombi bashinjwa kuba barasohotse mu mwiherero nta ruhushya bahawe, ibyatumye batanakinishwa uriya mukino […]
Inshuro byibura 4 Tshisekedi yeruye ko azatera u Rwanda, agahirika Kagame yise ‘Hitler’

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane tariki ya 9 Ukwakira ubwo yari i Bruxelles mu Bubiligi yatangaje ko nta na rimwe yigeze agaragaza imyitwarire yo kuba yashoza intambara ku Rwanda, Uganda cyangwa se ikindi gihugu mu icyenda bituranye na Congo Kinshasa. Tshisekedi wari witabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba […]
FARDC na Wazalendo baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo basanzwe bakorana, baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga uherereye muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka muri uyu mujyi avuga ko imirwano y’impande zombi yamaze amasaha menshi. Ni imirwano bivugwa ko yubuye nyuma y’uko Wazalendo zari zimaze kurasa […]
Umugore wa Col. Besigye yannyeze Uganda kubera u Rwanda

Winnie Byanyima, umugore w’umunyapolitiki Col. Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yasabye Abanya-Uganda kwireba mu ndorerwamo nyuma y’amasezerano y’inkunga u Rwanda rwasinyanye na Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ku wa Kane tariki ya 9 Ukwakira ni bwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yahuye na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula Von […]
Umuntu ugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa na we aba afite ikibazo: P. Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nta muntu ukwiriye kugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa, ko ahubwo icyiza ari ukuyireka igatambuka cyangwa ukayibisa. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Ukwakira, nyuma y’amasaha make Tshisekedi amusabiye i Bruxelles mu Bubiligi “gutegeka ingabo za M23 guhagarika ubushyamirane”. Tshisekedi ubwo yagezaga ijambo ku bakuru […]
U Rwanda rwamaganye Tshisekedi washinje ibinyoma akanasebya Perezida Kagame

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamaganye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifashishije inama ya Global Getaway Forum mu gutangaza ibinyoma kuri Perezida Paul Kagame ndetse no kumusebya. Nduhungirehe yasubizaga ku magambo Tshisekedi yavugiye i Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, aho yasabiye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo za […]
Tshisekedi yinginze Perezida Kagame ngo ategeke Ingabo za M23 kureka gukomeza intambara

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo z’umutwe wa M23 kureka gukomeza intambara” uhanganyemo n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Tshisekedi yabisabiye i Bruxelles mu Bubiligi, aho we na Perezida Paul Kagame bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye […]
Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu Bubiligi

Perezida Paul Kagame ari i Bruxelles mu Bubiligi, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye ku bukungu. Iyi nama yitwa Global Gateway Forum 2025 iri kuba ku nshuro ya kabiri. Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga imirimo y’iriya nama, Perezida Paul Kagame yayihuriyemo n’abarimo Perezida Félix Antoine […]
Ingabire Marie Immaculée wayoboraga Transparency International yapfuye

Ingabire Marie Immaculée wari umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda), yapfuye azize uburwanyi. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’umuryango Transparency International, mu butumwa wanyujije ku rubuga rwawo rwa X. Wagize uti: “Tubabajwe cyane no gutangaza urupfu rw’umuyobozi mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée wapfuye mu gitondo cyo kuri […]
Perezida Kagame yaganiriye n’umujyanama mukuru wa Trump

Perezida Paul Kagame yahuye anagirana ibiganiro na Massad Boulos, umujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo bya Afurika. Perezidansi y’u Rwanda (Village Urugwiro) yatangaje ko ibiganiro byabo “byibanze ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu guteza imbere amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, ndetse no ku muhate u Rwanda rukomeje kugaragaza […]