Ismael Mwanafunzi n’umugore we bibarutse

Umunyamakuru wa RBA mu biganiro bicukumbuye no gusoma amakuru, Ismael Mwanafunzi n’umugore we Claudine bibarutse imfura yabo y’umuhungu kuri uyu wa mbere w’iki cyumweru. Kuri uyu wa 11 Werurwe 2024 nibwo hamenyekenye amakuru ko uyu munyamakuru n’umugore we Mahoro Claudine bibarutse imfura y’umuhungu. Aya makuru yahamijwe n’umwe mu bari hafi y’uyu muryango ubwo yaganiraga na […]

Umuryango wa Dani Alves wavuze ku byo kuba yiyahuriye muri gereza

Nyuma y’uko umunyabigwi wa FC Barcelona, Dani Alves akatiwe gufungwa imyaka ine n’igice muri gereza azira gufata ku ngufu, hari amakuru yavuzwe ko yaba yiyahuriye muri gereza. Ku rubuga rwa X yahoze yitwa Twitter niho hasakaye amakuru avuga ko Dani Alves yaba yiyahuriye muri gereza afungiyemo yo muri Esipanye. Umunyamategeko wa Daniel Alves ahakana ayo […]

John Cena yaje yambaye ubusa buri buri mu bihembo bya Oscar2024

whatsapp_image_2024-03-11_at_07.14_44_61c36245.jpg

John cena wamenyekanye mu mukino wo gukirana uzwi nka ‘Kaci’ (WWE) yaserutse ku rubyiniro yambaye ubusa mu bihembo bya Oscar 2024 byatanzwe mu ijoro ryakeye. Mu ijoro ryakeye nibwo muri Amerika hatanzwe ibihembo bya Oscar 2024 ku nshuro ya 96 aho byahawe abakinnyi bitwaye neza muri sinema mu mwaka washize wa 2023. Muri ibi birori, […]

Perezida Kagame yateye inyota Rocky Kimomo yo gushaka umugore

Uwizeyimana Marc wamenyekanye nka Rocky Kimomo mu mwuga wo gusobanura filime mu kinyarwanda, yongeye kugaragaza inyota yo gushinga urugo nyuma y’ubutumwa bwa Perezida Kagame agaruka ku buryo umugabo utagira umugore ahura n’ingorane. Ku munsi w’ejo hashize nibwo ku isi hose hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’abagore aho mu Rwanda wizihijwe muri Convention Center. Muri uyu muhango, Perezida […]

Rayon Sports ikubitiwe mu rugo na APR FC

APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0 bya Niyigena Clement Clement na Niyibizi Ramadhan bahita bayirusha amanota 13 ku rutonde rwa shampiyona. Ni mu mikino Rayon Sports yari yakiriyemo APR FC kuri Kigali Pelé Stadium ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Werurwe 2024. APR FC yagiye gukina ari yo iyoboye urutonde […]

Abarundi banze gukina bambaye Vist Rwanda

Ikipe ya Dynamo BBC yo mu Gihugu cy’u Burundi yanze kwambara imyenda iriho Visit Rwanda muri Afurika y’Epfo. Amakuru avuga ko iyi kipe yabujijwe n’abayobozi bakuru muri Politiki i Bujumbura. Iyi kipe iraza gukina saa Moya z’ijoro zo kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko itari bujye ku kibuga yambaye imyenda iriho Vist Rwanda. Ishyirahamwe ry’umukino […]

Amabere ya Kim Kardashian yakubitishije Francis Ngannou imbere ya Anthony Joshua

4dd1ae07-5742-4a72-ba25-baf6da7d33a9.jpg

Uwahoze ari umugore wa Kanye West, Kim Kardashian arashinjwa n’abafana kubera Francis Ngannou icyigusha ndetse bikaza kumuviramo gukubitwa na Anthony Joshua mu murwano wabereye muri Saudi Arabia. Mu ijoro ryakeye nibwo Anthony Joshua yaraye akubise Francis Ngannou mu murwano wari wahuruje imbaga nyamwinshi zaturutse imihanda yose. Uyu mukino warebwe na José Mourinho wahoze atoza ikipe […]

Umutoza wa Rayon Sports yashyamiranye n’abanyamakuru mu myitozo

Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, Julien Mette yagaragaye afite umujinya w’umuranduranzuzi aho yawuturaga ibikoresho byose abonye. Mu myitozo yo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Werurwe 2024 itegura umukino wo ku munsi w’ejo na APR FC, umutoza yagaragaye atishimye afite umujinya. Ni imyitozo ubuyobozi bwari bwatumiyemo abanyamakuru ariko umutoza Jullien Mette yabasohoye shishi […]

Yosefu yimye Mukapotifari wamuhamagaje mu cyumba yambaye ubusa

Bibiliya itubwira inkura y’umugore wa Potifari wari umutware w’ingabo za Farawo washatse gusambanya umwana w’umusore uzwi nka Yosefu wabyawe na Yakobo. Yosefu umwana wa Yakobo yabyaranye na Rasheli, yaje gutoneshwa na se kugeza aho bene se 11 bamugiriye ishyari bahita bamugurisha muri Egiputa. Ubwo yagurishwaga muri Egiputa, Yosefu yaje kwisanga kwa Potifali wari umutware w’ingabo […]

Nabonye ikintu Perezida Kagame agaya ntigihinduke, yariyakiriye: Rev Dr Antoine Rutayisire

Rev Dr Antoine Rutayisire uri mu kiruhuko cy’izabukuru avuga ko siporo yo mu Rwanda ari cyo kintu Perezida Kagame yagiyemo nticyahinduka bikarangira na we yiyacyiriye nk’abandi banyarwanda bose. Iterambere rya siporo mu Rwanda rigerwa ku mashya bitewe n’umusaruro uvamo. Abenshi bemeza ko nta siporo yo mu Rwanda. Siporo yo mu Rwanda yasubiye inyuma ku rwego […]

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Musevini yabazwe umutima abura ayo kwishyura ibitaro

catherine-kusasira.webp

Umuhanzi akaba n’Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu mujyi wa Kampala, Catherine Kusasira yaremerewe no kwishyura ibitaro nyuma yo kubagwa umutima. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru nibwo uyu mugore yasohotse mu gihugu agiye kubagwa umutima nyuma y’uko umuteye ibibazo by’ubuhumekero. Catherine Kusasira yabazwe ku wa Gatatu tariki ya 6 Werurwe 2024, aho kubagwa kwe […]

Inkoni yaba iri kurisha mu bakinnyi ba Inyemera WFC

Ikipe ya Inyemera Women Football Club yavuze ku byo kudahemba abakinnyi maze ikabakubitira kujya mu myitozo. Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 7 Werurwe 2024, ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse amakuru avuga ko mu ikipe ya Inyemera WFC harimo ubukene bukabije ndetse ko n’inkoni yari iri kurisha. Amakuru yavugaga ko abakinnyi banze kujya mu myitozo batari […]

Lionel Messi yakijije umukecuru wari ugiye kwicwa n’abarwanyi ba Hamas

giicn-fwqaago4w.jpg

Izina rya kizigenza Lionel Messi ryakijije umukecuru w’imyaka 90 wari ugiye kwicwa n’abana be bagashimutwa n’abarwanyi bagize umutwe wa Hamas muri Gaza. Mu gitondo cyo ku munsi w’ejo hashize tariki ya 7 Werurwe 2024 nibwo abarwanyi ba Hamas bateye urugo rw’uyu mukecuru ruri muri Israel mu gace ka Nir Oz bashaka kumujyana muri Gaza mu […]

Ibice10 by’abakobwa biza imbere mu gukurura abagabo

Buri musore wese cyangwa umugabo usanga afite ibice runaka bimukurura ku mubiri w’umukobwa runaka bahuye cyangwa babana muri sosiyete atauyemo. Ibi ni byo bice 10 by’umubiri ku mukobwa bishobora gukurura abagabo bigatuma amarangamutima yabo azamuka bakaba banabibagaragariza mu ruhame. 10. Ibirenge; abagabo bakunda kwitegereza cyane ibirenge by’abakobwa, ni nayo mpamvu uzasanga igitsinagore kita kuri buri […]

Killaman yakoze ubukwe bwa Miliyini 60 Frw

Umukinnyi wa filime Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman muri sinema nyarwanda, yakoze ubukwe bwa Miliyoni 60 z’amafaranga y’u Rwanda. Killaman yakoze ubukwe n’umugore we Umuhoza Shemsa nyuma y’imyaka igera ku munani babana mu buryo butemewe n’amategeko. Ubukwe bw’uyu mukinnyi wa Filime bwavugishije benshi ku mbuga nkoranyamba kubera ukuntu bwagenze n’uko bwari buteguye. Ku mbuga nkoranyambaga […]

Haruna Niyonzima yakuwe mu ikipe y’igihugu Amavubi

Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi, Haruna Niyonzima yakuwe mu bakinnyi azifashisha mu mikino ya gicuti azakinira mu gihugu cya Madagascar muri uku kwezi. Mbere y’uko amakipe y’ibihugu yitabira imikino mpuzamahanga iteganyijwe muri Werurwe, amakipe atandukanye y’ibihugu yatangiye kugenda ahamagara abakinyi bayo bakina mu bihugu bigiye bitandukanye. Amavubi nayo yamaze guhamagara abakinnyi yaba abakina mu Rwanda ndetse […]

Platini yaburiye abanyamakuru atari yabajyana mu nkiko

Umuhanzi wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys Nemeye Platini uzwi ku izina rya Platin P yaburiye abanyamakuru binjira mu buzima bwe n’umugore we Ingabire Olivia, bavuga ko batandukanye. Mu mwaka washishe wa 2023 nibwo mu binyamakuru hasakaye amakuru y’umuhanzi Platini avuga ko yatandukanye n’umugore we nyuma yo gusanga umwana babyaranye atari uwe. Amakuru yavugaga ko […]

Uwakiniraga APR FC y’abato yisanze ari gutunganya imiziki nyarwanda

Murwanashyaka Christopher wamenyekanye nka Tell Dhem mu muziki nyarwanda, yavuze ko yabanje kuba umukinnyi wa APR FC binyuze mu ikipe y’abato yayo ‘Intare FC’ mbere y’uko ajya mu mwuga wo gutunganya indirimbo z’abahanzi nyarwanda. Aganira na Inyarwanda, uyu musore yavuze ko mbere y’uko ajya mu mwuga wo kujya gutunganya imiziki y’abahanzi yari umukinnyi w’umupira w’amaguru […]

Zari The Boss Lady yasubiranye na Shakib wahukanye kubera Diamond Platnumz

Umuherwekazi Zari The Boss Lady n’umugabo we Shakib Cham, bagaragaye bari kumwe mu Barabu nyuma y’amakuru amazeho iminsi avuga ko batandukanye bitewe n’umubano w’uyu mugore na Diamond Platnumz babyaranye abana babiri. Mu mashusho aba bombi bashyize ku rukuta rwabo rwa Instagrama, bagaragara bishimanye ndetse bahuje n’urugwiro nyuma y’uko bivuzwe ko Shakib yahukanye. Muri ayo mashusho […]

Clapton Kibonke yarabazwe bamukuramo igihaha

whatsapp_image_2024-03-06_at_19.16_52_0f93d871.jpg

Umunyarwenya Mugisha Emmanuel wamenyekanye nka Clapton Kibonke muri sineme nyarwanda yarabazwe bamukuramo igihaha cye cyari cyirwaye cyigatuma adahumeka neza aho yahoranaga inkorora. Clapton uvuye mu bihe bitoroshye, avuga ko yarwaye igihaha bikajya bituma atajya akora akazi ke ko gukina filime n’urwenya nk’uko byari bisanzwe atari yahura n’ubwo burwayi. Avuga ko afatwa n’uburwayi yagiye kwa muganga […]

Yolo The Queen yihakanye agace ko mu Rwanda yemeza ko akomoka i Burundi

whatsapp_image_2024-03-06_at_14.06_20_6e9b6d57.jpg

Yollo The Queen wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga ahanini ku rubuga rwa Instagram, yihakana agace ko mu Rwanda byavugwaga ko ariko akomokamo ndetse anemeza ko akomoka i Burundi. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24 (story) yahaye abafana be uburenganzira bwo kumubaza ibibazo byose bashaka maze na we akabasubiza. Umwe yamubajije niba […]

Umutoza wa Real Madrid, Carlo Ancelotti ashobora gufungwa imyaka 4

Abashinjacyaha ba Leta ya Espagne basabiye umutoza wa Real Madrid, Carlo Ancelotti gufungwa imyaka ine n’amezi icyenda muri gereza azira kunyereza imisoro. Ancelotti w’myaka 64, arashinjwa gukoresha sosiyete za baringa agahisha amwe mu mafaranga yinjije ubwo yatozaga Real Madrid hagati ya 2013 na 2015. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Werurwe 2024, abashinjacyaha batanze […]

Koffi Olomide ari kwiyamamariza kuba umusenateri

Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Congo, Koffi Olomide agiye kwiyamamariza kuba umusenateri mu gace ka Sud-Ubangi aho azaba ahagarariye ishyaka rya AFDC (Alliance des Forces Démocratiques du Congo). Amakuru atangazwa na zoenews.net, yemeza ko uyu muhanzi wakanyujijeho mu myaka yashize ari ku rutonde rw’abakandinda bazahagararira agace ka Sud-Ubangi muri Sena. Perezida wa Sena akaba n’uw’ishyaka […]

Killaman yemeza ko umugore barushinganye yari indaya ye

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime nyarwanda, Killaman yemeza ko umugore baherutse kurushinga yari indaya ye. Ku wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe 2024, nibwo Niyonshuti Yannick wamenyekanye nka Killaman yasabye anakwa umugore we Umuhoza Shemsa bari bamaze imyaka umunani babana. Ni ubukwe bwavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye kubera ukuntu bwari buteguye ndetse bwanashowemo […]

Abafana batatu batabaje Perezida Kagame bahanwe

Abafana batatu ba Etincelles baherutse gutabaza Perezida Paul Kagame, bahagaritswe n’Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC n’ubw’abafana bayo amezi atandatu batagera ku kibuga. Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama yahuje Ubuyobozi bw’amatsinda y’abafana ba Etincelles FC ndetse n’ubuyobozi bw’ikipe. Twagirayezu Vincent uyobora abafana ba Etincelles FC, yemeje ko bahannye abafana batatu mu kiganiro yagiranye na Kigali Today. […]

Simba SC irashinjwa uburozi n’ubujura

Ikipe ya Simba SC yo mu gihugu cya Tanzania, irashinjwa ibirimo uburozi no gufata nabi ikipe ya Jwaneng Galaxy baherutse gusezerera mu mikino ya CAF Champions League. Ku wa 2 Werurwe 2024 nibwo ikipe ya Simba yakiriye ikipe ya Jwaneng Galaxy aho yaje kuyinyagira ibitego 6 ku busa igahita ikatisha itike ya 1/4 cyirangiza. Nyuma […]

Muhire Kevin mu muryango usohoka muri Rayon Sports

Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin ukina hagati mu kibuga asatira, ari kubyina imbyino ya nyuma muri ikipe. Muhire Kevin wagarutse muri Rayon Sports mu mwaka ushize ndetse akanayisinyira amasezerano y’igihe gito, aritegura kuyivama muri Kamena uyu mwaka. Mu kiganiro na Radio 1, Muhire yemeje ko azagenda muri Kamena mu ikipe izaba yamuhaye amafaeanaga afatika […]

Zuchu yaciwe muri Zanzibar

Inama y’ubuhanzi, Filime n’umuco muri Zanzibar yabujije umuhanzi Zuhura Othman Masoud wamenyekanye nka Zuchu, konera gukora ibikorwa byose by’ubuhanzi mu birwa bya Zanzibar ndetse n’ibihangano bye byose byanahagaritswe ku radiyo na televiziyo zo muri icyo gihugu mu gihe cy’amezi atandatu. Zuchu yahanwe kubera amakosa yakoze ku wa 24 Gashyantare 2024 ubwo yaririmbaga mu gitaramo Fullmoon […]

Lupita Nyongo’s yabengutswe n’umunya-Canada

whatsapp_image_2024-03-05_at_11.44_12_22bbb886.jpg

Umukinnyi w’amafilime ukomoka mu gihugu cya Kenya, Lupita Nyong’o ari mu munyenga w’urukundo n’umukinnyi wa filime mugenzi we Joshua Jackson ukomoka muri Canada. Bagaragaye i Puerto Vallarta muri Mexico nyuma y’ukwezi bivugwa ko batandukanye. Ku isabukuru y’amavuko ya Lupita, umukunzi we yamusohokanye ku nkombe z’inyanja bajya kwishimira imyaka 41 uyu mukobwa amaze ku isi avutse. […]

Perezida Ndayishimiye yaba yitambitse umukino w’Amavubi n’Intamba mu Rugamba

Umukino wa gicuti ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yagombaga guhuriramo n’Intamba mu Rugamba z’u Burundi ntukibaye, bikavugwa ko byagizwemo uruhare na Perezida Evariste Ndayishimiye. Amakipe yombi yari yatumiwe mu irushanwa rito ryagombaga kubera i Antananarivo muri Madagascar. Ni irushanwa ryanatumiwemo ikipe y’Igihugu ya Botswana. Muri iri rushanwa byari byitezwe ko Amavubi azakina imikino itatu ya gicuti irimo […]

Umutoza wa Rayon Sports arashinja Majaliwa kwivuza magendu

Umutoza mukuru wa Rayon Sports, Julien Mette w’imyaka 42 arashinja Aruna Majaliwa kwivuza magendu ndetse no gusuzugura abaganga b’ikipe. Ubwo Rayon Sports yatsindaga Sunrise mu mpera z’icyumweru gishize, umutoza mukuru wa Rayon Sports yaganiriye n’itangazamakuru aho yahishuye byinshi kuri Aruna Majaliwa umaze hafi amezi atatu adakina. Aruna Majaliwa yamaze hafi amezi atatu adakina nyuma yo […]

Abakinnyi ba Kiyovu Sports banze gukora imyitozo bashonje

Abakinnyi b’ikipe ya Kiyovu Sports bageze ku kibuga cy’imyitozo banga gukora imyitozo bahita bazinga utwabo baritahira. Aba bakinnyi banze gukora imyitozo mu gihe bari kwishyuza amafaranga yabo ikipe ibabereyemo, kuva muri Nzeri umwaka ushize. Amakuru avuga ko abajinnyi ba Kiyovu Sports baheruka gufata agashahara mu mwaka ushize wa 2023 muri Kanama. Iyi kipe itorohewe ikomeje […]

Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi yabonye ikipe nshya i Burayi

Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, Dylan Georges Maes yasinyiye ikipe ya FS Jelgava yo muri Lativia mu majyepfo y’Uburayi. Ku wa mbere, tariki ya 4 Werurwe 2024, Maes, ufite imyaka 22, nibwo yasinyiye Jelgava amasezerano y’umwaka umwe. Uyu mukinnyi yagiye nk’umukinnyi w’igenga nyuma yo gusoza amasezerano ye muri Sloveniya mu ikipe ya NK […]

Bob Wine yafunguje umuhanzi wari ufungiye muri UAE

Umuhanzi mu jyana ya Dancehall muri Uganda, Beenie Gunter arashimira Bobi Wine na Crysto Panda ku bufasha bamuhaye bwo kumuvana muri gereza muri Abu Dhabi. Gunter yafashwe ashinjwa urugomo gusa we yasobanuye ko nta ruhare yagize muri ibyo yaregwagwa. Ashimangiro ko we yisanze mu mirwano yahuje abategura ibitaramo muri Dubai. Nubwo uyu muhanzi yisobanuye ahakana […]

Bushali ntiyicuza kuba yaravuye muri Korari ya ADEPR

Umuraperi ugezweho mu Rwanda, Bushali yatangaje ko atigera yicuza kuba yaravuye muri korari ya ADEPR yakuriyemo. Uyu muhanzi avuga ko akiri umwana muto yaririmbaga muri korari y’abana mu itorero rya ADEPR, gusa ngo yaje kuza guhagarikwa muri yo ntiyakongera gusubirayo. Aganira na Radio Rwanda, Bushali yavuze ko umupira w’amaguru watumye ahagarikwa muri korari yaririmbagamo y’abana, […]

Shaiboub wa APR FC yitabajwe na Sudani

gh0dli5wkaaoyyo.jpg

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Sudani ryandikiye Ferwafa riyisaba kwemerera Sharaf Eldin Shaiboub Ali Abdelrahman wahamagawe mu ikipe y’igihugu cye , kwitabira imikino gifite muri uku kwezi kwa Werurwe. Mu ibaruwa federasiyo ya Sudani yandikiwe Umunyabanga Mukuru wa Ferwafa, yasabye ko uyu mukinnyi yemererwa kwitabira imikino ya gicuti ikipe y’igihugu cye izahuriramo n’Ibirwa bya Comores tariki […]

Ikipe y’igihugu Amavubi igiye gutana mu mitwe n’u Burundi

whatsapp_image_2024-03-04_at_09.45_58_5ac5b878.jpg

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, igiye guhurira n’ikipe y’igihugu y’u Burundi mu irushanwa ryateguwe na Madagascar. Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Madagascar, ryatangaje ko rizakira irushanwa rya gicuti rizahuza ibihugu bine birimo u Rwanda, u Burundi na Botswana ubwo hazaba haba imikino mpuzamahanga muri uku kwezi. Iyi mikino yitezweho gufasha abatoza b’amakipe azayitabira kumenya abakinnyi bafite […]

Abafana ba Etincelles FC batabaje Perezida Kagame, bagiye guhanwa

copy_of_whatsapp_image_2024-03-02_at_23.04_54_97d4d314.jpg

Abafana b’ikipe ya Etincelles baherutse gutabaza umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame bagiye gufatirwa imyanzura ikakaye. Ku wa Gatandatu w’icymweru dusoje nibwo abafana ba Etiencelles bitwaje ibyapa ku mukino batsinzwemo na Apr FC, ibyo byapa byasabaga Perezida Kagame gutabara ikipe yabo ntimanuke mu kiciro cya kabiri. Amwe mu magambo yari yanditse kuri ibi byapa, yavugaga […]

Clapton Kibonke yabitswe ari muzima

whatsapp_image_2024-03-03_at_22.07_45_116d6c9f.jpg

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda, Mugisha Emmanuel wamenyekanye nka Clapton Kibonke, yabitswe ari muzima. Muri iyi minsi hakomeje kugaragara amakuru ku mbuga nkoranyambaga abika bamwe mu byamamare, gusa wagenzura neza ugasanga ari ibihuha. Ibi nibyo byaje kuba ku munyarwenya Clapton Kibonke wabitswe n’umuntu ukorera ku muyoboro wa Youtube, wakoresheje ifoto y’uyu munyarwenya arikumwe n’umuryango we maze […]

Abafana ba Etiencelles baratabaza Perezida Paul Kagame

whatsapp_image_2024-03-02_at_23.04_51_7249ea1a-2.jpg

Abakunzi ba Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu, barasaba Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame kubatabarira ikipe ntimanuke mu Cyiciro cya Kabiri. Ikibazo cya Amikoro muri iyi kipe cyafashe indi ntera ubwo iyi kipe yiteguraga guhura na Apr FC gusa ubuyobozi bw’ikipe bwakomeje kubyamaganira kure. Kuri uyu wa Gatandatu nyuma y’umukino w’umunsi wa 23 […]

Mr Ibu uherutse gucibwa akaguru yapfuye

Umukinnyi wa filime John Okarfor wamenyekanye nka Mr Ibu muri sinema ya Nigeria, yapfuye ku myaka 62. Mr Ibu yaguye mu bitaro bya Evercare kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe 2024 nk’uko byemezwa n’abari hafi y’uyu mugabo. Uyu mukinnyi yazize indwara y’umutima yamufashe mu minsi yashize nk’uko bitangazwa na Channels Television. Urupfu rwa […]

Aline Gahongayire yakirutse kanseri yo mu muhogo

Umuramyi Aline Gahongayire wamenyekanye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yahishuye ko yarwaye kanseri ikaza gukira none amashimwe ni yose. Ubusunzwe benshi bazi ko kanseri ari indwara itajya ikira, gusa kuri Aline Gahongayire avuga ko Imana yamukoreye ibitangaza atatekerezaga. Uyu mudama wemeza ko yizerera mu bitangaza, yaciye amarenga y’ukuntu yabwiwe ko afite kanseri yo […]

Perezida wa FIFA yamaganiye kure ikoreshwa ry’ikarita y’ubururu muri ruhago

whatsapp_image_2024-03-02_at_10.16_53_6cc32620.jpg

Perezida w’impuzamashyirahamwe ku isi FIFA, Gianni Infatino yemeje ko muri ruhago y’ababigize umwuga nta karita y’ubururu izakoreshwa. Ku wa 8 Gashyantare 2024 hatangajwe amakuru y’uko hari guteganywa gutangiza ikarita y’ubururu yajya itangwa mu mupira w’amaguru. Iyi karita y’ubururu mu gihe yari kuzaba itangiye gukoreshwa mu mikino, umukinnyi wari kuyihabwa yari kujya ajye hanze y’ikibuga mu […]

Kylian Mbappe yasimbujwe ahita yisangira nyina mu bafana

Umufaransa Kylian Mbappe yasimbujwe Kolo Muani igice cya mbere kirangiye ubwo ikipe ya Paris Saint-Germain akinira yakinaga na Monaco mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 1 Werurwe 2024, ntiyabyakira neza. Amafoto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru, yerekana Mbappe yicaye mu bafana nyuma yo gusimbuzwa igice cya mbere cy’umukino cyirangiye. Gusimbuzwa umukino […]

Rihanna agiye gutaramira abarimo Bill Gates na Minisitiri w’Intebe wa Canada

Icyamamare mu njyana ya Pop ku isi Rihanna, umuyobozi wa Meta, Mark Zuckerberg n’umukobwa wa Donald Trump, Ivanka Trump; bari mu byamamare bikomeye ku isi byatumiwe n’umuherwe w’umuhinde, Mukesh Ambani mu birori bitegura ubukwe bw’umuhungu we. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Werurwe 2024 nibwo ibi birori biteganyijwe kuba, bikazageza ku Cyumweru tariki ya […]

Kenny Sol yemeje imikoranire na 1:55 AM y’umuherwe Coach Gael

Nyuma y’amakuru yacicikanaga ku mbuga nkoranyambag avuga ko umuhanzi Kenny Sol yamaze gusinya muri 1:55 AM y’umuherwe Coach Gael, nyirubwite yemeje ayo makuru. Kenny Sol uherutse gukora ubukwe, yemeje ko yamaze kwinjira muri sosiyete ifasha abahanzi ya 1:55 AM nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri yikorana. Kenny Sol yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye na Kiss FM, […]

Perezida wa Etiencelles yavuze ku bukene buvugwa mu ikipe ayoboye

e529bbdd-851c-48a0-bb7d-69978fc785e2.jpg

Umuyobozi w’ikipe ya Etiencelles FC, Ndagijimana Enock yahakanye amakuru yose y’ubukene avugwa mu ikipe abereye umuyobozi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo mu binyamakuru bigiye bitandukanye no ku mbuga nkoranyambaga, hasakaye amakuru avuga ko mu ikipe ya Etiencelles ubukene bumeze nabi. Amakuru yavugaga ko iyi kipe ishobora guterwa mpaga kubera kubura amafaranga yo […]

Abaturage bakomeje kugaba ibitero ku kibumbano cya Dani Alves muri Blazil

527140f9-a467-450f-abb9-66f6fad7de3b.jpg

Ikibumbano cy’umunyabigwa wa FC Barcelona, Dani Alves cyongeye kwangizwa nyuma y’uko uyu kizigenza ahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu umugore bahuriye mu kabyiniro ka nijoro muri 2022. Alves w’imyaka 40 yakatiwe n’urukiko rwo muri Espagne ku wa 22 Gashyantare 2024 gufungwa imyaka ine n’igice muri gereza nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gufata ku ngufu. Icyi […]

Alliah Cool yahaye umurinzi we imodoka nshya

alliah_cool.png

Isimbi Alliance wamenyekanye nka Alliah Cool muri sinema Nyarwanda akaba anabarizwa mu itsinda rya Kigali Boss Babes, yahaye umurinzi we impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai. Uyu murinzi wa Alliah azwi ku mazina ya ‘Mwiza Cyane’ asanzwe akora akazi ko gucunga umutekano kuri ubu ari mu byishimo nyuma y’uko uyu munyarwandakazi amuguriye imodoka. Nk’uko […]

Gasogi United yatandukanye na rutahizamu w’umunye-Congo

Nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, Rutahizamu w’Umunye-Congo, Cédric Lisombo Liselé yasheshe amasezerano yari afitanye na Gasogi United. Nyuma yo gutandukana n’uyu rutahizamu, iyi kipe y’i Gasogi yahise imushimira mu butumwa yatambukije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Uyu rutahizamu yinjiye muri iyi kipe mbere y’umwaka w’imikino wa 2023-24 avuye muri Rwamagana City. Lisere Cedric Lisombo yari yarazaniwe […]

Judith wakanyujijeho na Safi yishongoye ku wamubwiye ko atazabona umugabo

judith-3.jpg

Umuherwekazi Niyonizera Judith wakanyujijeho na Safi Madiba yahaye inkwenene umuntu wamwandikiye ubutumwa amubwira ko atazigera abona umugabo ko nanaramuka amubonye yazamwegera akamugurira agacupa. Uyu mudamu w’umwana umwe yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, yishongora kuri uwo muntu atifuje gutangaza amazina ye, wamubwiye ko atazabona umugabo. Judith yagize ati: “Sinzukuntu narebye muri phone ishaje nari narabitse ngwa […]

Ikipe ya Olympic Star yakoze impanuka igiye gukina umukino w’ikirarane

543db31e-225f-4179-aa22-77095802049e.jpg

Ikipe ya Olympic Star izwi nka Gikundiro mu gihugu cy’u Burundi, yakoze impanuka ubwo yerekezaga mu mugi wa Gitega igiye gukina umukino wa shampiyona na Telaviv FC. Olympic Star yari igiye gukina umukino utarakiniwe igihe w’umunsi wa 23 muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Burundi, aho imodoka yari itwaye iyi kipe yaje kwisanga yaguye mu […]

Muganga wa Rayon Sports yemeza ko rutahizamu Prince Rudasingwa yari kwitaba Imana mu minota 5

Umuganga wa Rayon Sports, Mugemana Charles, yemeza ko ibyabaye kuri rutahizamu Rudasingwa Prince byari gutuma yitaba Imana mu minota 5 iyo adahabwa ubutabazi bw’ibanze burimo no kumufata ururimi. Ubwo ikipe ya Rayon Sports yatsindwaga na Musanze FC mu mukino wa shampiyona wabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, abakinnyi Muhire Anicet uzwi nka Gasongo yagonganye na […]

Abaturage bicishije inkoni umusirikare wa UPDF

Umusirikare mu Ngabo za Uganda (UPDF), Sgt Dominic Vudriko Aluma, wabarizwaga muri Brigade ya 501, yabuze ubuzima mu buryo bubi nyuma yo kwibasirwa n’agatsiko k’abantu mu Karere ka Apaa bakamukubita kugeza bamwishe nk’uko bivugwa n’abaturage mu turere twa Amuru na Adjumani. Ibi byabaye igihe Sgt Aluma, aherekejwe n’abagabo batandatu bo mu bwoko bwa Madi, bivugwa […]

2023: Umwe mu mijyi y’u Rwanda washyizwe muri 50 ku Isi ikurura ba mukerarugendo

Ikinyamakuru Time Magazine cyasohoye urutonde rw’ahantu 50 hakurura ba mukerarugendo ku Isi muri 2023 harimo na Musanze. Ni ubushakashatsi bwagizwemo uruhare n’abanyamakuru n’abaterankunga bakomeye. Urutonde rwakozwe bagendeye ku hantu haboneka ibintu bitari buri hantu hose kandi bishimishije. Ku bantu bifuza gutembera mu bice bitandukanye, dore hamwe mu hantu h’ingenzi watemberera muri 2023, rwashyizwe hanze n’iki […]

Uburyo bwagufasha kwirinda gukubitwa n’inkuba

Muri iki gihe cy’imvura, mu bice bitandukanye by’u Rwanda hari kumvikana ibyago biri guterwa n’imvura nyinshi ivanze n’imiyaga ndetse n’inkuba biri guhitana ubuzima bw’abatari bake. Inkuba ni uruhurirane rw’ingufu zihurira mu kirere, zakubitana bigatanga izindi ngufu zo mu bwoko bw’amashanyarazi; ari byo twumva bikubita n’imirabyo. Ni byo bikomeretsa cyangwa bikica uwo bihuye nawe. Ni gute […]

Jose Chameleone yababajwe n’ibyo Bobi Wine yamukoreye

Jose Chameleone yatangaje ko yababajwe na Bobi Wine wanze kwitabira igitaramo ‘Gwanga Mujje’ aherutse gukora, mu gihe yari akeneye ko amutera inkunga ndetse akanamugaragariza urukundo nyuma y’ibibazo yahuye na byo. Uyu muhanzi yavuze ko n’ubwo atigeze abana neza na Bobi Wine kubera ibibazo bya politiki, yamusuye mu bitaro bya Nsambya ubwo yari yarakubitiwe n’abakomando ba SFC […]

Undi muhanzi wo muri Afurika y’Epfo yapfuye

Nyuma y’urupfu rwa AKA na Costa Titch, bombi bo muri Afurika y’Epfo, undi muhanzi w’icyamamare mu njyana ya Jazz, Gloria Bosman yapfuye, afite imyaka 50. Impamvu y’urupfu ntiramenyekana. Aya makuru yamenyekanye nyuma y’itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuryango uharanira uburenganzira ku muziki muri Afurika y’Epfo (SAMRO) yari asanzwe akoreramo, uvuga ko uyu muhanzi yasize umurage urambye ndetse […]