Umuhango wo kwibuka umuraperi Costa Titch ugiye gusubikwa

Umuryango w’umuraperi wo muri Afurika y’Epfo, Costa Titch uherutse kugwa ku rubyiniro agahita apfa watangarije abakunzi be ko umuhango wo kumwibuka ugiye gusubikwa. Mu itangazo abagize umuryango wa Costa Titch bashyize ku mbuga nkoranyambaga, batangaje ko bababajwe no kumenyesha abamukundaga ko igikorwa cyo ku mwibuka kizasubikwa kubera ubusabe bwa bamwe bifuza kucyitabira. Uyu muryango uti […]

Miss Jolly yabaye umufana mushya wa Kiyovu Sports, ashotora Aba-Rayon

Nyampinga w’u Rwanda muri 2016, Mutesi Jolly yavuze ko yabaye umufana mushya wa Kiyovu Sports nyuma yo kubona Perezida Paul Kagame yambaye umupira w’icyatsi ndetse ashotora abafana ba Rayon Sports. Ibi yabitangaje kuri uyu wa gatatu binyuze ku rubuga rwa Twitter aho yasaga n’usubiza ikibazo umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna yari yabajije abo kuri Twitter. Robert […]

Uburyo bworoheje bwo kugabanya umuvuduko ukabije w’amaraso bidasabye ko kugana ivuriro

Umuvuduko ukabije w’amaraso ushobora kwangiza umutima mu gihe runaka. Uburyo bwo kugabanya iyi ndwara, harimo gukora imyitozo ngororamubiri isanzwe, guhindura imirire ndetse n’izindi. Iyo utagenzuwe, umuvuduko ukabije w’amaraso bishobora gutera ibyago byo kurwara umutima ndetse ukagira n’ikibazo ku bwonko. Nk’uko Medicalnewstoday.com ibitangaza, dore uburyo bworoheje wakoresha, ukagabanya umuvuduko ukabije w’amaraso bidasabye ko ujya kwa muganga. […]

Harmonize ari kureshya inkumi avuga ko nta SIDA arwaye

Umuhanzi Harmonize ari kureshya inkumi binyuze mu gutangaza ko nta bwandu bwa Virusi itera SIDA afite mu maraso ye ndetse no guhora avuga ko nta mukunzi afite. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, uyu muhanzi yibukije abafana be barenga miliyoni 6 bamukurikira kuri urwo rubuga ko yujuje imyaka 33 y’amavuko. Si ibyo gusa, dore yangoye […]

Umuhanzi Davido yashyize mu rujijo abamukurikira kuri Instagram

Umuhanzi David Adedeji Adeleke wamenyekanye nka Davido yashyize mu rujijo abafana be, asiba amafoto yo kuri Instagram, asigaza atatu yonyine. Kuri uyu wa 14 Werurwe 2023 ni bwo uyu muhanzi wo muri Nigeria umaze kubaka izina ku Isi biciye mu bihangano bye, yasibye amafoto n’amashusho birenga ibihumbi bine yari afite ku rukuta rwe rwa Instagram. […]

Ibyo kurya udakwiye gutegura ku ifunguro ry’umugoroba

Buri gihe ni byiza kurya ifunguro ry’umugoroba, kandi ukirinda ibintu by’amavuta, ibikungahaye ku ntungamubiri zitera imbaraga mu gihe uri kurya kugira ngo ugire ijoro ryiza. Imibiri wacu yitwara mu buryo butandukanye mu gutunganya ibiryo twariye mu ijoro kandi ibi bishobora kutugiraho ingaruka zo kubura ibitotsi. Byongeye kandi, ibiryo bifata igihe cyo kunozwa (igifu kibisya) mu […]

Menya ingaruka ziterwa no kureba filime ziteye ubwoba

Iyo ureba filime ziteye ubwoba, ubwonko bwawe buba buzi ko ibyo ureba muri filime atari ukuri, gusa ariko umubiri wawe wo ubyakira nk’aho ari byo. Sally Winston, impuguke mu by’imitekerereze ya muntu akaba n’umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ihungabana cya Maryland, asobanura agira ati: “[Iyo ureba filime ziteye ubwoba], umutima wawe uratera kandi imisemburo ya adrenaline […]

Urubanza rwa Titi Brown rwasubitswe ubugira 4

Urubanza rw’umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Ishimwe Thierry wamenyekanye nka Titi Brown ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure rwongeye gusubikwa ku nshuro ya kane rwimurirwa tariki 18 Gicurasi 2023. Uru rubanza ruregwamo byari biteganyijwe ko ruba kuri uyu wa 14 Werurwe 2023, rugutangira saa mbiri za mu gitondo ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ariko habanje […]

Harmonize arateganya kurega Diamond Platnumz

Umuhanzi Rajab Abdul Kahali wamenyekanye nka Harmonize, arateganya kurega uwahoze ari umuyobozi we Diamond Platnumz kubera amafaranga yinjizwa n’ibihangano bye yakoze akiri muri WCB (Wasafi Classic Baby) yamurebereraga inyungu. Harmonize, uherutse kugaragara kuri muzingo w’umuhanzi Khaligraph Jones, ari gukusanya itsinda ry’abavoka kugira ngo bamufashe kugaba igitero ku nzu itunganya umuziki ya WCB yashinzwe na Diamond. […]

Ibibazo umugabo adakwiye kubaza umugore cyangwa umukobwa

Niba hari ikintu kimwe abagabo benshi bakwiye kwiga mu buzima, ni uko rimwe na rimwe ari byiza kutabaza umugore cyangwa umukobwa ibibazo byose bibajemo. Kugira ngo byumvikane neza, ntabwo tukubwira ngo uceceke buri gihe, gusa hari ibibazo ugomba kubaza abagore, ndetse n’ibyo ukwiye kwitondera kuko hari igihe umubaza ikibazo runaka, we agatekereza ibihabanye n’ibyo umwitezeho. […]

Imyambarire Tems yaserukanye muri ‘Oscars’ yabangamiye abari bicaye inyuma ye

Umuhanzikazi wo muri Nigeria Temilade Openiyi wamenyekanye nka Tems yitabiriye ibirori byo gutanga ibihembo bya Oscars yambaye ikanzu yera, gusa ariko yabangamiye bikomeye abari bamwicaye inyuma kubera ubunini bwayo. Nyuma y’uyu muhango wo gutanga ibi bihembo, abantu batandukanye bakoresha urubuga rwa Twitter, banenze ikanzu Tems yaserukanye bavuga ko yabujije amahwemo abari bamwegereye. Umwe mu bakoresha […]

Ibisobanuro bya bumwe mu buryo abantu baryamamo

Ubushakashatsi bwagaragajwe n’ikinyamakuru Sleepfoundation.org bwakozwe n’umuhanga mu bijyanye n’imikorere y’umubiri Idzikowski, bwagaragaje ko uburyo abantu baryamamo (position) bugira igisobanuro cyihariye. Uburyo umuntu aryamamo bushobora kugaragariza abo babana ibyo atekereza cyangwa se n’imiterere ye muri rusange. Dore busobanuro bwa bumwe mu buryo abantu baryamamo Kuryama wubitse inda Ubu buryo bukunze kugaragara ku basore n’inkumi bari mu […]

Umubyeyi wa Chameleone yagize icyo avuga ku bahungu be bagaragaye basomana

Proscovia Musoke, nyina wa Jose Chameleone na Weasel, yagize icyo avuga ku bahungu be bagaragaye basomanira mu ruhame, gusa abantu benshi bakabifata nabi. Aganira na Pulse Uganda, Musoke yagize ati: “Uyu ni murumuna we. Ntabwo mbona ko ari bibi. Ni uko abantu babibonye mu ishusho ya Afurika.” Chameleone yasomye Weasel ubwo bahuriraga ku rubyiniro mu […]

Ibyiza byo gufata ifunguro rya mu gitondo ku buzima bw’umuntu

Ifunguro ufata mu gitondo ukibyuka ni ryo ry’ibanze kandi rifite akamaro cyane kuko rigira uruhare mu myitwarire ugira umunsi wose. Nk’uko Floridamilk.com ibivuga “Mu gitondo ugomba kurya nk’umwami”, ntabwo ibivugira ubusa kuko hari ubushakashatsi bubyerekana. Ubushakashatsi bwerekana ko ifunguro rya mu gitondo rifasha umubiri cyane mu buryo butandukanye.    Akamaro n’ibyiza byo gufata ifunguro rya […]

Ingano y’amazi ukwiye kunywa ku munsi bitewe n’ibiro ufite

Umubiri ugizwe na 60% y’amazi, uhora utakaza amazi mu mubiri wawe, nk’igihe gusohora inkari ndetse n’icyuya. Kugira ngo ugaruze ibyo watakaje, ukwiye kunywa amazi ahagije. Nk’uko byatangajwe na Healthline.com ibitangaza. Hariho ibitekerezo byinshi bitandukanye ku bijyanye n’amazi ukwiye kunywa buri munsi. Umuntu utanywa amazi menshi usanga ahorana umunaniro ukabije, kuribwa bya hato na hato, umutwe […]

Muheto azagumana ikamba rya Miss Rwanda nk’umukorerabushake

Miss Nshuti Divine Muheto wabaye nyampinga w’u Rwanda mu mwaka w’2022, guhera tariki 19 Weyurwe 2023 agiye gukomezanya ikamba nk’umukoranabushake kubera ko muri uyu mwaka hatigeze hatorwa undi nyampinga. Irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda rizwi nka Miss Rwanda bisanzwe bizwi ko riba buri mwaka, gusa ariko muri 2023 ntabwo ryabaye kubera ibirego byavuzwe mu baritegura […]

Dore impano zoroheje waha umugore bigatuma ahorana akanyamuneza

Gukunda ni kimwe mu bintu byiza bishobora kuba ku muntu, bikaba agahebuzo iyo ukunzwe n’uwo umutima wawe wihebeye kuko bihindura ubuzima bwawe umunezero uhoraho. Mu bakundana, biba byiza iyo hatanzwe impano, gusa abagore ni bo bazwiho kwishimira kugira ikintu bahabwa kabone n’iyo cyaba kidahenze cyane. Hari bamwe ariko usanga kumenya impano ikwiye bagenera ababyeyi cyangwa […]

Sobanukirwa ibyo ukwiye gukora mu gihe wifuza kugira uruhu rwiza

Abantu batari bake, cyane cyane igitsina gore baba bashaka kugaragara neza ku isura. Ni yo mpamvu ukunze gusanga batakaza igihe kitari gito mu nzu zitanga ubwiza rimwe na rimwe kurya ntibabihe agaciro kuko ashobora kureka icyo kurya akabwirirwa ariko inzara ze zigacongwa, umusatsi ukaboneka, amaherena ndetse n’amavuta yo kwisiga. Nyamara kujya muri izo nzu ntabwo […]

Mutesi Jolly yahakanye amakuru yavugaga ko atwite

Miss Mutesi Jolly yahakanye amakuru yavugaga ko atwite, avuga ko abayatangaje ari abashaka kwamamara mu buryo buciriritse. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu nyampinga w’u Rwanda w’umwaka w’2016 yahakanye amakuru amaze iminsi avugwa mu bitangazamakuru ko yaba atwite. Mutesi Jolly yashimiye abantu bamwohereje ubutumwa bw’ishimwe, avuga ko bamwifurije ibyiza, yongeraho ko aya makuru ari ibihuha. […]

Ibimenyetso bigaragaza umuntu wamaze kubatwa na telefone

Ubushakashatsi bwakozwe n’urubuga rwa ‘Bankmycell’ bwagaragaje ko muri iki gihe abantu bakoresha telefone zigezweho [Smartphone] bagera kuri miliyani 6.92, bangana nka 86.29% by’abatuye Isi. Mu Isi ya none, ibintu byinshi bisigaye bikorerwa kuri interineti, gusa hari abakoresha izi telefone bikagera aho babatwa na zo bitewe n’ibyo bakunze kuzibonamo. Nubwo nta kimenyetso simusiga cyaba cyerekana ko […]

Ibyo kurya 10 by’ingenzi ku mugore utwite

Gutwita ni kimwe mu bintu bishimisha umubyeyi. Ni byiza ko umugore utwite arya indyo yuzuye kuko bimufasha we n’umwana uri mu nda gukomeza kugira ubuzima bwiza. Muri iki gihe, umubiri ukenera intungamubiri zinyongera kugira ngo ubuzima bwumwana bigende neza. Mu byukuri, ugomba kongeramo karori hagati ya 400 na 500 buri munsi. Nk’uko Indiatimes.com ibitangaza, kurya […]

Chris Brown yahaswe ibibazo na Polisi y’u Bwongereza

Chris Brown yahaswe ibibazo n’abapolisi b’u Bwongereza nyuma yo gukekwaho kuba yaragize uruhare mu makimbirane yakozwe n’agatsiko k’abari bamuherekeje hakomerekeramo umugabo umwe, akajyanwa mu bitaro mu kwezi gushize. Raporo y’abapolisi ivuga ko hari mugabo wakubiswe n’agatsiko k’abari baherekeje Chris Brown maze bamukubita icupa mu mutwe kandi ari inzirakarengane. Amakimbirane amaze guhoshwa, hahamagajwe abashinzwe umutekano maze […]

Frank Gashumba yasabiye Jose Chameleone imbabazi

Umushoramari Frank Gashumba arasaba abakunzi ba muzika muri Uganda kubabarira Jose Chameleone no kumuha amahirwe ya kabiri nyuma yo gusaba imbabazi ko yasomye umuvandimwe we Weasel ubwo bari ku rubyiniro mu gitaramo cye aherutse gukora. Tariki ya 24 Gashyantare 2023 mu gitaramo cya Gwanga Mujje, Weasel na Jose Chameleone bagaragaye bari gusomana ku minwa, bituma […]

DJ Arif Cooper yaguye ku rubyiniro ahita apfa

Umuvanzi w’imiziki (DJ), ukomoka muri Jamaica, Arif Cooper wamamaye mu myidadaduro nk’umunyamakuru ndetse n’umuririmbyi yaguye hasi ubwo yari ku rubyiniro ahita apfa. Yituye hasi ubwo yari ari gucuranga kuri uyu wa 5 Werurwe 2023, mu birori byabereye i wabo muri Jamaica nyuma y’iminota mike ahita ashiramo umwuka. Cooper watangiye kuvanga imiziki mu mwaka w’1991, aza […]

Ibice 7 by’umubiri wawe ugomba kwitaho cyane buri munsi

Iyo urimo kwiyuhagira, hari ibice bimwe by’umubiri bikunze kwirengagizwa ariko ubisanzwe ni isoko ikomeye y’impumuro mbi. Impamvu nyamukuru ituma twoga buri munsi ni ukwirinda impumuro mbi y’umubiri, kugira ngo duhumura neza kandi tugire uruhu rwiza. Nk’uko bitangazwa na Pulse Nigeria, mu gihe uri kwiyuhagira, hari ibice bimwe by’umubiri ugomba kwitaho cyane kugira ngo uhorane impumuro […]

Umuhanzi Mico The Best yatawe muri yombi

Umuhanzi Nkiko Turatsinze Prosper wamenyekanye muri muziki nyarwanda nka Mico The Best yatawe muri yombi azira ubusinzi. Amakuru dukesha InyaRwanda avuga ko uyu muhanzi yafashwe na polisi y’igihugu mu masaha y’ijoro yo ku wa gatandatu tariki 04 Werurwe 2023 afatirwa hafi y’ikiraro cya Ruriba gitandukanya akarere ka Nyarugenge n’aka Kamonyi ubwo yari atashye. Kugeza ubu […]

RDB yatangaje aho ibyo Perezida Kagame yayisabye gukorera abahanzi bigeze

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), cyatangaje aho ibikorwa byo gufasha abahanzi cyasabwe na Perezida Paul Kagame bigeze ndetse cyerekana bimwe mu bikorwa bakorewe. Muri 2018 ni bwo Umukuru w’Igihugu yasabye RDB gukurikirana ibikorwa by’abahanzi ndetse anayisaba ko yabafasha mu buryo bw’ubushobozi bwo gukora ibihangano bifite ireme. Ibi kandi Perezida Kagame yabigarutseho mu nama y’umushyikirano yateranye mu […]

Inzira wakurikiza kugira ngo ugire umubano w’igihe kirerekire n’uwo ukunda

Urukundo rurakura cyangwa rugakomera mu gihe abarurimo babihaye agaciro, bagashyiramo imbaraga ndetse bagahuza umugambi mu guharanira kugera ku bintu bishya. Mu rukundo hari ibyo abantu bigomwa kugira ngo bigende neza kandi rurambe. Ikinyamakuru Marriage kigaragaza ibintu bitandukanye wakora kugira ngo umubano wawe n’uwo mukundana urusheho kugenda neza. 1. Gushyikirana/Ibiganiro byimbitse hagati y’abakundana. Abakundana bumvikana neza […]

Uburyo karemano bwo kurinda impyiko zawe kwangirika

Impyiko zifitiye ubuzima akamaro kanini cyane, kuko ziyungurura amaraso, zikora imisemburo ya hormones, zibika imyunyu ngugu, zivana imyanda n’uburozi mu mubiri kandi zikica uburozi bwa acides buboneka mu mubiri. Kuko impyiko ari ingirakamaro mu buzima, zikwiye kwitabwaho mu buryo bw’umwihariko. Muri iyi nkuru tugiye kukwereka uburyo karemano wakoresha urinda impyiko zawe kuba zakangirika nk’uko tubikesha ikinyamakuru […]

Butera Knowless yibarutse umwana we wa gatatu

Umuhanzikazi Butera Knowless uri mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana we wa gatatu (Ubuheture) nyuma y’imyaka ibiri yibarutse ubuheta. Knowless n’umugabo we Ishimwe Karake Clement bibarutse umwana wabo wa gatatu muri iki cyumweru nyuma y’igihe bivugwa ko uyu mubyeyi wamenyekanye mu ndirimbo nka Nzabampari, akuriwe. Ishimwe Clement yemeje babyaye umwana wa gatatu nyuma y’amakuru yari […]

Sobanukirwa byinshi kuri ‘Glossophobia’ indwara yo gutinya kuvugira mu ruhame

Kugira ubwoba bwo kuvugira mu ruhame ni ikibazo ukunze gusangana abantu benshi. Nubwo bifatwa nk’ibisanzwe gusa bishobora kuba uburwayi, bukenera no kuba wagana kwa muganga. Iyi ni indwara izwi nka Glossophobia cyangwa se ‘Glossophobie’ mu rurimi rw’Igifaransa. Glossophobia ni iki? Glossophobia/glossophobie biva ku ijambo ry’Ikigereki ‘Glossa’ bivuga ururimi (tongue/langue), ‘Phobos’ ni ubwoba cyangwa igihunga; n’uko Glossophobia bikaba ubwoba cyangwa […]

Harmonize yatsindiwe mu rukiko n’Umutaliyanikazi wabaye umugore we

Umutaliyanikazi Sarah Micheloti yatsinze urubanza yareze uwahoze ari umugabo we Rajab Abdul Kahali wamenyekanye muri muziki ya Tanzania nka Harmonize. Aba bombi baratandukanye mu mpera z’umwaka w’2020 hashize imyaka itatu bari mu munyenga w’urukundo. Harmonize yahise akomezanya na Frida Kajala nawe bahise batandukana batamaranye kabiri. Sarah yemeje aya makuru ubwo yasubizaga umunyamakuru wo muri Tanzaniya […]

Kigali: Abanyerondo baciye ugutwi umuzunguzayi

Abanyerondo baciye ugutwi umuzunguzayi wari uri gukora akazi ke mu buryo butemewe, aho mbere yo kumukora ibyo babanje no kumukubita bashaka kumwambura ibyo yari afite. Ibi byabereye mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge ku isoko rya Nyarugenge, aho abanyerondo baciye umuzunguzayi ugutwi bakoresheje imodoka y’umurenge. Abari aho ibyo biba bavuze ko uyu muzunguzayi […]

Madonna ufite imyaka 64 ari mu rukundo n’umusore abyaye

Madonna ari mu munyenga w'urukundo n'umusore aruasha imyaka 35 usanzwe ari umuteramakofi

Umunyabigwi mu njyana ya Pop, Madonna ari mu munyenga w’urukundo n’umusore aruasha imyaka 35 usanzwe ari umuteramakofi. Madonna ufite imyaka 64 ari mu rukundo n’umuteramakofi, Josh Popper wabaye umutoza w’umwana we mu nzu y’imyitozo ngororamubiri ya Bredwinner Gym iherereye mu mujyi wa New York nk’uko bitangazwa na Daily Mail. Uyu umuhanzikazi yagaragaye ari kumwe n’uyu […]

Inzira wakurikiza kugira ngo ugire umubano w’igihe kirerekire n’uwo ukunda

Urukundo rurakura cyangwa rugakomera mu gihe abarurimo babihaye agaciro, bagashyiramo imbaraga ndetse bagahuza umugambi mu guharanira kugera ku bintu bishya. Hari ibyo abantu bigomwa kugira ngo bigende neza kandi rurambe. Ikinyamakuru Marriage kigaragaza ibintu bitandukanye wakora kugira ngo umubano wawe n’uwo mukundana urusheho kugenda neza. Ni ibikurikira: 1. Gushyikirana/Ibiganiro byimbitse hagati y’abakundana Abakundana bumvikana neza […]

Chameleone akomeje kugarukwaho cyane nyuma yo kugaragara ari gusomana n’umuvandimwe we

Umuhanzi wo muri Uganda, Jose Chameleone na murumuna we Weasel, bakomeje kugarukwaho n’abatari bake nyuma yo kugaragara bari gusomana ku minwa ubwo bari ku rubyiniro. Ibi byabereye mu gitaramo cya ‘Gwaja Mujje’ cya Chameleon i Kampala. Aba bavandimwe bombi basomanye mu gihe barimo kuririmbira hamwe kuri ku rubyiniro. Abafana babo bakomeje kunenga iyi myitwarire y’aba […]

Umugore wa Fireman ahangayikishijwe n’ubumuga yatewe n’impanuka

Ukuboko k’umugore w’umuraperi Fireman witwa Kabera Charlotte kwaragagaye (paralysĂ©e) kubera impanuka yakoze mu ntangiriro z’uku kwezi, hari tariki 8 Gashyantare 2023. Arembeye mu bitaro bya Kanombe. Mu minsi ishize ni bwo Fireman yatangaje ko umugore we arembye nyuma yo gukora impanuka tariki ya 8 Gashyantare 2023 akavunika igufwa ry’urutirigongo. Fireman na Charlotte bakoreye iyi mpanuka […]

Rihanna ari gutegura ubukwe mu ibanga

Umuhanzikazi Robyn Rihanna Fenty wamenyekanye nka Rihanna mu muziki, ari gupanga gukora ubukwe n’umukunzi we Asap Rocky bamaze imyaka igera kuri itatu bakundana. Rihanna w’imyaka 35, utwitwe umwana we wa kabiri, arashaka cyane gukora ubukwe na se w’abana we, Asap Rocky nk’uko yabitangaje ubwo yakoraga igitaramo mu irushanwa rya Super Bowl LVII muri Arizona. Ati: […]

Nyina wa Jose Chameleone yasukiye amarira mu gitaramo cye

Umubyeyi w’umuhanzi Joseph Mayanja wamamaye mu muziki nka Dr Jose Chameleone, Prossy Mayanja, yasutse amarira ubwo yabonaga umuhungu we ari gukora amateka mu gitaramo cyiswe ‘Gwanga Mujje’. Mu ijoro ryakeye ni bwo habaye isubukurwa ry’igitaramo Chameleone yari yateguye kikaza gusubikwa, ndetse ni na we wari umuririmbyi mukuru. Ubwitabire bwacyo bwari hejuru cyane. Iki gitaramo cyari […]

Kidum yavuze impamvu yatumye yisubira, akemera kugaruka mu Rwanda

Mu ijoro ryakeye nibwo habaye igitaramo mbatura mugabo cya Kigali Jazz Junction cyari cyatumiwemo umuhanzi Kidum ukomoka mu Burundi, itsinda rya B2C ryo muri Uganda na Confy wo mu Rwanda. Ni igitaramo kibanze ku ndirimbo ndetse hakanyuzwamo ubutumwa bw’umubano mwiza w’u Rwanda n’U Burundi, ubwo Kidum yari ku rubyiniro. Kidum yishimiwe n’abari bitabiriye icyo gitaramo […]

Amagambo 5 ukwiye kujya ubwira umukunzi wawe buri munsi

Mu gihe uri kumwe n’umukunzi wawe, ni ngombwa cyane guhora umwereka ko umuzirikana kandi ugahozaho umubwira amagambo atuma arushaho kukwigarurira, ni muri urwo rwego hari amagambo make ushobora kubwira umukunzi wawe akarushaho kugukunda no kukwiyumvamo ndetse akanezerwa kurushaho. Twabonye aya magambo twifashishije bimwe mu bitekerezo by’impuguke mu mibanire n’umwanditsi Mata Masini ndetse n’umuvuzi w’umuryango Rachel […]

Perezida Kagame yishimiye kumarwa umunaniro n’umwuzukuru we

Perezida wa Rebubulika, Paul Kagame, yagaragarijwe imbamutima n’Abanyarwanda ndetse n’abandi bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kubasangiza ifoto ye aganira n’umwuzukuru we. Perezida Kagame usanzwe uzwiho kugira uburyo ahuza inshingano zo kuyobora igihugu ndetse n’izo kwita ku muryango we, yashyize hanze iyi foto ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023. Bigaragara […]

Sobanukirwa impinduka umubiri ugira iyo utangiye gukora siporo buri munsi

Abahanga mu by’ubuzima bavuga uko umuntu ukora siporo buri munsi agira ubuzima bwiza ndetse kandi bikaba byamurinda kundwara indwara zitandura nka Diabete, umuvuduko w’amaraso ukabije, hakiyongeraho no guhorana akanyamuneza. Nk’uko Ucsfhealth.com dukesha iyi nkuru ibitangaza, izi ni impinduka umubiri wawe ugira mu gihe ukora siporo buri munsi. Nyuma y’umunsi umwe Mu gihe uri gukora siporo, […]

R Kelly yakatiwe imyaka 20 yiyongera kuri 30 afungiwe

Umuhanzi w’icyamamare muri Leta Zunze Ubumwe z’America R Kelly yakatiwe igifungo cy’imyaka 30 kubera icyaha yashinjwaga kuva mu mwaka wa 2008 cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina abana no kubereka amashusho y’urukozasoni. Kuri uyu wa Kane tariki 23 Gashyantare 2023, R Kelly w’imyaka 56 yongeye gukatirwa indi myaka 20 iza yiyongira kuri 30 yakatiwe n’u urukiko rwa […]

Nyuma y’umunsi umwe avuye muri Kasho, Jowest yashyize hanze indirimbo ivuga ku nkuru mpamo y’itabwa muri yombi rye

Umusore uri kuzamuka neza muri muzika nyarwanda uzwi ku izina rya Jowest, nyuma y’umunsi umwe arekuwe, yahise ashyira hanze indirimbo ishingiye ku nkuru mpamo y’ibyo yashinjwaga. Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023, nibwo uyu muhanzi Joshua Giribambe wamamaye nka Jowest yagizwe umwere ku byaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse […]

Kidum yatangaje ko atagiye muri Kenya kubera impamvu za politike

Umuhanzi Nimbona Jean Pierre uzwi cyane muri muzika ya Africa y’iburasirazuba nka Kidum Kibido ubwo yageraga mu Rwanda yahakaniye itangazamakuru amakuru yamuvugwagaho ko yaba yaragiye kuba muri Kenya kubera ibibazo bya politike. Ubwo yageraga i Kanombe, uyu muhanzi yakiriwe n’ibitangazamakuru bitandukanye maze abazwa ibibazo bijyanye na muziki y’u Burundi n’u Rwanda ndetse n’ibimaze iminsi bimuvugwaho. […]

Menya zimwe mu mpamvu zitera umubyibuho ukabije mu bana

Muri iki gihe Isi iri gitera imbere mu buryo bwihuse, ni nako bigendana n’umubyibuho ukabije mu bana uri kwiyongera cyane kubera imirire ndetse n’ibindi bintu bitandukanye. Hari ababyeyi benshi bifuza kubona no kugira abana babyibushye, gusa iyo uyu mubyibuho urengeje urugero bishobora gutera ingaruka nyinshi mu gihe bakuze, kuko ni bwo batangira kwibasirwa n’indwara zifata […]

Umuhanzi John Blaq yarokotse impanuka ikomeye

Umuhanzi wo muri Uganda Kasadha John, uzwi cyane nka John Blaq, arashimira Imana yamuhaye amahirwe yo gukomeza kubaho nyuma yo kurokoka impanuka y’imodoka yakoze ubwo yari agiye mu gitaramo. Uyu muhanzi wiyita Africa Bwoy yarokotse iyo mpanuka y’imodoka, aho yari ari kumwe n’abagize itsinda rye ubwo bari bagiye i Serere mu gitaramo. Abinyujije ku rukuta […]

Eric Omondi na bagenzi be 17 baciwe amafaranga bashinjwa kugumura abaturage

Umunyarwenya Eric Omondi hamwe n’abandi bantu 17 bo mu gihugu cya Kenya bashinjwaga kugira uruhare mu kurema agatsiko katemewe, barekuwe by’agateganyo ari uko batanze amafaranga. Aba bombi bashijwa kugumura abaturage ubwo bigaragambyaga mu muhanda ujya ku Nteko Ishinga Amategeko. Byakozwe kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gashyantare 2023. Bahakanye icyo kirego, barekurwa aruko batanze ingwate […]

Menya bimwe mu biribwa biba byiza kubirya iyo bidatetse

Mu buzima busanzwe abantu benshi bafata amafunguro babanje kuyateka, gusa ariko hari impuguke mu bijyanye n’imirire zivuga ko hari ibyo kurya bitekwa kandi byagakwiye kuribwa bidatetse ndetse n’ibiribwa bidatetse kandi byakabaye byiza bibanje gutekwa. Uyu munsi twifuje kubagezaho bimwe mu byo kurya biba byiza kubirya bidatetse, twifashishije ubushakashatsi bwakozwe na Healthline.com ndetse na Ucsfhealth.org. Ibitunguru […]

Umuhanzi Jowest wari umaze iminsi 20 afunzwe yafunguwe by’agateganyo

Umuhanzi Giribambe Joshua wamamaye muri muziki nyarwanda nka Jowest wari umaze iminsi 20 afunzwe yafunguwe by’agateganyo. Uyu musore yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku itariki ya 1 Gashyantare 2023 akekwaho ibyaha bibiri birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gukubita no gukomeretsa ku bushake. Tariki ya 16 Gashyantare ni bwo uyu muhanzi ukizamuka […]

Ibintu ukwiye kwitondera byangiza umutima

Indwara y’umutima umunsi ku munsi ikomeje guhitana abatari bake mu Isi, kandi hari ibintu abantu benshi bajya bakora byoroheje gusa bikaba bishobora kuwangiza . Nk’uko Healthline ibitangaza, hari ibintu ukwiye kwitondera byangiza umutima, birimo: 1. Kudasinzira uko bikwiye Mu gihe uryamye ntubone ibitotsi bihagije bishobora kugira ingaruka zikomeye no ku bindi bice bigize umubiri wawe, […]

Umumaro w’amahenehene mu mubiri w’umuntu

Amata y’ihene (amahenehene) ni bumwe mu bwoko bw’amata bukoreshwa cyane ku Isi. Hafi bitatu bya kane by’abatuye Isi ni yo banywa. Ibi biterwa n’uko korora ihene byoroshye cyane kurusha inka mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, aho ari isoko y’ingenzi ya karori, proteyine, n’ibinure. Mu bihugu byinshi, abantu bagaragaza ko bayakunda kurusha ay’inka. Amahenehene agira […]

Abareberera inyungu z’umuhanzi Jowest bemeje ko amaze ibyumweru birenga bibiri afunzwe

Kompanyi ireberera inyungu z’umuhanzi Giribambe Joshua wamampaye nka Jowest yemeje ko amaze igihe kirenga ibyumweru bibiri afunzwe nyuma yo guhamagarwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 20 Gashyantare 2023 ni bwo hasakaye amakuru y’uko uyu muhanzi amaze iminsi atawe muri yombi, aho byavuzwe ko akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umukobwa utari wuzuza […]

Mary Magdalene wibagishije amabere aricuza

Nyuma yo kwerekana ibere rye ryaturitse, umunyamideli Mary Magdalene wamamaye kuri Instagram nka @1800leavemaryalone, yavuze amagambo atangaje ku bijyanye n’ingaruka yatewe no bushaka kugaragara neza ahindura imiterere ye. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Magdalene ukomoka muri Canada yasangije abamukurikira ubutumwa burebure bwiganjemo kwicuza kwinshi ndetse agira inama abakobwa bifuza kugagarara neza, bagahitamo kubagisha amabere […]

Uburyo bwatuma umugore wawe acururuka mu gihe yarakaye cyane

Nta mugabo wifuza kubona umugore we yarakaye kuko ubwo burakari bushobora guteza ibibazo mu mibanire yabo bombi mu gihe butitaweho ngo bukemurwe. Ku bw’izo mpamvu, niba ugira umugore ujya arakara cyane, ukeneye kumenya uburyo bwiza wakoresha umucururukisha. Abagore bakunda kugira uburakari bwinshi, akenshi ugasanga abagabo babo ntibafite uburyo bwo guhangana na bwo. Ugomba kuba umugabo […]

Umukobwa w’umuraperi AKA yasutse amarira mu muhango wo kwibuka se

Umukobwa w’umuraperi Kiernan Jarryd Forbes wamampaye nka ‘AKA’ yasutse amarira mu muhango wo kwibuka se witabye Imana arashwe n’abagizi ba nabi ubwo yari yagiye kwizihiza isabukuru y’amavuko. Umuhango wo kwibuka uyu umuraperi wabaye ku wa Gatanu tariki ya 17 Gashyantare ubera muri Sandton Convention Centre i Johannesburg muri Afurika y’Epfo. Wari witabiriwe n’umuryango w’uyu muraperi […]

Mukobwa, dore ibintu 5 wakora umusore akagukumbura nk’umusazi

Abakobwa benshi benshi baba bashaka kumenya ikintu bakora ngo abahungu bakundana bajye babakumbura buri kanya. Mukobwa uyu munsi uri umunyamahirwa kuko twaguteguriye ibintu 5 wakora umuhungu akajya agukumbura akamera nk’umusazi. 1. Kumusigira ikintu Niba utandukanye n’umuhungu geregeza usige bimwe mu bintu byawe najya abikubita amaso azajya agukumbura. Ushobora gusiga nk’igikomo, isaha, igikapu […] ku buryo […]

Chris Brown yatuye umujinya abakimufitiye inzika kubera gukubita Rihanna

Umuhanzi Christopher Maurice Brown wamamaye mu muziki nka Chris Brown, yasubije abakimufitiye inzika nyuma yo gukubita Rihanna muri 2009 ubwo aba bombi bari bakiri mu rukundo. Kuva ku wa Kane w’iki cyumweru Chris Brown yaratutswe ndetse yerekwa urwango rukomeye, nyuma y’uko umuhanzikazi Chlöe yari asohoye integuza y’indirimbo ye ‘How does it feel’ yakoranye n’uyu muhanzi […]

Dore amakosa akunze gukorwa n’abakobwa bigatuma batakaza abakunzi babo mu gihe gito

Hari abakobwa benshi bataramba mu bukundo kandi biyiziho ubwiza, buri musore wese babashije gukundana ntibamarane kabiri kubera amakosa atandukanye bakora batabizi. Ese waba wibaza ayo makosa akunze gukorwa n’abakobwa bigatuma batakaza abakunzi babo mu gihe gito? Twifashishije Relrules.com, dore ayo makosa: 1. Kwihagararaho mu makosa Iki ni ikintu gikomeye cyane umuhungu w’incuti yawe areberaho niba […]