Byiringiro Lague ashobora guhanwa
Byiringiro Lague utagaragaje kwishimira kuvanwa mu kibuga ku munota wa 33 w’umukino, ashobora guhura n’ibihano bikarishye kuva ku mutoza w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’. Ku munsi w’ejo hashize nibwo habaga umukino wa gicuti wahuje Amavubi na Botswana, aho amakipe yombi yaje kunganya ubusa ku busa. Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 33, Umudage utoza Amavubi, yasimbuje […]
Umugore wa Pasiteri Théogène yasubije abavuga ko agiye gushakana n’umuzungu
Umugore wa Pasiteri Théogène Niyonshuti wamenyekanye nka ‘Inzahuke’ mu ivugabutumwa mu Rwanda, Uwanyana Assia, yakuye abantu mu rujijo asobanura iby’umugabo mushya bamushinja ko bagiye gukora ubukwe mu minsi ya vuba. Hamaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye hazenguruka amakuru y’uko Uwanyana Assia ari mu rukundo n’undi mugabo ndetse ko bagiye no gukora ubukwe. Amakuru yavugaga […]
Abashoye muri STT bari kurira ayo kwarika
Abantu bashoye amafaranga mu kigo Super Free to Trade Ltd (STT) cyari kimaze gushinga imizi mu Rwanda, bari kurira ayo kwarika bavuga ko cyafunze imigabane yabo ikirimo. Nyuma y’uko Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, iburiye abantu bari bakomeje gushora muri iki kigo, abari bakirimo bemeza ko cyahise gifungirana amafaranga yabo none kuri ubu nta muntu uri […]
Man ibi bintu ni byiza: Minisitiri Dr Utumatwishima Abdallah
Minisitiri w’urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah yanyunzwe n’ibikorwa bya Bruce Melodie uri gutera imbere ku ruhando mpuzamahanga. Bruce Melodie umaze iminsi muri Amerika, akomeje kuzamura ibendera ry’u Rwanda binyuze mu buhanga bwe n’ubwitange agaragaza mu miziki akunze gusohora. Binyuze mu bucuti afitanye na Shaggy basubiranyemo indirimbo ‘Funga Macho’ bakayita ‘When she is around’, Bruce […]
Jado Castar yahaye amafaranga Kiyovu Sports iri mu bukene
Umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu uzwi cyane nka Jado Castar mu itangazamajuru ry’imikino mu Rwanda, yahaye inkunga y’amafaranga ikipe ya Kiyovu Sports iri mu bukene budasanzwe. Muri iyi minsi ubukene buranuma mu ikipe ya Kiyovu Sports aho idaheruka guhemba abakozi ndetse kandi iri no mu bihano bya FIFA. Iyi kipe ibarizwa mu mujyi wa Kigali […]
Abakinnyi 11 Amavubi ashobora kubanza mu kibuga

Ikipe y’Igihugu “Amavubi” iri kubarizwa muri Madagascar mu mikino ya gicuti itegura imikino yo mu matsinda yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Isi giteganyijwe muri 2026. Amavubi arakina imikino ibiri ya gicuti muri iki gihugu, aratangira akina na Botswana kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Werurwe 2024. Ku munsi w’ejo hashize nibwo abasore […]
Kera kabaye Super Manager w’imyaka 40 agiye kurongora
Umujyanama w’abakinnyi, Gakumba Patrick wamamaye nka Super Manager mu myidagaduro yo mu Rwanda no hanze y’aho, yahamije ko mu minsi ya vuba agiye kurongora. Iyo bavuze bimwe mu byamamare bitari byakora ubukwe kandi imyaka yabo ibibemerera ndetse kandi nta kintu babuze, Super Manager na we yisangamo. Uyu musore wiyita amazina atagira ingano, ashinjwa kwanga gushaka […]
Eh ndi muzima: Nkusi Arthur agiye kwibaruka
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda, Nkusi Arthur yaciye amarenga ko we n’umufasha we, Miss Muthoni Fiona bitegura kwibaruka imfura yabo, nyuma y’imyaka hafi itatu bakoze ubukwe. Mu ijoro ryo ku wa 21 Werurwe 2024 ubwo habaga igitaramo cy’urwenya ‘Gen-Z Comedy’, Arthur Nkusi yari ari muri bamwe basusurukije abantu babatera urwenya. Ubwo Nkusi Arthur yageraga ku rubyiniro […]
Zari Hassan yasubije abavuga ko umugabo we amunyunyuza imitsi
Umuherwe akaba n’umushabitsi wabigize umwuga muri Afurika y’Uburasirazuba no hanze yayo, Zari Hassan uzwi nka The Boss Lady, yasubije abavuga ko umugabo we Shakib, amunyunyuza imitsi binyuze mu kumurya amafaranga. Mu itangazamakuru hakomeje gusakara amakuru y’uko Shakib atagira akazi akora ko ahubwo we icyo azwiho ni ukunyunyuza imitsi y’umugore we Zari The Boss Lady. Bavuga […]
Bavuga ko banditse muri RDB, ariko bahabwa uruhushya na BNR: Guverineri wa BNR, John Rwangombwa kuri STT
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa araburira abanyarwanda bayobotse uburyo bwa STT (SuperFree to Trade) kuko butanditse nk’ubucuruza imari. Hamaze iminsi mu Rwanda humvikana uburyo bugiye butandukanye abantu bakoreramo amafaranga kuri murandasi, ubwo buryo bugaragaza ibyangombwa bitangwa n’urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere, RDB, kugira ngo byizerwe n’ababigana. Muri ubwo buryo hari ubumaze kwamamara cyane […]
Umutoza wa Rayon Sports yasubiye mu Bufaransa
Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports, Julien Mette yafashe rutemikirere asubira iwabo mu Bufaransa nyuma y’uko shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda ihagaze. Muri aka karuhuko k’imikino mpuzamahanga y’ibihugu gatangwa na FIFA, umutoza wa Rayon Sports yaboneyeho guhita asubira iwabo mu Bufaransa kubera impamvu z’umuryango we. Uyu mutoza wahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku […]
Beyoncé yerekanye ubwambure bwe

Umuhanzikazi Beyoncé yerekanye ubwambure bwe ku karubanda ubwo yateguzaga abafana be album ye ya Munani agiye gushyira hanze vuba aha. Uyu muhanzikazi ufite ibigwi bikomeye mu muziki, yashyize hanze ifoto igaragaza ubwambure bwe mu rwego rwo kurushaho guteguza abantu iyi album ye arashyira hanze mu minsi ya vuba. Mu ifoto yashyize ku rukuta rwe rwa […]
Uwabajije BNR niba STT yemewe mu Rwanda, ntiyorohewe

Ku munsi w’ejo hashize nibwo Banki nkuru y’u Rwanda, BNR yagiriye inama abanyarwa kudakomeza gushora amafaranga yabo muri Company izwi nka STT (SuperFree to Trade), iyigaragaza nk’itemerewe gukora ubucuruzi bw’amafaranga. Ibi BNR yabigarutseho iri gusubiza ikibazo cy’umukobwa ukoresha amazina ya Ishema Aline ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter, wari ubajije niba Company ya STT […]
Ariana Grande yategetswe kwishyura umugabo batandukanye
Umuhanzikazi ukunzwe mu ukunzwe mu njyana ya Pop, Ariana Grande agiye kwishyura uwahoze ari umugabo we akayabo k’amafaranga nyuma y’uko batandukanye, ari we ubyisabiye. Mu mwaka ushize wa 2023 muri Nzeri nibwo Ariana Grande na Dalton Gomez wahoze ari umugabo we, batandukanye nyuma y’uko batse gatanya. Ubwo urukiko rwabahaga gatanya, uyu mugore ni we wari […]
Ntabwo Dynamo yari kwambara ibyamamaza u Rwanda dufitanye akabazo: Umuvugizi wa Minisiteri ya siporo mu Burundi
Umuvugizi wa Minisiteri ya siporo n’umuco mu Burundi, Remy Barampama yemeje ko batari kwemerera Dynamo BBC kwambara imyenda yamamaza u Rwanda kandi batabanye neza nubwo baturanye. Mu minsi yashize nibwo ikipe ya Dynamo BBC yo mu Burundi yasezerewe mu irushanwa rya BAL24 ryari riri kubera muri Afurika y’Epfo nyuma yo kwanga kwambara imyenda yanditseho Vist […]
APR FC iri kurambagiza i Burundi

Ikipe y’ingabo z’igihugu, APR FC irashaka gusinyisha abakinnyi babiri b’Abarundi bigaragaje muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Burundi. Abarundi babiri à‰lie Eldinho Mkono w’imyaka 24 ukinira Bumamuru FC na Henry Msanga w’imyaka 23 wa Flambeau du Centre bari kuganirizwa na APR FC ku buryo ibiganiro bigenze neza aba bakinnyi bakisanga muri iyi kipe yambara Umweru […]
Adepr yavuze ku byo gukomorera abagore bakajya basuka, bagasiga inzara, bakanambara amapantaro

Itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR) riranyomoza amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye avuga ko iri torero ryaba ryakomoreye abagare bakajya bambara amapantaro, kudefiriza no gusuka imisatsi ndetse no gusiga inzara. Mu minsi yashize ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu matsinda abantu bahuriramo ya Whatsapp, hasakaye amakuru y’uko abagore n’abakobwa bo muri Adepr bemerewe […]
Dani Alves agiye kurekurwa
Urukiko rwo muri Espagne rwemeje ko Dani Alves wahoze akinira Fc Barcelona ashobora kurekurwa by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate ya miliyoni y’ama-euro. Mu kwezi gushize nibwo uyu mukinnyi yahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu mu kabyiniro, icyo gihe yakatiwe igifungo cy’imyaka ine n’igice muri gereza. Dani umaze umwaka urenga muri gereza kuko yafunzwe muri Mutarama […]
Element yahaye umukunzi we indirimbo, batandukanye arayimwambura ayiha abandi
Umuhanzi Robinson Fred Mugisha wamenyekanye nka Element mu mwuga wo gutunganya indirimbo mu Rwanda, yavuze ukuntu indirimbo ‘Kashe’ yari yarakoreye umukunzi bakaza gutandukana bikaba ngombwa ko ayisangiza Isi yose byumwihariko abari mu rukundo. Kashe ni indirimbo yazamuye uyu musore ndetse akaba ari nayo yamwinjije mu muziki nyirizina nk’umuhanzi kuko yari asanzwe atunganya indirimbo z’abandi bahanzi […]
Umupfumu Salongo yanze kubatizwa

Umuganga gakondo Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo yavuze ukuntu yanze kubatizwa muri Kiliziya ubwo yari agiye gusezerana n’umugore we, Muzirankoni Joseline mu mwaka ushize. Mu Ugushyingo umwka ushize nibwo umupfupfumu Salongo yasezeranye n’umugore we imbere y’Imana mu nzu mberabyombi ya Paroisse Saint Pierre Cyahafi ku Kimisagara. Icyo gihe ni ibintu byatunguye abantu benshi kubona uzwiho […]
Apotre Mignonne Kabera yahaye umugore mugenzi we imodoka nshya

Umuyobozi uhagarariye urusengero rwa Noble Family Church akaba ari na we warushinze, Apostle Alice Mignonne Kabera yatanze imodoka ya miriyoni 8 n’igice, ayiha umuvugabutumwa Nyirapasika wafashijwe n’umuryango wa Women Foundation washinzwe n’uyu mudamu. Nyirapasika n’umuryango we bahawe impano y’akataraboneka y’imodoka ku wa Gatandatu tariki ya 16 Werurwe 2024. Apostle Mignonne yisegura kuri uyu muryango ko […]
Umuhanzi wa mbere muri Gospel mu Rwanda yujuje Miliyoni
Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi ari kwishimira kuzuza abamukurikira ku rubuga rwa Youtube (Subscribe) basaga miliyoni imwe. Umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje kugenda waguka uko bwije n’uko bukeye, bitewe n’abantu bawukora. Iyo bigeze mu Rwanda, umuhanzi Israel Mbonyi ahinduka inyenyeri muri wo […]
Ntwali Fiacre arifuzwa na Mamelodi Sundowns
Umuzamu w’ikipe y’igihugu Amavubi na TS Galaxy yo muri Afurika y’Epfo, Ntwari Fiacre arifuzwa n’amakipe abiri akomeye ashaka kugura amasezerano ye ndetse bakanamushyira ku mushahara wisumbuyeho ku wo yafataga mu ikipe arimo. Ikipe ya NEC Nijmegen ikina ikiciro cya mbere mu Buhorandi yifuje uyu muzamu uhagaze neza muri minsi aho ishaka kugura amasezerano ye afite […]
Jeannette Kagame yakiriye umuyobozi wa BAL
Madam Jeannette Kagame yagiranye ibiganiro birambuye ku bijyanye no guteza imbere siporo mu rubyiruko na Claire Kamanzi usanzwe ayobora NBA Africa ndetse na Amadou Gallo Fall Perezida wa Basketball Africa League (BAL) Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Werurwe 2024 nibwo Madam Jeannette Kagame yakiriye umuyobozi wa NBA Africa, Claire Kamanzi na Perezida wa […]
Myugariro wa APR FC agiye kwerekeza muri Azam FC
Ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania, iri mu buganiro na myugariro w’ibumoso muri APR FC n’Ikipe y’Igihugu “Amavubi”, Ishimwe Christian. Christian uri ku mpera z’amasezerano ye muri APR FC, ari kugirana ibiganiro na Azam FC kugira ngo ajye kuyifasha mu bwugarizi. Bivugwa ko Azam FC iri mu biganiro na Ishimwe Christian nyuma yo kunenga […]
Vuba aha nzabereka umufiyanse: Seburikoko w’imyaka 46
Umukinnyi wa Filime akaba n’umunyarwenya ugezweho mu Rwanda, Niyitegeka Gratien wamenyekanya nka Seburikoko cyangwa Sekaganda yatangaje ko vuba aha arerekana umukunzi we. Ku mbuga nkoranyambaga abantu benshi bakunze gusaba Seburikoko kuba yashaka umugore kuko babona yaramaze kurengererana. Iyo bakoze urutonde rw’abanze gushaka, Seburikoko abanziriza abandi ariko we akavuga ko nta kintu cyimwirukansa. Aganira na Isango […]
Tanzania: Sitade izitirirwa perezida Samia Suluhu igiye kubakwa

Goverinoma ya Tanzania yemeje umushinga wo kubaka sitade izatwara angana na Miliyari 286 z’amashiling ya Tanzania, aho izakira imikino y’igikombe cya Afurika. Iyi sitade izitirirwa umukuru w’igihugu cya Tanzania, Samia Suluhu Hassan izubakwa na sosiyete y’Abashinwa yitwa CRCEG (China Railway Construction Engineering Group Limited) Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 19 Werurwe 2024 nibwo Minisitiri […]
Umwana wa myugariro wa Olympic Star yo mu Burundi, yiciwe muri Congo

Umwana wa myugariro wa Olympic Star yo mu Burundi, Emile Bob Balama yishwe n’abagizi ba nabi muri Congo. Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo mu Burundi hamenyekanye inkuru y’inshamugongo ko umwana wa Myugariro wa Olympic Star, Emile Bob Balama yishwe n’abagizi ba nabi. Amakuru avuga ko uyu mwana yishwe ari kumwe na se ubwo bari bari […]
Se wa Jose Chameleone agiye kwicukurira imva atari yapfa

Se wa Jose Chameleone, Weasel na Pallaso yatunguye abakurikira imyidagaduro ubwo yatangazaga ko yiteguye kwicukurira imva mbere y’uko yitaba Imana. Gerald Mayanja wabyaye abasore bazwi cyane muziki wo muri Uganda, yarahiriye kwicukurira imva azashyingurwamo ubwo azaba yapfuye. Aganira na Spark TV, Bwana Mayanja yagaragaje ko ashimira Imana mu minsi yose yabayeho hano ku isi ndetse […]
Abakinnyi bateguriwe udukingirizo ibihumbi 300 mu mikino Olympic
Mu mikino Olempike y’uyu mwaka izabera i Paris mu Bufaransa, abakinnyi bemerewe gukora imibonano mpuzabitsina uko bashaka aho banateguriwe udukingirizo dusaga ibihumbi 300. Ubuyobozi bw’Imikino Olempike bwemereye abashaka kuzakora imibonano mpuzabitsina mu mikino Olempike nyuma y’uko iyabereye i Tokyo muri 2021 bari bakumiriwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Kuri ubu hari udukingirizo […]
Clapton Kibonke na Jacky bibarutse

Umunyarwenya Mugisha Emanuel wamenyekanye nka Clapton Kibonge muri filime zitandukanye zirimo ‘Seburikoko’ n’izindi, yibarutse umwana wa gatatu. Amakuru yo kwibaruka kw’aba bombi yamenyekanye binyuze ku mbuga nkoranyambaga za Clapton Kibonge n’umugore we Ntambara Jacky, aho bagaragaje kwishimira uyu mwana w’umuhungu. Uyu mwana w’umuhungu bibarutse, bahise bamwita ‘Muhisha Nolan’ nk’uko Mama we yabitangaje ku rukuta rwe […]
Rayon Sports yitabaje RIB

Rayon Sports yatanze ikirego muri RIB, irega ikigo cyahawe isoko ryo gucuruza amatike ku bibuga muri shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda aricyo Urid Technology Ltd. Iyi kipe ishinja Urid Technology Ltd kwinjiza abafana batishyuye mu mukino Rayon Sports iheruka gutsindwamo na APR FC ibitego 2-0. Mu ibaruwa yanditswe tariki 13 Werurwe 2024, yandikirwa Umuyobozi wa […]
Uburusiya bwateye igisasu mu mujyi utuyemo Bizimana Djihad utegerejwe mu Amavubi
Umujyi wa Kryvyi Rih utuyemo umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Djihad Bizimana watewemo igisasu karahabutaka cyahitanye abantu bagera kuri 5 ndetse cyinasenya zimwe mu nyubako zo mru uyu mujyi. Iki gikorwa cyabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki ya 12 Werurwe 2024, aho igisasu cyasenye zimwe mu nyubako nini Mujyi wa Kryvyi Rih bamwe bakahasiga ubuzima […]
Dynamo BBC yanze gutaha muri Rwandair igeze i Burundi yihena abanyamakuru

Abakinnyi b’ikipe ya Dynamo BBC iherutse gusezererwa mu marushanwa ya BAL2024 izira kutubahiriza amatageko y’irishanwa, yageze mu Burundi yanga kuvugisha abanyamakuru bari benshi ku kibiga cy’indege. Kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Werurwe 2024 nibwo iyi kipe ya Dynamo BBC yageze ku kibuga cy’indege cyitiriwe Melchior NDADAYE. Bageze ku kibuga cy’indege bakirwa n’abaturage bonyine […]
Perezida Museveni yateye inkunga Cecafa
Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni agiye gutera inkunga Cecafa Cup y’ibihugu izabera muri Zanzibar uyu mwaka. Imyaka ibaye itanu iri rushanwa ritaba kubera ibibazo by’amafaranga no kubura umuterankunga warishoramo by’igihe kirekire. Nyuma y’uko rimaze iyo myaka yose ridakinwa, rigarukanye imbaraga zidasanzwe aho muri uyu mwaka rirakinwa rifite umuterankunga mushya, Perezida Museveni. Umuyobozi mukuru […]
Umuyobozi wahannye abatabaje Perezida Kagame, yeguye

Perezida wa Etincelles FC, Ndagijimana Enock yeguye ku nshingano zo kuyobora iyi kipe yugarijwe n’ibibazo by’ubukene. Kuri uyu wa Kane tariki ya 14 Werurwe 2024, Ndagijimana Enock yandikiye Komite Nyobozi y’ikipe ya Etincelles FC ayimenyesha ko yeguye ku mwanya wa Perezida. Mu ibaruwa dufitiye kopi, Ndagijimana Enock yavuze ko atakibona umwanya uhagije wo gukurikirana ubuzima […]
Ikoranabuhanga rihambaye mu kigo gishya cya Polisi gikoresha ibizamini byo gutwara ibinyabiziga

Mu Busanza ho mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro huzuye Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gutwara Ibinyabiziga hakoreshejwe Ikoranabuhanga. Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 13 Werurwe 2024, Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yasobanuriye itangazamakuru imikorere y’iki kigo. Iki kigo kigizwe n’inyubako, ibibuga bikorerwamo ibizamini ndetse n’ikoranabuhanga ryifashishwa mu gukora […]
Karekezi Olivier yatunguwe n’ibyo Amavubi yakoze
Olivier Karekezi wahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yagiriye inama abakinnyi bagenzi be bari mu ikipe y’igihugu ubu niba bashaka kujya mu gikombe cy’isi 2026. Ku isi hose hari gukinwa imikino yo mu matsinda hashakwa amakipe azahagararira imigabane mu gikombe cy’isi, kizaba muri 2026. Ku mugabane w’afurika ahabarizwa u Rwanda naho iyo mikino […]
Louise Mushikiwabo yanyuzwe n’umusore wamushushanyije

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yashimiye umusore wamushushanyije mu buryo buteye amabengeza Umusore witwa Nuru Freddy yafashe akanya ashushanya Louise Mushikiwabo maze abimwereka binyuze ku rubuga rwa X. Abinyujije ku rukuta rwe rwa X, uyu musore yashyize hanze igishushanyo giteye amabengeza aho yagikoreye Mushikiwabo. Si ibyo gusa, Nuru afatanyije na […]
RIB yinjiye mu kibazo cy’umukinnyi wakubiswe n’umuyobozi
Nyuma y’uko hasohotse amakuru y’uko Kapiteni w’ikipe ya Inyemera WFC yakubiswe n’abayobozi aziri kwishyuza amafaranga, Urwego rw’’igihugu rw’ Ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko rwatangiye iperereza ngo hamenyekanye ukuri kwa nyako kuri ayo makuru. Mu Cyumweru gishize nibwo hasakaye amakuru yavugaga ko Kapiteni wa Inyemera, Bertine Mutuyemungu, yakubiswe ubwo yajyanaga na Perezida w’ikipe ku karere ka Gicumbi […]
Rutahizamu Musa Esenu yarezwe muri FIFA

Rutahizamu Musa Esenu bakunze kwita ‘Simba’ yarezwe muri FIFA hamwe na Bul FC akinira, aho bashinjwa uburiganya bakoreye ikipe yo muri Iraq. Esenu watandukanye na Rayon Sports muri Mutarama nyuma yo kurangiza amasezerano ye, yisanze mu rubanza gute? Ubwo uyu mukinnyi yasozaga amasezerano ye muri Rayon Sports, binyuze mu bakomisiyoneli be yahise abona ikipe nshya. […]
Perezida Samia yahuje Diamond na Harmonize batavuga rumwe

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yahurije hamwe Harmonize na Diamond Platnumz bari bamaze imyaka itandatu badahura kubera inzigo yari iri hagati yabo bombi. Inkuru yazindukiye mu binyamakuru byo muri Tanzani, ni ukongera guhura kwa Diamond na Harmonize badacana uwaka, aho bapfa ko umwe yahemukiye undi abyita ubufasha. Aba bahanzi bongeye guhura mu ijoro ryo […]
Sat-B yinjiye muri Dynamo BBC yanze kwambara Vist Rwanda

Umuhanzi Bizimana Aboubakar Karume wamenyekanye nka Sat-B mu muziki wo mu Burundi, yiyemeje kuba umufana mushya wa Dynamo BBC yabujijwe kwambara Vist Rwanda muri BAL2024. Dynamo BBC yabujijwe na Febabu kwambara imyenda yanditseho Vist Rwanda aho byayiviriye guterwa mpaga inshuro ebyiri ndetse binatuma basezererwa mu irushanwa rya BAL. Nyuma y’uko isezerewe, Dynamo BBC yasohoye ubutumwa […]
Stephen Curry ashobora kuziyamamariza kuba perezida w’Amerika
Umukinnyi w’icyamamare mu mukino wa Basketball, akaba asanzwe akinira Golden State Warriors, Stephen Curry, ashobora kwinjira muri politiki mu bihe biri imbere ubwo azaba asoje urugendo rwe mu mukino w’intoki. Ubwo yari ari mu kiganiro CBS Morning gikorwa na Duncan Jericka, yabajijwe niba yajya muri politike ndetse akaba yaniyamamariza kuba Perezida w’igihugu mu gihe yaba […]
Mugireza Jean Baptiste ’Migi’ yashatse kwiba igikombe Rayon Sports yatwaye APR FC

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Musanze FC, Mugireza Jean Baptiste ’Migi’, yavuze ukuntu yashatse guterura igikombe cya Super Cup cyari cyimaze kwegukanwa na Rayon Sports, akacyirukana. Tariki 12 Kanama 2023, nibwo Rayon Sports yanyagiraga APR FC ibitego bitatu ku busa ndetse inayitwara igikombe cya Super Cup. Kuri uwo mukino, igikombe cyahawe Rayon cyari cyazanwe na […]
Mike Tyson agiye kurwana n’umu-YouTuber
Mike Tyson bahimba ‘Iron Mike’ agiye kugaruka mu mukino w’iteramakofe aho azaba ahanganyemo na Jake Paul. Uyu mukino utegerejwe n’isi yose, uteganyijwe kuba tariki 20 Nyakanga 2024, ukazabera muri leta ya Texas muri AT&T Stadium. Tyson azahatana n’umusore witwa Jake Paul usanzwe ari umu-YouTuber ariko winjiye mu mukino w’iteramakofe mu myaka ya vuba aha. Mike […]
Njya ngira gutya nkamurota inshuro nyinshi: Platini P arota nyakwigendera Jay Polly
Umuhanzi Nemeye Platini wamaenyekanye nka Platini P mu itsinda rya Dream Boys yavuze ukuntu ajaya arota nyakwigendera Jay Polly witabye Imana muri 2021. Ku wa 2 Nzeri 2021, nibwo inkuri y’inshamugongo yatashye mu matwi y’abanyarwanda ko Tuyishime Joshua wamenyekanye nka Jay Polly yitabye Imana aguye muri gereza. Urupfu rwa Jay Polly rwashenguye abantu benshi harimo […]
Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yakubiswe na Dasso arakomereka
Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy wa BTN TV, yakubiswe na Dasso ubwo yajyaga gutara amakuru y’abaturage bari bari gusenyerwa n’ubuyobozi. Ibi byabereye mu Kagari ka Niboye mu Murnge wa Niboye ho mu Karere ka Kicukiro, aho uyu munyamakuru yari yagiye gutara amakuru y’ahari hari gusenywa inzu z’abaturage. Uyu munyamakuru avuga ko yageze aho bari gusenyera abaturage […]
FIFA ihannye indi kipe yo mu Rwanda
Ishyirahanwe ry’umupira w’amaguru ku isi ‘FIFA’ ryahannye Etincelles nyuma yo kunanirwa kwishyura amafaranga arenga 8,850.000 Frw, ahwanye n’amadolari 7,020, ibereyemo uwahoze ari umukinnyi wayo Jerome Iniesta. Iniesta yaje muri Etincelles muri Mutarama 2023 ku masezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gutsinda igeragezwa ry’ukwezi kumwe. Nyuma y’amezi atandatu asinye muri Etiencelles, umutoza Rajab Bizumuremyi yamubwiye ko atari […]
RIB yashyikirijwe abafana ba Rayon n’abakozi bacuruje amatike ku mukino wa APR FC na Rayon Sports
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize nibwo ikipe ya Rayon Sports yatsindwaga na APR FC mu mukino yari yakiriye kuri Kigali Pele Stadium. Uyu mukino wasize amakuru menshi agiye atandukanye yo hanze y’ikibuga harimo nko gufungwa kwa bamwe mu bafana ba Rayon Sports. Radio1 ivuga ko nyuma y’umukino ikipe ya Rayon Sports yajyanye kuri RIB bamwe […]
Dynamo BBC yanze kwambara Vist Rwanda ihita isezererwa muri BAl igitaraganya

Nyuma y’uko Febabu ibujije Dynamo BBC kwambara imyambaro yanditseho umuterankunga “Vist Rwanda” isezerewe mu irushanwa rya BAL riri kubera muri Afurika y’Epfo. Mu itangao risohowe n’ubuyobozi bwa BAL, rivuga ko Dynamo itewe mpaga ku mukino yari gukina na Petro de Luanda yo muri Angola kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Werurwe 2024. Itangazo ryagiraga […]
Fifa yategetse As Kigali kwishyura Sali Boubakary yirukanye

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ‘FIFA’ ryategetse As Kigali kwishyura myugariro Sali Boubakary Li wirukanwe mu buryo bunyuranyije amategeko. Mu mwaka ushize nibwo ikipe ya As Kigali yasezereye bamwe mu bakinnyi bayo barimo na Sali Boubakary ukomoka muri Cameroon. Uyu musore wirukanwe mu buryo bunyuranyije amategeko yahise agana Fifa ayisaba kumurenganura. Mu gusuzuma ikirego cye, […]
Niyonzima Olivier Seif ahagaritswe kugeza shampiyona irangiye

Komite Nyobozi ya Kiyovu Sports yahagaritse Kapiteni wayo, Niyonzima Olivier Seif imushinja kutubahiriza ibiri mu masezerano bagiranye mu mwaka wa 2023. Mu ibaruwa yandikiwe uyu mukinnyi, yamenyeshejwe ko ahagaritswe imikino yose isigaye ya shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda igera kuri 6. Kiyovu Sports ishinja uyu mukinnyi kagaragarwaho n’imimyitwarire idahwitse akaba ari nayo mpamvu yahagaritswe […]
Diamond Platnumz yahagaritse ubukwe ku munota wa nyuma
Mushiki wa Diamond Platnumz, Esma Platnumz yemeza ko musaza we yahagaritse ubukwe ku munota wa wa nyuma bayoberwa ibibaye. Uyu mudamu uri mu bagezweho muri Tanzania, avuga ko musaza we yari yiyemeje gukora ubukwe n’umukobwa atatangaje amazina gusa ngo yaje kubivamo habura iminsi mike ngo bube. Avuga ko imiryango yombi yari yaramaze kumvikana ku nkwano […]
Ku myaka 17 yahagaritswe muri ruhago nyuma yo kuvuburwa ko yabeshye imyaka

Umukinnyi w’imyaka 17 ukomoka muri Cameroon, Wilfried Nathan Douala wakiniraga Victoria United y’iwabo yahagaritswe muri ruhago nyuma yo kuvumburwa ko yabeshye imyaka. Ikinyamakuru Sports Brief kivuga ko Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon, FECAFOOT ryatangaje ko Doualla ari mu bakinnyi 62 bahagaritswe bacyekwaho kubeshya imyaka. FECAFOOT ivuga ko abakinnyi 62 barimo Douala ndetse n’abandi baturuka mu […]
Abarundi bongeye kubuzwa kwambara Vist Rwanda

Nyuma y’uko abarundi bari bemeye gukina amarushanwa ya BAL bambaye Vist Rwanda, amakuru azindutse muri iki gitondo ni uko bongeye kubuzwa kwambara iyo myambara iriho umuterankunga w’irushanwa ariwe Vist Rwanda. Ku munsi w’ejo hashize nibwo amakuru y’uko bemeye gukomeza irushanwa bambaye imyenda iriho Vist Rwanda yamenyekanye, aho yemezaga ko bazakomeza irushanwa ndetse bakanubahiriza amategeko yaryo […]
Perezidanse y’u Burundi yavuye ku izima yemerera Dynamo BBC kwambara Vist Rwanda
Nyuma yo kwanga gukina bambaye imyenda yanditseho “Visit Rwanda” bagaterwa mpaga, ikipe ya Dynamo BBC yaje kwemera gukina yambaye uwo muterankunga . Amakuru ava mu biro by’umukuru w’igihugu yemeza ko Dynamo BBC yemeye gukina yambaye imyenda yanditseho “Vist Rwanda” nk’uko bitangazwa na BBC Gahuza. Dynamo yari gukina na FUS Rabat yo muri Maroc ku Cyumweru […]
Rutayisire Jackson wahagaritswe mu Amavubi, ahagarariye FPR mu matora y’abadepite

Rutayisire Jackson wahoze mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ akaza kwirukanwa kubera amakosa yatumye Amavubi aterwa mpaga, agiye kwiyamamariza kuba umudepite. Jackson wahoze ari Team Managera wa ‘Amavubi’ ari mu bakandida ba FPR Inkotanyi baziyamamariza kuba abadepite muri Nyakanga. Ubwo FPR yatangazaga abakandida bayo ku mwanya wa Perezida n’abadepite, uyu mugabo uyoboye ikipe ya Bugesera […]
Umunya-Nigeria wahoze muri Rayon Sports yasabye umunyarwandakazi kumubera umugore

Umunya-Nigeria wanyuze mu ikipe ya Rayon Sports, Osaluwe Rafael yambitse impeta ya finà§ailles umukunyarwandakazi, Hoza Lily Chris bamaze igihe bakundana. Ku Cyumweru tariki ya 10 Werurwe 2024 nibwo uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yaraye yambitse impeta umukunzi we mu muhango wabereye mu Mujyi wa Kigali kuri Great Hotel. Ku muteguro udasanzwe kuri iyo hoteli, […]
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Congo baraye mu kibuga cy’indege, minisitiri wa siporo yirarira muri hoteli y’inyenyeri 5

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baraye hasi kuri sima mu kibuga cy’indege cya Accra muri Ghana. Aba bakinnyi bitabiriye imikino ya ‘All African Games’ iri kubera muri Ghana, baraye ku kibuga cy’indege cya Accra nyuma yo kubara aho bacumbika. Mu mafoto akomeje gucaracara ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye, yerekana abakinnyi b’ikipe […]