Abakinnyi ba Sunrise FC barara hasi muri sitade

Abakinnyi b’ikipe ya Sunrise FC barara hasi muri stade mu gihe baba bahurijwe hamwe kugira ngo bitegure imikino imwe n’imwe ya shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda. Mu gihe abakinnyi b’andi makipe barara muri za hotili mu gihe bari mu mwiherero kuri Sunrise FC ho siko bimeze ahubwo bo birarira hasi muri Sitade. Igihe ikipe […]
Simba SC yitwaje ingunguru z’ibiryo mu Misiri
Ikipe ya Simba SC yafashe icyemezo cyatunguye abaturage cyo kujyana ibintu byose bikenerwa kugeza no ku mutetsi ubwo baraba bagiye mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Al Ahly muri CAF Champions League. Simba SC irahaguruka i Dar es Salaam kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024 yerekeza i Cairo mu Misiri aho […]
Niyonzima Olivier Seif yatakambye
Niyonzima Olivier Seif uherutse guhagarikwa n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports kugeza umwaka w’imikino wa 2023-2024 urangiye adakina, yatakambye asaba imbabazi. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Mata 2024, Seif yicaye hamwe yandika ibaruwa isaba imbabazi ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwamuhagaritse. Mu ibaruwa ifunguye, uyu mugabo w’imyaka 31 y’amavuko ukina hagati mu kibuga yugarira yanditse avuga […]
Perezida Kagame agiye gukemura ikibazo cy’abana bo mu bakene batsikamirwa n’abo mu bakire mu kibuga
Umwana w’imyaka 14 uzwi nka Manishimwe Gilbert wigaruriye imitima ya benshi bitewe n’uko asesengura umupira w’amaguru, yasabye Perezida Paul Kagame ubufasha ku bana bapfukiranwa ku mpano zabo bitewe n’ubukene bw’iwabo. Kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Mata 2024 nibwo Umukuru w’Igihugu yagiranye ikiganiro na Radio 10 na Royal FM. Ubwo hari hagezweho umwanya wo […]
Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi yabonye akazi muri Canada

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Dany Usengimana yasinyiye ikipe nshya yitwa AS Laval. Uyu rutahizamu yasinyiye iyi kipe ikina mu Cyiciro cya Mbere muri shampiyona y’Intara ya Québec n’ubundi yo muri Canada. Abinyujije ku mbugankoranyambaga ze, Danny Usengimana yatangaje ko yabonye ikipe nshya. Yagize ati: “Ntuzigere ucika intege mu buzima, urakoze Mana ku bw’amahirwe meza wampaye […]
Twaba turi abasazi gufata inkunga tukayiha Arsenal cyangwa Bayern ntacyo uvanamo: Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yemeza ko abantu bose banenze gahunda y’u Rwanda izwi nka ‘Vist Rwanda’ yo kwamamaza muri Arsenal, Paris Saint Germain na Bayern Munich, ari injiji ndetse anashimangira ko ubwo bufatanye buri gutanga umusaruro ku rwego rushimishije. Kuri uyu wa Mbere tariki 01 Mata 2024, nibwo Perezida Kagame yari ari […]
Umwana wa Mukeshabatware Dismas yapfuye

Umukobwa wa Mukeshabatware Dismas, Ilibagiza Yvonne yapfuye ku wa 30 Werurwe 2024 aziz kanseri. Ilibagiza Yvonne yapfuye mu mpera z’icyumweru nyuma y’uko yari amaze iminsi arwaye kanseri akaba ari nayo yamuhitanye. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe n’umuvandimwe we, Nyirimigambi Philbert. Ilibagiza yitabye Imana aguye mu bitaro bya Butaro aho yari amaze igihe yivuriza Kanseri. Biteganyijwe ko […]
Perezida Kagame yarebye umukino wa Arsenal na Manchester City

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ku mukino waraye uhuje Arsenal na Manchester City muri Premier League, warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa. Ku Cyumweru tariki ya 31 Werurwe 2024 nibwo Manchester City yari yakiriye Arsenal kuri Etihad Stadium mu mukino wari utegerejwe n’abenshi ku isi yose. Kuri uyu wa Mbere tariki […]
Umukiriya yaguze ibiryo muri resitora asangamo igitsina
Umukiriya yaguye mu kantu ubwo yaryaga ibiryo muri resitora i Kampala yarangiza mu isosi agasangamo igitsina bivugwa ko ari icy’umwana w’umuhungu. Ku wa Kane mutagatifu w’icyumweru dusoje, uyu mukiriya utatangajwe amazina yaje kujya gufata ifunguro muri resitora ikorera i Kampala gusa ibyo yahaboneye ni agahumamunwa. Ubwo uyu mukiriya yageraga muri resitora ashonje, yatumijeho ibyo kurya […]
Amavubi yiteguye gukinisha Abanyamahanga
Ishyirahawe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ rihamya ko biteguye kwakira abakinnyi b’Abanyamahanga mu ‘Amavubi’ mu gihe baba bafite icyo bafasha. Muri Gushyingo 2022 nibwo u Rwanda rwahaye ubwenegihugu Gerard Bi Goua Gohou ukomoka muri Côte d’Ivoire, aho yahise yemererwa gukinira ‘Amavubi’ wakinnye imikino 3 ya gicuti atsindamo n’igitego kimwe. Nubwo uyu mukinnyi yahawe ubwenegihugu, ntabwo […]
Anita Pendo yegukanye igihembo muri Ghana

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda, Anita Pendo yegukanye igihembo cya ‘African Female Entertainment Show Host of the Year’ mu bihembo bya ‘Ladies in Media Awards 2023′ (LIMA) bitangirwa muri Ghana. Anita Pendo amaze iminsi mu mujyi wa Accra muri Ghana aho yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya ‘Ladies in Media Awards 2023′ yari ahatanyemo. Uyu […]
DJ Brianne agiye kubagwa ku gifu

Gateka Esther Brianne wamenyekanye nka DJ Brianne akaba ari mu bagezweho muri iyi minsi mu bijyanye no kuvanga imiziki, agiye kubagwa mu nda. Kuru uyu wa tariki ya 1 Mata 2024 nibwo Dj Brianne uzwei mu kuvanga imiziki ari bubagwe mu nda nyuma y’uburwayi amaranyemo iminsi. DJ Brianne amaze iminsi ataka uburwayi mu nda aho […]
Davis D yakodesheje umupfumu umurindira umutekano akoresheje ihembe

Mu gitaramo cya Platini P yise ‘Baba Xperience’ Umuhanzi Icyishaka Davis wamenyekanye nka Davis D mu muziki nyarwanda no mu karere, yagaragaye ari kumwe n’umupfumu ufite ihembe. Mu mpera z’icyumweru dusoje nibwo Platini yakoraga igitaramo mbaturamugabo aho cyitabiriwe n’abanyarwanda batari bake. Iki gitaramo kandi cyaje kugaragaramo umuhanzi Davis D wari urinzwe n’umupfumu wari ufite ihembe […]
Cardinal Antoine Kambanda yahaye Israel Mbonyi impano

Arkiyepiskopi wa Kigali, Cardinal Antoine Kambanda yahaye Israel Mbonyi impano yo Bibiliya nshya nk’intwaro azakomeza kwifashisha mu rugendo rwe rw’umuziki. Nyuma y’uko Mbonyi atanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo gikomeye cyo kwizihiza Pasika ‘Ewengalie Celebrations’ cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Cardinal Kambanda yahaye Israel Mbonyi impano ya Bibiliya. Muri iki gitaramo, Cardinal Kambanda yashimye […]
Abana ba Jay Polly baherewe Miliyoni 16Frw mu gitaramo

Mu ijoro ryakeye mu gitaramo cya Platini P, abakobwa ba Jay Polly bahawe asaga Miliyoni 16Frw yo kubafasha kugira ubuzima buzira umuze. Ku wa Gatandatu tariki 30 Werurwe 2024 mu ihema rya Camp Kigali habereye igitaramo ‘Baba Xperience’ cya Platini, aho cyari cyahuruje imbaga y’abantu. Abakobwa ba Jay Polly uko ari babiri bari baherekejwe n’umubyeyi […]
Nizzo Kaboss wo muri Urban Boyz yaguye ku rubyiniro

Umuhanzi Nizzo Kaboss wo mu itsinda ryamamaye nka Urban Boyz yaguye ku rubyiniro ubwo yari ari gutaramira abitabiriye igitaramo cya Platini P. Kuri uyu wa 30 Werurwe 2024 nibwo habaye igitaramo cya Platini P yise ‘Baba Xperience’ aho cyabareye muri Camp Kigali. Iki gitaramo cyaririmbyemo abahanzi batandukanye barimo n’itsinda Urban Boyz rigizwe na Nizzo na […]
Ange Kagame na Ian Kagame bakurikiye umukino wa APR BBC – Amafoto

Mu ijoro ryakeye nibwo ikipe ya APR BBC mukino wa Basketball, yatsinze REG mu mukino w’ishiraniro witabiriwe n’abana ba Perezida Paul Kagame. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Werurwe 2024 nibwo hari hakomeje imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Basketball. Muri Gymnasium ya Lycée de Kigali hari habereyemo umukino w’ishiraniro wahuje APR BBC […]
Rayon Sports WFC yahawe igikombe yegukanye ku nshuro ya mbere

Rayon Sports WFC yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bagore yegukanye ku nshuro ya mbere. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2024 ni bwo hakinwaga imikino isoza shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore aho igikombe cyashyikirijwe Rayon Sports. Iki gikombe Rayon Sports yashyikirijwe yari yarakegukanye mu mpera z’icyumweru gishize itsinze Muhazi […]
Polisi yitabajwe mugusohora umufana winjiye mu kibuga Rayon Sports iri gukina na Mukura VS

Umufana yaciye mu rihumye abari bashinzwe umutekano kuri sitade Huye yinjira mu kibuga hagati ubwo hari hari kuba umukino wa Rayon Sports na Mukura VS. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2024 nibwo hari hakomeje imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo, aho Mukura VS yari yakiriye Rayon Sports i Huye. Uyu […]
Imodoka bivugwa ko ari iy’umuyobozi wa Police FC yakoze impanuka yinjira muri sitade

Imodoka bivugwa ko ari iyi umuyobozi wa Police FC yakoze impanuka y’amayobera muri Kigali Pele Stadium aho yamanutse ikava aho yari iparitse ikinjira muri stade. Iyi mpanuka yabaye mbere gato y’umukino wa Police FC na Gorilla FC w’umunsi wa 25 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2023-24. Uyu mukino wagombaga kuba saa 12h30’ […]
Imodoka itwara ibinyobwa bya Brarudi yakoze impanuka icikamo Kabiri

Imodoka itwara ibinyobwa bya Brarudi mu Burundi yakoze impanuka ibigemuye aho bisanzwe bicururizwa. Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 29 Werurwe 2024 nibwo imodoka yari itwaye ibinyobwa bya Brarudi yakoze impanuka. Iyi modoka yakoreye impanuka mu muhanda RN18, mu gace ka Makamba, komine Rusaka, ho mu ntara ya Mwaro, ahagana saa sita z’amanywa. Abaturage babonye […]
Umuyobozi wa BIOCOOR Rwanda ntiyemeranya na Leta y’u Burundi yashatse kwica ingona imaze kurya abantu 300
Inzobere mu bijyanye n’urusobe rw’ibinyabuzima akaba n’Umuyobozi mukuru wa BIOCOOR Rwanda, Dr Ange Imanishimwe ntiyemeranya na Leta y’u Burundi ishaka kwica ingona yitwa ‘Gustave’ iba mu kiyaga cya Tanganyika. Muri 2002 nibwo ingona ‘Gustave’ bivugwa ko imaze kurya abantu 300, yaciye imitego rutura yari yatezwe kugira ngo ifatwe ari nzima. Bivugwa ko iyi ngona ifite […]
APR yatsinze REG mu bagabo n’abagore

Ikipe ya APR BBC mu bagabo n’abagore mu mukino wa Basketball, yatsinze aya REG mu mikino y’ishiraniro. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Werurwe 2024 nibwo hari hakomeje imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Basketball. Iyi mikino yari yakomeje aho mu bagore APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 77-75 ni mu gihe mu […]
Umukinnyi wa AS Kigali yibye matela ayigurisha 40,000 Frw
Myugariro wo ku ruhande rw’iburyo muri AS Kigali, Rugirayabo Hassan, yibye matela y’umusore babanaga. Gasore Enock ashinja uyu myugariro kuyiba maze akajya kuyigurisha hafi y’isoko ry’i Nyamirambo ahacururizwa ibikoresho bishaje. Ku wa Gatatu, tariki ya 27 Werurwe 2024, nibwo uyu mukinnyi utuye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge yahengereye mugenzi we babana adahari […]
Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ashihura umunyamakuru
Umuhanzi akaba n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abahanzi muri Uganda, Eddy Kenzo yageze mu Rwanda abajijwe ku mubano we na Minisitiri Phiona Nyamutooro aryumaho. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Werurwe 2024, nibwo umuhanzi Eddy Kenzo yageze ku butaka bw’u Rwanda aho yitabiriye igitaramo cya Platini P. Akigera mu Rwanda, uyu muhanzi yakiriwe na […]
Anita Pendo yakiriwe n’Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana

Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda, Anita Pendo yageze muri Ghana yakirwa na Ambasaderi w’ u Rwanda, Rosemary Mbabazi. Pendo uri mu bahataniye ibihembo bya ‘Ladies in Media Awards 2023 bitangirwa muri Ghana, yahawe ikaze n’Ambasaderi w’ u Rwanda. Anita Pendo uri kubarizwa mu mujyi wa Accra, avuga ko yishimiye kwakirwa na Ambasaderi w’u Rwanda […]
Urwibutso rwa Pamella Uwicyeza kuri Nyirakuru w’umugabo we wapfuye

Umugore wa The Ben, Uwicyeza Pamella yavuze kuri nyirakuru w’umugabo we witabye Imana kuri uyu wa Kane azize uburwayi. Mu butumwa Pamella Uwicyeza yashyize hanze yagize ati: ”Uruhukire mu mahoro Nyogokuru.” Yagarutse ku byo azahora amwibukiraho ati: ”Iteka wagiraga amashyengo ukanatetesha, tuzahora tugukunda mukundwa.” Ibi yabivuze mbere gato yuko The Ben agaragaza ko ababajwe cyane […]
Utekereje ku ikipe ya hano ngo irusha izindi, wasanga uri umuswa nk’azo: Uwayezu Jean Fidèle kuri APR FC yiratana ibikombe
Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle, yasubije Perezida wa APR FC, Col Richard Karasira uherutse gutangaza ko badafata Rayon Sports nk’umukeba ko ahubwo bamufata nk’uwo bari buhure mu kibiga. Mu minsi yashize nibwo Perezida wa APR FC, Col Richard Karasira yamaganiye kure abavuga ko APR FC y’ibikombe 20 ari umukeba wa Rayon Sports y’ibikombe […]
Antonio Rà¼diger yashinjijwe kuba mu mutwe w’iterabwoba wa ISIS wazengereje Uburusiya
Myugariro wa Real Madrid, Antonio Rà¼diger yavuze kubyaha ashinjwa n’umunyamakuru Julian Reichelt byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa ISIS ugendera ku matwara akaze ya Islam. Mu ntangiriro z’uko kwezi nibwo Antonio Rà¼diger, yasangije abamukurikira kuri Instagram ifoto ari mu musigiti yagiye mu masengesho atangira igisibo. Iyo foto, Rà¼diger aba yazamuye ikiganze cye yatunze agatoki mu […]
Guverinoma ya Uganda yahaye abahanzi Miliyari 8
Binyuze mu ishyirahamwe ry’Abahanzi muri Uganda riyobowe na Eddy Kenzo, Guverinoma y’iki guhugu yahaye abahanzi amafaranga yo kubafasha mu iterambere ryabo. Aganira na televiziyo zo muri Uganda, Eddy Kenzo yemeje ko nk’umuyobozi mukuru w’Ishyirahamwe ry’abahanzi yamaze kubo amafaranga Leta yari yarabemereye. Avuuga ko ayo mafaranga yahawe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu azagabanywa abahanzi bagiye batandukanye bo muri […]
CAF igiye kubakira u Rwanda sitade mpuzamahanga
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika(CAF), igiye gutera inkunga u Rwanda mu bikorwa byo kubaka sitade nshya izaba iri muri esheshatu zizaba zunganira sitade Amahoro iri kugana ku musozo wo kuzura. Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri ya Siporo, iri kurebe uko yakubaka izindi sitade nshya zigera kuri Esheshatu zizaza zunganira Sitade Amahoro. Mu kubuka izo […]
Nyirakuru wa The Ben yapfuye
Nyirakuru wa The Ben ubyara nyina, Mukangarambe Yunia yatabarutse ubwo yajyanwaga kwa muganga mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane itariki 28 Werurwe 2024 nibwo uyu mubyeyi wari umaze amezi 2 arwaye yapfuye. Uyu mubyeyi ufite umwuzukuru ukunzwe cyane mu Rwanda, yatabarutse ubwo yajyanwaga kwa muganga kugira ngo […]
Eddy Kenzo yahuye na Perezida Museveni mbere yo kuza i Kigali – Aamafoto

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahuye na kimenyabose mu muziki, Eddy Kenzo wari waherekeje Phiona Nyamutooro uheruka guhabwa inshingano nshya muri Minisiteri y’Iterambere ry’Ingufu n’Amabuye y’Agaciro, ubwo yarahiriraga izi nshingano. Kuwa 22 Werurwe 2024 ni bwo Phiona Nyamutooro wari usanzwe ari umwe mu bagize Inteko Ishingamategeko ya Uganda yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Iterambere ry’Ingufu […]
Luis Rubiales wasomye umukinnyi muri sitade, yasabiwe gufungwa imyaka 2.5

Umushinjacyaha wo muri Espagne yasabiye uwahoze ari umuyobozi w’ishyirshsmwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu, Luis Rubiales gufungwa imyaka ibiri n’igice nyuma yo gusoma umukinnyi ku karubanda kandi batari babyumvikanyeho. Luis Rubiales aregwa ibyaha birimo ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreye umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Espagne y’abagore, Jenni Hermoso ubwo batwaraga igikombe cy’Isi muri 2023. Hermoso n’abakinnyi […]
Umutoza wa As Kigali yamenweho amazi n’bakinnyi be mu rwambariro
Umutoza mukuru wa As Kigali, Guy Bukasa yatunguwe n’abakinnyi bamwifuriza isabukuru nziza y’amavuko bamumenaho amazi mu rwambariro. Ku munsi w’ejo hashize nibwo uyu mutoza ukomoka muri Congo yagize isabukuru y’amavuko, aho yari yujuje imyaka 37. Ubwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Werurwe 2024 ikipe ya As Kigali yasozaga imyitozo, abakinnyi baje gutungura uyu […]
Zari Hassan aratwite
Umuherwekazi akaba n’umushabitsi, Zari Hassan wamenyekanye nka The Boss Lady mu myidagaduro yo muri Afurika, yaciye amarenga ko we n’umugabo we Shakib bari kwitegura umwana wabo wa mbere. Uyu mugore w’abana batanu, yatangaje ko we n’umugabo we baba bari kwitegura kwakira umwana wabo mu minsi iri imbere. Ubwo yageraga muri Tanzania mu munsi yashize, uyu […]
Abafana ba TP Mazembe bigaragambije bamagana Minisitiri w’imari
Abafana ba TP Mazembe yo muri Congo bandikanye ibaruwa uburakari maze bayohereza Minisitiri w’imari, Nicolas Kazadi bamusaba guha ikipe yabo amafaranga igihugu cyemerera ikipe yasohokeye Igihugu. Ubusanzwe ikipe yasohokeye Congo igira amafaranga ihabwa na Leta aho iyifashisha mu mikino yasurukiyemo igihugu. Ku wa Mbere tariki ya 25 Werurwe 2024, abafana ba TP Mazembe bandikiye Minisitiri […]
Eddy Kenzo yavuze ku byo gukundana na Minisitiri
Umuhanzi ugezweho muri Uganda no hanze y’aho, Eddy Kenzo yagize icyo avuga ku makuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba ari mu rukundo na Minisitiri Phiona Nyamutooro. Hashize iminsi muri Uganda havugwa inkuru y’urukundo hagati ya Eddy Kenzo na Minisitiri Phiona Nyamutooro uherutse gushyirwa muri Guverinoma y’iki gihugu cyo mu Majyaruguru y’u Rwanda. Nyamutooro aherutse kugirwa […]
Rayon Sports iri kuganiriza Sefu uri mu bihano
Ikipe ya Rayon Sports igeze kure ibiganiro byo gusinyisha umukinnyi wo hagati Niyonzima Olivier Sefu wakiniraga Kiyovu Sports muri uyu mwaka w’imikino. Niyonzima Olivier Sefu uherutse guhagarikwa na Kiyovu Sports imikino itandatu, aravugwa muri Rayon Sports ishaka kwiyubaka mbere y’igihe isoko ritari ryazaho benshi. Rayon Sports irashaka undi mukinnyi wo hagati nyuma yo kubona ko […]
Kigali Pele Stadium igiye gushyirwa ku rwego rwo kwakira CAN
Minisiteri ya siporo mu Rwanda ‘Minisports’ itangaza ko Pele Stadium yitiriwe umunyabigwi ukomoka muri Brazil, igiye kubakwa bundi bushya aho izashyirwa ku rwego rwo kwakira n’igikombe cya Afurika. Mu bijyanye n’ibikorwa bya siporo by’umwihariko amastade y’umupira w’amaguru, Minisiteri ivuga ko igiye kubaka sitade esheshatu zizaza zunganira sitade amahoro igeze ku musozo. Stade Amahoro iri kigero […]
Perezida Ndayishimiye yasabye abongereza kumwubakira umuhanda wa Gari ya Moshi

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, Perezida Ndayishimiye Evariste yakiriye abashoramari bakomoka mu Bwongereza bazanwe na Saido Berahino na Constantin Mutima bakomoka mu Burundi. Mu minsi yashize nibwo Saido Berahino na Constantin Mutima bagarutse mu gihugu bazanye n’abashoramari 4 bakomoka mu Bwongereza. Aba bashoramari bazanwe no gushora imari mu bikorwa by’iterambere mu Burundi bahuye na Perezida Ndayishimiye […]
Mukasanga Salima yaguze imodoka ya miliyoni 46
Mukasanga Salima uri mu bsifuzi mpuzamahanga b’abanyarwandakazi, yaguze imodoka nshya ya Dongfeng Aeolus HUGE 2024 Hybrid ifite agaciro k’ibihumbi 36$, ni ukuvuga asaga miliyoni 46 Frw. Mukansanga yaguze iyi modoka ku wa Kane, tariki ya 21 Werurwe 2024. Salima yatanze ibihumbi 36$ (asaga miliyoni 46 Frw) nk’icyiguzi cy’iyi modoka iteye amabengeza aho iri mu ibara […]
STT mu bujura bw’amafaranga bumeze nk’ubwa Ponzi wibye Abanyamerika Miliyari 19 Frw

Bamwe mu banyarwanda bari kurira ayo kwarika nyuma yo gushora amafaranga yabo mu kigo Super free to trade Ltd (STT) bizezwa inyungu y’umurengera none cyarafunze batabonye ibyo bizezwaga. Iki kigo cyizezaga abantu bashoyemo amafaranga kubaha inyungu y’umurengera bitewe n’amafaranga wabaga warashoyemo. Imikorere y’iki kigo ihura neza n’iya Charles Ponzi wazanye ikizwi nka Ponzi Scheme cyibye […]
Bruce Melodie arashinjwa ubujura butaziguye
Umuhanzikazi akaba n’umushabitsi, Sunny arashinja Bruce Melodie bakoranye indirimbo ’Kungola’ kuyimwiba mu buryo butaziguye akayiyitirira kandi nta mafaranga yayishoyemo. Muri 2019 nibwo ’Kungola’ Sunny yakoranye na Bruce Melodie yagiye hanze aho yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki mu Rwanda. Nyiri ndirimbo Sunny, avuga ko Bruce Melodie yayimwibye bikaza kumuviramo guhura n’igihombo gikomeye. Umushinga w’iyi ndirimbo washowemo na […]
Umutoza w’u Burundi yishimiye gusoza inyuma y’u Rwanda
Umutoza mukuru w’Intamba mu rugamba, Etienne Ndayiragije yemeza ko anyuzwe n’umusaruro w’inota rimwe bakuye muri Madagascar mu mikino ya gicuti. Ku munsi w’ejo hashize nibwo muri Madagascar hasojwe imikino ya gicuti yahuzaga amakipe y’ibihugu agera kuri ane yari yateguwe na Federasiyo ya Madagascar. Ku munsi w’ejo hashize nibwo Intamba mu rugamba zakinaga umukino wabo wa […]
FEBABU irashinja Dynamo BBC kuganira na BAL itabizi
Umuyobozi mukuru wa Federasiyo y’umukino wa Basketball mu Burundi ‘FEBABU’, Jean Paul Manirakiza yihakanye ikipe ya DynamoBBC iyishinja gusinyana amasezerano na BAL batabamenyesheje. Mu minsi yashize nibwo Dynamo BBC yatewe mpaga mu mikino ya BAL24 yaberaga muri Afurika y’Epfo izira kwanga kwambara imyenda yanditseho Vist Rwanda. Icyo gihe Leta ibinyujije muri Federasiyo ‘Fefabu’ yabujije Dynamo […]
Byiringiro Lague yahanwe
Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Frank Spittler yahanishije Byiringiro Lague kumukura ku rutonde rw’abakinnyi yifashishije imbere ya Madagascar. Ku munsi w’ejo hashize nibwo ‘Amavubi’ yisasiraga ikipe y’igihugu ya Madagascar yari iri imbere y’abafana bayo, aho yayitsinze ibitego 2-0. Uyu mukino ntiwagaragayeho Byiringiro Lague wari wagaragaye ku mukino wa mbere wa gicuti Amavubi yanganyijemo na Botswana. […]
Undi mukinnyi w’Umunyarwanda yahagaritse gukina
Irambona Eric wakanyujijeho mu makipe nka Rayon Sports na Kiyovu Sports, yamanitse inkweto. Uyu musore wigaragaje muri Rayon Sports gusa wari umaze imyaka ibiri adafite ikipe, yeruye kumugaragaro ahamya ko yahagaritse ruhago nk’uwabigize umwuga. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo yizihizaga imyaka 5 we n’umugore we Olivia bamaze barushinze, nibwo uyu rutahizamu yahamije ko yahagaritse […]
Dani Alves yarekuwe

Umunyabigwi muri ruhago cyane cyane mu ikipe ya FC Barcelona, Dani Alves yarekuwe nyuma yo kwishyura miliyoni y’ingwate. Dani Alves w’imyaka 40 yarekuwe n’urukiko rwo muri Espagne nyuma yo kwishyura ingwate yatswe n’urukiko. Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 25 Werurwe 2024 nibwo uyu mugabo yasohotse muri gereza nyuma y’uko yari amazemo umwaka umwe urengaho […]
Umunya-Kenya uyobora Binance yatorotse kasho muri Nigeria
Umuyobozi w’isoko ry’imitungo mvunjwafaranga idafatika ‘Binance’, Nadeem Anjarwalla w’imyaka 38, yatorotse aho yari afungiye muri Nigeria nyuma yo gufungwa ashinjwa gutesha agaciro amafaranga y’igihugu, gutera inkunga imitwe y’iterabwoba n’ibindi byaha bifitanye isano n’ubukungu. Nadeem Anjarwalla ufite ubwenegihugu bw’Ubwongereza na Kenya, yatorotse ku wa 22 Werurwe 2024 mu mujyi wa Abuja aho we na mugenzi we, […]
Rayon Sports yabuze Umukongomani Aruna Madjaliwa
Umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Rayon Sports, Aruna Moussa Madjaliwa akomeje kubura mu myitozo y’iyi kipe. Uyu mukinnyi utameranye neza n’ikipe ya Rayon Sports, akomeje kubura mu myitozo nyuma yo guhura n’ikibazo cy’imvune akivuza muri gakondo nk’uko umutoza we yabitangaje. Mu munsi yashize nibwo uyu mukinnyi yabwiye itangazamakuru ko yavunitse maze Rayon […]
Turahirwa Moses yashyize hanze amafoto y’ubwambure bwe

Umunyamideli Turahirwa Moses washinze inzu ihanga imideli ya Moshions, yongeye gushyira hanze amafoto y’ubwambure bwe nyuma y’umwaka umwe abikoze. Mu ifoto uyu musore yasangije abamukurikira, bigaragara ko yafatiwe kuri ‘piscine’ nyuma y’uko uyu musore yari avuyemo yambaye uko yavutse. Iyi foto yafatiwe inyuma, aho yerekana ibice by’inyuma by’uyu musore ugezweho mu kumurika imideli mu Rwanda […]
Pastor Julienne Kabanda yibarutse

Pastor Julienne Kabanda washinze ndetse akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Grace Room Ministry imaze kwamamara cyane mu Rwanda ku bwa benshi imaze guhindurira ubuzima, yibarutse umwana wa gatanu. Umuryango wa Pastor Stanley Kabanda n’umugore we, Julienne Kabanda uri mu mashimwe yo kwibaruka umwana wa gatanu. Bibarutse umwana w’umuhungu mu mpera z’icyumweru dusoje. Uyu mwana yavutse nyuma […]
Rutahizamu w’umunyarwanda wahoze muri Arsenal, yatangiranye igitego muri Ukraine

Umukinnyi ukina asatira w’Umunyarwanda wahoze muri Arsenal yo mu Bwongereza, George Lewis Igaba yatangiye neza mu kipe ye nshya yo mu kiciro cya Gatatu muri Ukraine. Ejo hashize George Lewis Igaba yakinnye umukino we wa mbere muri PFK ZVYAGEL yo mu kiciro cya Gatatu muri Ukraine ubwo batsindaga Kremin. Uyu musore w’imyaka 23, yafashije ikipe […]
Col Richard Karasira ntiyumva ukuntu Rayon Sports y’ibikombe 6 yaba umukeba wa APR FC ifite 20
Umuyobozi w’ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC, Colonel Richard Karasira yemeza ko Rayon Sports atari umukeba wabo kuko ntabwo yaba umukeba w’ikipe ikubye kabiri mu bikombe. Ibi yabitangaje ku Cyumweru tariki ya 24 Werurwe 2024 nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona y’ikiciro cya 2 mu bagore wahuje APR WFC na Forever WFC, byarangiye ikipe y’Ingabo z’igihugu […]
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cy’Itorero Inyamibwa AERG

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bageze muri BK Arena aho bifatanyije n’ibihumbi by’abitabiriye igitaramo InkuruYa30 cy’Itorero Inyamibwa AERG. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Werurwe 2024 nibwo Itorero Inyamibwa AERG ryakoze igitaramo mbaturamugabo bise InkuruYa30. Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena, cyitabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame. Akigera muri BK […]
Sitade Amahoro yahawe ubushobozi bwo kwakira VAR
Stade Amahoro iri kugana ku musozo wo kuvugururwa, izaba ibifite ubushobozi bwo kwakira ikoranabuhanga ryifashishwa mu mikino rizwi nka VAR (Video Assistant Referee). Imirimo yo kuvugurura Stade Amahoro igeze kuri 95%, aho yashyizwe ku rwego mpuzamahanga haba ku kibuga (aho bakinira) n’ahandi hose. Ni muri urwo rwego hanateganyijwe ahazajya hakoresherezwa ikoranabuhanga rya VAR mu busanzwe […]
Butera Knowless yihebeye abarimo Bushali
Butera Knowless yatangaje ko yihebeye abaraperi barimo Bushali ndetse ko anakunda cyane kizigenza wa Argentina, Lionel Messi uherutse gutwara Ballon d’Or ya Munani. Aganira n’ikinyamakuru The New Times, Butera Knowless yatangaje byinshi abantu bamwibazaho birimo abahanzi akunda, indirimbo ze z’ibihe byose ndetse n’ibindi bitangaje ku buzima bwe muri rusange. Uyu muhanzi ubarizwa muri KinaMusic, yatondtse […]
Myugariro wa APR FC yihakanye ikipe yo muri Tanzania
Umukinnyi w’ibumoso wa APR FC, Christian Ishimwe yahakanye amakuru amwerekeza mu ikipe ya Azam FC yo muri Tanzaniya. Christian w’imyaka 25 y’amavuko, yavuzwe muri Azam FC yo muri Tanzania gusa we arabinyomoza yivuye inyuma inyuma. Aganira na TimeSports, uyu myugariro w’ibumuso avuga ko amakuru amwerekeza muri Tanzania atayazi ndetse nta biganiro yagiranye n’ikipe y’aho. Yagize […]
Axel Tuanzebe yibuze mu Bwongereza yemera gukinira Congo
Myugariro ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wakuriye mu ikipe y’abato ya Manchester United, Axel Tuanzebe yemeye gukinira Congo. Uyu mukinnyi wari waranze gukinira igihugu avukamo, yaje kuva ku izima yemera gukinira DR Congo nyuma y’uko byanze mu Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza. Axel Tuanzebe w’imyaka 26 yemeye gukinira DR Congo nyuma yo kubona ko […]