Hagiye gutorwa umukobwa w’Irobo urusha abandi ubwiza muri Miss AI

80105865_1713255933.jpg

Bwa Mbere ku isi hagiye kubaho amarushanwa y’ubwiza azitabirwa n’abakobwa buje uburanga ariko bakozwe n’ubwenge karemano bwa mudasobwa buzwi nka AI (intelligence artificielle). Urubuga Fanvue ruhuza abafite ibihangano rwateguye amarushanwa rwise “Miss AI” azahuza amafoto y’abanyamideli bakozwe n’imashini rutura zatojwe kurema amashusho y’abakobwa buje uburanga ku bice byose abagabo bibandaho batereta abagore cyangwa bemeza ko […]

Thierry Froger yemeza ko APR FC ifite abakinnyi baciriritse

Umutoza wa APR FC, Thierry Froger yemereye itangazamakuru ko mu ikipe ye nta mukinnyi afite uri ku rwego rwo gukina imikino nyafurika. Ku munsi w’ejo hashize nibwo APR FC yanganyaga na AS Kigali ibitego Bibiri ku bindi mu mukino utari warabereye igihe kubera ibyago iyi kipe y’ingabo yari yagize byo gutakaza umutoza wongereraga imbaraga abakinnyi. […]

Umusekirite yirashe nyuma yo gusanga umukozi yaramurongoreye umugore

Mugiraneza Wellars bataziraga CACANA yapfuye yirashe mu muhogo akoresheje imbunda y’akazi bigacyekwa ko yaba yarabikoze kubera umukozi wo mu rugo wamurongoreye umugore. Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 15 Mata 2024 nibwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rw’umusekirite wakoreraga Kompanyi ya ISCO acunga umutekano ku bigega bya WASAC mu karere ka Nyanza wigeze no kuba […]

Police VC ihagarariye u Rwanda, yateye mpaga VGR yo muri Congo

Ikipe ya Police VC ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika iri guhuza amakipe ava mu ibihugu bitandukanye yateye mpaga VGR (Volleyball Club Garde Republicaine) yo muri Congo. Mu misiri hakomeje imikino nyafrika ihuza amakipe yo mu bihugu bitandukanye (African Volleball Club Championships) yitabiriwe n’amakipe arimo Gisagara VC na Police VC yo mu Rwanda. Kuri uyu […]

Nkurunziza Jean Paul n’umugore we bibarutse imfura

Nkurunziza Jean Paul wahoze avugira ikipe ya Rayon Sports n’umugore we Nkusi Gogo wihebeye APR FC, bibarutse imfura. Nyuma y’amezi agera ku 9 aba bombi barushinze baje kwibaruka umwana wabo w’imfura. Jean Paul na Gogo bibarutse imfura y’umukobwo nyuma y’igihe kingana n’amezi 9 bamutegereje. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Nkurunziza Jean Paul yatangaje ko […]

Minani Samuel ni umugabo wihinduye umugore ku ngufu – Amafoto

28faa9f0-f3f4-11ee-8369-47dc4454b972.jpg

Aho ageze hose bamwamaganira kure bamwita umutinganyi gusa we ahamya ko atari we aho yemeza ko ari umugabo kuko anafite umugore n’abana. Uwo ni uwitwa Samuel Minani wo mu Burundi usanzwe ari umugabo gusa yitwara nk’abagore kuko yambara imyenda y’abo ndetse kandi yisiga n’ibirungo by’ubwiza bizwi ku bagore. Aho ageze hose bamwamaganira kure kubera imico […]

Ibihugu 10 bifite abagabo bibitseho ibitsina binini ku isi

0_world-map-map.webp

Abagabo bo muri Ecuador bari kwishimira ubushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi b’Abadage bwabashyize ku mwanya wa Mbere w’abafite ibitsina binini ku isi. Mu bushakashatsi bugera kuri 40 bwakozwe kuri iyo ngingo, bwerekanye ko abagabo bo muri Ecuador bibitseho ibitsina bya rutura kurusha abandi ku isi yose. Mu nyandiko y’ikinyamakuru The Mirror, yerekana ibihugu 10 biza imbere ku […]

Eddy Kenzo yabyaranye na Minisitiri

Umuhanzi Edirisa Musuuza wamenyekanye nka Eddy Kenzo, yemeje umubano we udasanzwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Iterambere ry’Ingufu n’Amabuye y’Agaciro, Phiona Nyamutoro. Hahize iminsi Eddy Kenzo ahakana ko yaba ari mu rukundo na Minisitiri Phiona Nyamutoro. Ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ubwo yari ari mu gitaramo Eid Show cyabereye ahazwi nka Comedy Store muri Uganda, […]

Myugariro Evan yaguye mu kibuga bitunguranye

ndicka20-k8q-u34701639492782cag-656x492_corriere-web-sezioni.jpg

Myugariro wa AS Roma, Evan Ndicka yaguye mu kibuga mu mukino wahuzaga AS Roma na Udinese Imana ikinga akaboko ntiyapfa. Evan Ndicka yaguye mu kibuga abantu bagira ubwoba ko na we yaba agiye kuba nk’abandi bakinnyi batandukanye bagiye bagwa mu kibuga bakahasiga ubuzima, gusa we yaje kurokoka. Ku munota wa 71 myugariro wa AS Roma, […]

APR FC yaciwe arenga Miliyari ku mukinnyi wa Yanga

Ikipe y’ingabo z’igihugu, APR FC yakomanze muri Yanga Africans yo muri Tanzania ishakamo umukinnyi maze bayica amafaranga arengaho gato Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda. Hashize ibyumweru bigera kuri Bibiri APR FC isabye Yanga Africans kuyiha umukinnyi wayo ukina mu kibuga hagati, Stephane Aziz Ki w’imyaka 28 gusa uyu mukinnyi bamushyize ku biciro bihanitse. Binyuze mu bashinzwe […]

Rainford Kalaba yapfanye n’umukunzi we

fb_img_17130258937148913.jpg

Rainford Kalaba ukomoka muri Zambia wakiniye amakipe arimo TP Mazembe, yapfiriye mu mpanuka y’imodoka. Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu taliki 12 Mata 2024 mu masaha ya saa sita ibera mu muhanda uva Lusaka werekeza Kafue. Imodoka nto ya Rainford Kalaba yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yagonganye n’igikamyo cyo mu bwoko bwa Howo […]

Rwanda FDA yahagaritse umuti w’abana ukorerwa muri Afurika y’Epfo

img_20240413_081345.jpg

Ikigo gishinzwe kugenzura Imiti n’Ibiribwa mu Rwanda (FDA) cyahagaritse ikwirakwizwa, n’ikoreshwa rya nimero 329304 y’ umuti witwa Benylin Pediatrics Syrup, ukorwa n’uruganda rwitwa Johnson & Johnson, rwo muri Afurika y ‘Epfo. Mu itangazo iki kigo cyanyujije ku rubuga rwa X, kivuga ko uyu muti wahabwaga abana bari hagati y’imyaka 2-12, wasanzwemo ibinyabutabire bigira ingaruka ku […]

Munyenyezi woherejwe na Amerika, yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa burundu

Munyenyezi woherejwe mu Rwanda na Amerika yahamijwe ibyaha bya jenoside n’urukiko rwisumbuye rwa Huye, rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu. Umucamanza yavuze ko Munyenyezi ubwe yagize uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwibasiye bamwe mu bantu bo mu bwoko bw’Abatutsi ndetse no gufata ku ngufu abagore n’abakobwa mu mujyi wa Butare mu gihe cya Jenoside. Munyenyezi yagize uruhare […]

Ndayishimiye yasabye Abarundi kumuba inyuma nk’uko inzuki zirinda umwami wazo

077dc6db-5515-477c-a8e5-04ab286c7ae0.jpg

Perezida w’u Burundi, Ndayishimye Evariste yasabye abaturage be kumurwanirira nk’uko inzuki zirwanirira umwami wazo zimukurikira aho agiye hose. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Mata 2024, nibwo Perezida w’u Burundi yatangije icyo yise inyigisho zo gutegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe umwaka utaha. Ibirori bifungura izi nyigisho byabereye ku mugaragaro mu Ntara ya Gitega kuri […]

Inyubako ikoreramo Marriott Hotel yagaragaye icumba umwotsi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Mata 2024, ku igorofa ya nyuma y’inyubako ikoreramo Marriott Hotel, hagaragaye hacumba umwotsi w’umukara mwinshi, aho byakekwaga ko ari inkongi yayibasiye. Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yerekanaga umwotsi w’umukara mwinshi, waturukaga ku igorofa rya nyuma y’inyubako ikoreramo Marriott Hotel. Byacyetswe ko iyi nyubako yaba yafashwe […]

Perezida Ramaphosa uherutse mu Rwanda agiye gusura Uganda

gk6amb9wqai_6j5.jpg

Perezida wa Afurika y’Epfo, Matamela Cyril Ramaphosa uherutse mu Rwanda agiye kugirira uruzinduko rw’iminsi ibiri y’akazi muri Uganda. Nyuma y’uko Ramaphosa avuye mu Rwanda aho yari yaje kwifatanya n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agiye gusura Uganda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Biteganyijwe ko Ramaphosa azagera muri Uganda ku wa […]

Bwa Mbere muri Afurika hatangijwe urukingo rwa SIDA

Zimbambwe yabaye igihugu cya Mbere muri Afurika yose gitangije urukingo rwa Virusi itera Sida ikomeje kwica benshi ku isi. Leta ya Zimbabwe yatangaje kumugaragaro ko yatangiye gahunda yo gutanga urukingo rurinda umuntu kuba yakwandura Virusi itera Sida. Uru rukingo ruzajya ruha ubudahangarwa umutu wese warufashe bwo kutandura Virusi itera Sida mu gihe kingana n’amezi abiri. […]

Kicukiro: Hibutswe ibihumbi by’Abatutsi biciwe muri ETO nyuma yo gutereranwa na MINUAR (Amafoto)

img-20240411-wa0041-3.jpg

Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mata 2024, abantu ibihumbi bitabiriye urugendo rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi i Nyanza, Kicukiro. Uru rugendo rwatangiriye kuri sitade ua IPRC, ahahoze ishuri rya ETO Kicukiro, akaba ari n’aho hari ibirindiro by’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari mu Rwanda (MINUAR), rusorezwa ku Rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro ahahise hakomereza […]

Umusirikare n’imfungwa ngenzi ze batorotse gereza mu rukerera

Itsinda ry’imfungwa ryatorotse gereze ya Moroni muri Comoros zinyuze ku marembo makuru ya gereza kubera uburangare bw’abashinzwe umutekano nk’uko byemejwe na Leta. Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mata 2024, Guverinoma ya Comoros yemeje ko imfungwa 38 zatorokeye mu kavuyo mu itoroka ry’umusirikare wari ufungiye muri iyo gereza. Umuyobozi ushinzwe imfungwa, Soilihi Ali yabwiye […]

Imyuzure yibasiye Tanzania itwara abantu n’amamodoka

Umujyi wa Mbeya n’uwa Arusha muri Tanzania byibasiwe n’imyuzure yangije ibintu byinshi nyuma y’imvura nyinshi cyane imaze iminsi yibasira iki gihugu. Ingo nyinshi n’amaduka byo muri iyo mijyi byangijwe n’imyuzure ni mu gihe amateme menshi nayo yamaze gusenyuka, bibangamira ubuhahirane muri iki gihugu. Mu duce tumwe na tumwe ibikoresho bitandukanye ndetse n’amamodoka n’amapikipiki byatwawe n’uwo […]

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Ethiopia, yishwe arashwe

Bate Urgessa w’imyaka 41, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Leta ya Ethiopia yarashwe ahita apfa umurambo we uboneka ku ruhande rw’umuhanda mu mujyi yavukiyemo i Meki, muri Oromia. Uyu mugabo wakunze kumvikana anenga Leta yagiye afungwa inshuro nyinshi yaje kurasirwa mujyi yavukiyemo maze ahita apfa. Abo mu muryango wa Bate Urgessa babwiye ikinyamakuru Addis Standard ko […]

Abarimu n’abanyeshuri basangira ubwiherero nabwo bugiye kuriduka

Ababyeyi n’abayobozi bo mu mujyi wa Mbale muri Uganda, bahangayikishijwe n’isuku nke igaragara ku ishuri ribanza rya Busajjabwankuba aho abanyeshuri n’abarimu basangira ubwiherero 5 nabwo bugiye gusenyuka kuko hari n’ubudafite inzugi. Iki kigo gifite abanyeshuri 1,400 n’abarimu bagera kuri 22 bose basangira ubwo bwiherero 5 bwubatswe mu ngengoyimari ya Leta yo mu mwaka wa 2006-2007, […]

Abayisilamu bo muri Congo basengeye mu Rwanda kuko iwabo babangiye

44962.jpg

Abayisilamu bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi wa Goma, bangiwe gusengera muri sitade Ubumwe kubera impungenge z’umutekano muke, bahita baza gusengera mu Rwanda, mu mujyi wa Gisenyi muri sitade umuganda. Aba Bayisilamu baje gusengera mu Rwanda nyuma y’uko hasohotse itangazo ry’umujyi wa Goma ribabuza kujya gusengera muri sitade Ubumwe kubera kwikanga ibitero […]

Uruzi rwateje imyuzure i Bujumbura

5bde881d-63d9-4ad8-8f6d-cabc24776ea6.jpg

Mu Burundi hibasiwe n’umwuzure nyuma y’imvura nyinshi yaraye iguye mu ijoro ryo ku wa Kabari tariki ya 9 Mata 2024 igatuma uruzi rwa Muha rwuzura rukamena amazi yarwo avanze n’ay’imvura mu ngo z’abaturage baruturiye. Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 9 Mata 2024 rishyira ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2024, mu […]

RIB yafunze umuyobozi wa TAT

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko bafunze Nsengiyumva Emmanuel washinze sosiyete yitwa ‘TAT Power Solar Systems’ yashishikarizaga abantu gutanga imigabane ibizeza ko nyuma y’igihe bumvikanye bazabona inyungu. Nsengiyumva yatawe muri yombi ku wa 6 Mata 2024, aho akurikiranyweho ibyaha birimo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo, kwihesha ikintu cy’undi […]

Menya, wirinde icyishi ‘Hepatite’ cyiri kwica abantu 3,500 buri munsi ku isi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ’OMS’ rivuga ko abantu barenga 3,500 bapfa buri munsi bazize Umwijima (Hepatite). Nyuma yo kubona umubare w’abantu umwijima uhitana ku munsi, twabakusanyirije iby’ibanze kuri iyi ndwara bikubiyemo uko wayirinda uko yandura ndetse n’ibindi byose waba wibaza kuri iyi ndwara itsemba imbaga y’abantu ku munsi. Twifashishije inyandiko ya Minisiteri y’ubuzima, […]

Abashoye amafaranga muri TAT ibizeza inyungu, bari gutakira Leta

Nyuma y’uko Banki Nkuru y’u Rwanda BNR itangaje ko ibigo nka STT bitemerewe gukora ubucuruzi bw’amafaranga mu Rwanda, ibindi bigo byakoraga nkayo byahise bifunga imiryango ndetse bitwara amafaranga y’abari barashoyemo. Nyuma y’inkundura ya STT yasize n’umuyobozi wayo atawe muri yombi n’Urwego rwIgihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, igezweho ni kampani yitwa TAT nayo yizezaga abaturage inyungu z’umurengera mu […]

Gen Mubarakh Muganga yitabiriye isengesho ryo gusoza igisibo cya Ramadhan

5l0a8302_1_.jpg

Kuri uyu wa 10 Mata 2024, Abayisilamu bo ku Isi yose basoje igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan bari bamazemo igihe kirenga ukwezi. Mu Rwanda uyu munsi wahuriranye n’icyumweru cyo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho Abayisilamu basabwe kwirinda ibirori n’imyidagaduro. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Mata 2024, nibwo Abayisilamu b’isi yose basoje […]

Ukuntu interahamwe zasohoye Rayon Sports mu kibuga

Kayiranga Jean Baptiste wakiniye Rayon Sports akanayitoza, yavuze ukuntu Interahamwe zabakuye mu kibuga bari gukina na Etiencelles aho zaje zibita Abatutsi b’i Nyanza n’andi magambo mabi yaganishaga ku rwago. Ibi yabigarutseho ku wa Kabiri tariki ya 9 Mata 2024 nyuma y’uko Umuryango wa Rayon Sports ugizwe n’Abayobozi, abakinnyi, abatoza n’abafana bakoze urugendo rwo Kwibuka, ndetse […]

Bishe nyina na mukuru we areba: Olivier Karekezi warokowe no gukina umupira

Kizigenza akaba na kapiteni w’ibihe byose w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Karekezi Olivier yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kubera gukina umupira w’amaguru. Mu buhamya bwe buteye agahinda, Karekezi avuga ko Mama we n’abavandimwe be babamwiciye mu maso mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 Karekezi Olivier Fils yavukiye i Gikondo mu Mujyi wa […]

Rayon Sports yibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

fb_img_17126779128135798.jpg

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Mata 2024 nibwo Abayobozi, abakinnyi, abatoza n’abafana b’amakipe ya Rayon Sports mu bagabo n’abagore, bakoze urugendo rwo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Uru rugendo rwakozwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri rwitabiriwe n’abafana b’iyi kipe mu rwego rwo kwifatanya nayo mu Kwibuka ku nshuro […]

Umwijima ‘Hepatite’ wica abantu ibihumbi 3,500 ku munsi

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Mata 2024 Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ‘OMS’ ryatangaje ko abantu barenga 3,500 bapfa buri munsi bazize Umwijima, risaba ko hajyaho ingamba zihuse zo kurwanya iyi ndwara ifatwa nk’iya Kabari mu kwica abantu benshi ku isi. Indwara y’Umwijima ifatwa nk’iya Kabiri mu kwica abantu benshi cyane ku […]

Islamic State yateguje ibitero byo kwica abantu bose bazitabira imikino ya Champions League

screenshot_20240409-101540_1712654642.png

Umutwe w’iterabwoba wa Leta ya kisilamu ( Islamic State) watangaje ko uragaba ibitero by’iterabwoba kuri sitade enye zirakira imikino ya Champions League kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu. Ku wa Mbere tariki ya 8 Mata 2024, binyuze mu kinyamakuru The Al Azaim Foundation gitangaza amakuru y’umutwe w’iterabwoba wa Leta ya kisilamu, cyavuze ko […]

Mama sinzi aho ashyinguye: Super Manager

Gakumba Patrick wamenyekanye nka Super Manager mu myidagaduro no mu kugurisha abakinnyi, ashengurwa no kuba ataramenye aho Mama we yapfiriye n’aho yashyinguwe kuko bari bari mu buhunzi hanze y’u Rwanda. Aganira na shene imwe ya Youtube mu Rwanda, Super Manager yagarutse mu buzima bushaririye yabayeho mu buhunzi hamwe n’umuryango we ubwo bari barahunze igihugu kubera […]

Ali Kiba wo muri Tanzania yifatanyije n’u Rwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuhanzi mpuzamahanga Ali Saleh Kiba wamenyekanye nka Ali Kiba muri Tanzania, yifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Ali Kiba yatangaje ubutumwa bwe yifashishije urubuga rwa Instagram, agaragaza ko ari kumwe n’u Rwanda n’Isi muri iki gihe bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni […]

Irondaruhu ryatumye umuryango w’Abanyamerika wimukira mu Rwanda

Professor Senait Fisseha ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Ethiopia yagarutse ku kintu cyatumye ava aho yari atuye muri Amerika akaza gutura mu Rwanda we n’umuryango we. Aganira n’ikinyamakuru Telegraph, Professor Senait Fisseha yavuze aho igitekerezo cyo kuza gutura mu Rwanda cyavuye, ndetse anagaruku ku byo yasanze mu Rwanda rwiyibatse mu buryo […]

Nyampinga wa Mbere w’u Rwanda yishwe urwagashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Uwera Dalila yatowe tariki ya 17 Ukuboza 1993 yambikwa ikamba ubwo yari umunyeshuri muri IFAK

Miss Jeanne Nubuhoro bivugwa ko ari we Nyampinga wa Mbere u Rwanda rwagize, yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Amateka agaragaza ko Jeanne Nubuhoro yabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 1991 mu muhango wabereye muri hoteli yitwaga Meridien [ubu yahindutse Umubano Hotel]. Jeanne Nubuhoro ni umukobwa Jean Munyankindi na Mediatrice Nyiramadadari mwene Murekezi wa Ndayishimiye […]

Imwe mu miturirwa yo ku isi yatamirijwe amabara agize ibendera ry’u Rwanda #KWIBUKA30

433950884_25969252002665900_3725632669721411433_n.jpg

Ibihugu bitandukanye byacanye imiturirwa yabyo mu mabara y’icyatsi kibisi, umuhondo n’ubururu yerekana ibendera ry’u Rwanda mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku Cyumweru, tariki ya 7 Mata 2024, Abanyarwanda batangiye icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu rwego rwo kwifatanya […]

MIFOTRA yatanze ikiruhuko gitunguranye

gknj-zywqaaheoh.jpg

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), yamenyesheje abakozi b’inzego za Leta n’izabikorera, ko tariki ya 8 Mata 2024 ari umunsi w’ikiruhuko bitandukanye nk’uko byari bisanzwe. Ubundi byari bimenyerewe ko iyo umunsi w’ikiruhuko rusange uhuriranye n’umunsi w’impera z’icyumweru (weekend), umunsi ubanziriza icyumweru uba ikiruhuko, gusa ibyo si ko bigenda ku itariki ya 7 Mata umunsi wo […]

Umugore wa Bebe Cool yavuzwe mu rukundo n’umugabo wa Zari

howwe_1712300783.webp

Umugabo wa Zari The Boss Lady arihakana ibyo kuba yakundana n’umugore wa Bebe Cool, Zuena Kirema nyuma y’ifoto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ku munsi w’ejo. Ku munsi w’ejo hashize tariki ya 4 Mata 2024, ku mbuga nkoranyambaga zo muri Uganda hazengurutse ifoto y’umugore wa Bebe Cool ari kumwe na Shakib uherutse gushakana na Zari Hassan. […]

DJ Sonia yagarutse ku mashusho y’urukozasoni yamwitiriwe

gkysgfswuaagrju.jpg

Umuvanzi w’imiziki Kayitesi Sonia wamenyekanye nka DJ Sonia yagize icyo avuga ku mashusho y’inkumi yambaye ubusa amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga bikavugwa ko yaba ari we. Hashize ukwezi kurenga ku mbugankoranyambaga cyane cyane ku rubuga rwa X hazenguruka amashusho y’inkumi yambaye ubusa aho byavuzwe ko ari DJ Sonia uba uri muri ayo mashusho. Bidahagije […]

Rwarutabura yemeza ko Rayon Sports yabetinze umukino wa Etincelles

Umufana w’imena wa Rayon Sports, Rwarutabura wababajwe n’ukuntu ikipe ye yanyagiwe na Etincelles, yemeza ko yazize gutega ku mukino ibizwi nka ‘Betting’ mu ndimi z’amahanga. Ku munsi w’ejo hashize nibwo muri shampiyona y’ikiciro cya Mbere mu Rwanda hari hakomeje imikino y’umunsi wa 26, aho Rayon Sports yakiriye Etincelles yari inyotewe intsinzi kuko iri ahabi. Uyu […]

Musanze: Umukinnyi yishwe n’imodoka ari mu myitozo

Manizabayo à‰tienne wakiniraga Ikipe y’Abato ya Benediction Club, yapfuye agonzwe n’imodoka ubwo yari ari mu myitozo. Uyu musore yagonzwe ubwo we na bagenzi be bo mu makipe atandukanye, arimo n’aya bakuru, bari mu myitozo kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Mata 2024. Iyi mpanuka yabereye mu muhanda uva mu Byangabo ubwo bamanukaga berekeza mu […]

Bruce Melodie yahanuriwe kujyanwa muri illuminati na Coach Gael

Umuhanzi nyarwanda Itahuwacu Bruce wamenyekanye nka Bruce Melodie yatangaje ko yahanuriwe kujyanwa muri Illuminati na Coach Gael ureberera inyungu ze muri iyi minsi. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abakunzi be kuri Instagram ‘Live’ aho yagarutse ku bahanuzi bamuhanuriye mu mwaka wa 2023 ujya gutangira. Ubwo yari ari mu kiganiro, Bruce Melodie yabwiye abakunzi be ko […]

Shakira mu rukundo n’umusore arusha imyaka 16

8ea38408755e4f2b97f2a4f49b8324a7_md.jpg

Umuhanzi ukomoka muri Colombia uzwi mu njyana ya Pop, Shakira ari mu rukundo n’umusore mushya w’Umwongereza, Lucien Laviscount. Urukundo rw’aba bombi rwatangiye kujya hanze nyuma y’uko Shakira yifashishije uyu musore mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ye yise Punteria. Nyuma y’uko amashusho y’iyo ndirimbo agiye hanze, Shakira na Lucien bagaragaye basohokanye mu ijoro muri resitora y’Abataliyani izwi […]

Myugariro wa Kaizer Chiefs yapfuye arashwe

Myugariro wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, Luke Fleurs yishwe arashwe n’amabandi nk’uko byatangajwe n’ikipe ye. Iraswa ry’uyu mukinnyi ryabereye kuri sitasiyo ya lisansi mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 3 Mata 2024, mu mujyi wa Johannesburg mu nkengero za Floride. Uyu musore w’imyaka 24 yarasiwe kuri sitasiyo ya lisansi ubwo hazaga […]

Polisi yatabaye umusifuzi wasagariwe n’abakinnyi b’ikipe y’abagore

whatsapp_image_2024-04-04_at_8.46_47_am-fd11e.jpg

Umusifuzi mukuru wayoboye umukino w’igikombe cy’Amahoro mu bagore wahuje Fatima na Gatsibo yatatswe n’abakinnyi ba Fatima. Ku munsi w’ejo hashize nibwo hari hakomeje imikino yo kwishyura mu gikombe cya Amahoro aho Gatsibo yari yakiriye Fatima yayitsinze mu mukino ubanza, ibitego 3-0. Mu minota ya mbere ikipe ya Gatsibo yabonye igitego iza no gutsinda ikindi ku […]

Tuyisenge Jacques yazinutswe gukina mu Rwanda

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, Jacques Tuyisenge, yatangaje ko atifuza kongera gukina mu Rwanda ukundi. Uyu rutahizamu kuri ubu udafite ikipe akinira, avuga ari gutekereza ku hazaza he mu mupira w’amaguru cyane ko n’ubwo adafite ikipe akinira kuri ubu ariko, atigeze asezera mu mupira w’amaguru. Aganira na RBA, Jacques Tuyisenge yavuze ko muri iki gihe adafite […]

Congo: Abafana bigaragambije mu mihanda ya Lubumbashi

Abafana ba TP Mazembe yo muri Congo biraye mu mihanda i Lubumbashi barigaragambya nyuma y’uko bandikanye ibaruwa Minisitiri w’imari, Nicolas Kazadi bamusaba guha ikipe yabo amafaranga igihugu cyemerera ikipe yitabiriye imikino nyafurika. Ubusanzwe ikipe yasohokeye Congo igira amafaranga ihabwa na Leta aho iyifashisha mu mikino yaserukiyemo igihugu, gusa TP Mazembe yo ntikiyahabwa. Mu rwego rwo […]

Umunyamerika yishwe n’inzovu muri Zambia

ed9a5b2a7cab48c694994686a8e91858_md.webp

Umukerarugendo w’umugore w’imyaka 80 ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yishwe n’inzovu ubwo yari yasuye Kafue National Park muri Zambia. Ku wa gatandatu w’icyumweru gishize nibwa umukecuru w’imyaka 80 utatangajwe amazina yishwe n’inzovu muri Zambia. Ubwo uyu mukecuru n’abandi bari kumwe mu bukerarugendo muri Kafue National Park bahuye n’inzovu yakuze maze ikaza igasekura imodoka […]

Kurya Chocolat birwanya umubyibuho ukabije no kwibagirwa vuba-Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko kurya chocolat yo mu bwoko bwa ‘Theobromine’ bifasha mu kugabanya umubyibuho ndetse bikanarwanya indwara y’ubwonko yo kwibagirwa vuba. Nk’uko biri mu bushakashatsi bwa kaminuza yo mu Bushunwa yitwa Zhengzhou University mu nkuru yasohotse mu kinyamakuru Functional Foods, Theobromine yasanzwe muri chocolat ifite intungamubiri zigiye zitandukanye zishobora gufasha umuntu. Muri Theobromine basanzemo […]

Umupolisi wo mu muhanda yagonzwe n’imodoka yari ahagaritse

433868738_427815839941995_862274601619207484_n.jpg

Umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda wari uri mu kazi ke yahagaritse imodoka kugira ngo asuzume ko yujuje ibyangombwa maze uwari uyitwaye ahita amugonga amuta aho. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Mata 2024, mu Burundi habereye amahanoa aho umuyobozi w’ikinyabiziga yagonze umupolisi wo mu muhanda wari umuhagaritse. Ibi byabereye mu […]

Mu Rwanda hazatangirwa ibihembo by’abitwaye neza muri Fomula 1 n’ahandi

Bwa mbere ku mugabane wa Africa byumwihariko mu gihugu cy’u Rwanda hazabera ibirori bikomeye cyane bitegurwa n’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’imodoka zo gusiganwa ‘FIA’ rifite icyicaro gikuru i Paris mu Bufaransa. Buri mwaka iri FIA itegura ibihembo byo guhemba abakinnyi baba baritwaye neza mu marushanwa yo gusiganwa ku modoka agiye atandukanye ku isi. Iyo amarushanwa yose y’umwaka […]

RIB yatangiye iperereza ku rupfu rwa Dr Adel Zrane

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangiye iperereza ku cyishe umutoza wari ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi b’ikipe ya APR FC, Dr Adel Zrane. Ku wa Kabiri tariki 02 Mata 2024, nibwo hasakaye inkuru y’icamugongo ivuga ko uyu mutoza wakomokaga muri Tunisia yitabye Imana aguye iwe mu rugo gusa icyo yazize kikaba kitaramenyekanye. Nyuma y’urupfu rw’amayobera rw’uyu mutoza, […]

APR FC na AS Kigali ntibigikinnye ku wa Gatanu

fb_img_17121699443659464.jpg

Umukino wagombaga guhuza AS Kigali na APR FC kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Mata 2024 wasubitswe, kubera urupfu rw’uwari umutoza wa APR FC, Dr Adel Zrane. Ku munsi w’ejo hashize nibwo hamenyekanye amakuru y’inshamugongo ko umutozo wongerera imbaraga abakinnyi ba APR FC, Dr Adel Zrane yapfuye. Nyuma y’ayo makuru, APR FC yasabye ko […]

Nyina wa Gen. David Muhoozi yapfuye

Nyina wa Gen. David Rubakuba Muhoozi, Edinance Kyomugyemo Rubakuba yapfuye ku wa Mbere, tariki ya 1 Mata 2024. Amakuru y’urupfu rw’uyu mubyeyi yamenyekanye ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki ya 1 Mata 2024. Ku wa Kabiri nibwo habaye umuhango wo kwibuka ubuzima bw’uyu mubyeyi, ukaba warabereye mu rugo aho yari atuye i Buziga mu mujyi […]

Umusaza w’imyaka 63 yarongoye umwana wa 12

21b9e7f1-8bf9-43ff-a4df-50a1fa04fd5a.jpg

Umuyobozi w’idini ya gakondo muri Ghana yateje uburakari bwinshi mu baturage nyuma yo kurongora umwana w’imyaka 12 mu bukwe bwabaye ku wa Gatandatu ubanziriza Pasika. Nuumo Borketey Laweh Tsuru XXXIII usanzwe akuriye idini gakondo, yashyingiranywe na Naa Okromo w’imyaka 12 mu muhango gakondo wabaye ku wa Gatandatu. Abaturage bumvishe iyi nkuru bazibiranyijwe n’uburakari kubera ayo […]

Umutoza wa APR FC yapfuye

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba APR FC, Umunya-Tunisia, Dr Adel Zrane, yaguye mu nzu abura umwuka. Amakuru atari meza asohotse mu kanya ni uko Dr Adel Zrane wongerera imbaraga abakinnyi ba APR FC yaguye mu nzu akabura umwuka. Ubwo bajyaga gufata uyu mutoza aho yari atuye ngo bajye mu myitozo, basanze yaguye mu nzu atari […]