Ikipe ya APR FC yasinyishije umukinnyi ukomoka muri Ghana, Richmond Lamptey uzajya ahembwe menshi muri ikipe y’ingabo z’Igihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu nibwo APR FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umukinnyi wo mu kibuga hagati ukomoka muri Ghana, Richmond Lamptey.
Uyu mukinnyi wageze mu Rwanda muri iki cyumweru, yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe ifite ibikombe byinshi mu Rwanda.
Amakuru ava muri Ghana yemeza ko Lamptey aza kuba ari we mukinnyi uhembwa menshi ku kwezi muri APR FC, aho azajya ahabwa asaga miliyoni 7 FRW.
Ibinyakakuru byo muri Ghana byanditse ko yaguzwe ibihumbi $150 arenga gato miliyoni 200 FRW.
Lamptey yari amaze imyaka 3 akinira Asante Kotoko nubwo yagize imvune nyinshi yabaye inkingi ikomeye ubwo iyi kipe yatwaraga shampiyona ya 2021.
Uyu yari mu itsinda ry’abakinnyi Ghana yajye mu gikombe y’Afurika cyabereye muri Cote d’Ivoire.


