Umunya-Kenya, Webo Lawrence watoza abanyezamu b’ikipe ya Rayon Sports yamaze gutandukana nayo ku bwumvukane bwabo bombi.
Uyu mutoza yatangaje ko yamaze gutandukana n’iyi kipe y’abafana benshi mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 2 Nyakanga 2024 nibwo uyu mutoza ukomoka muri Kenya yatangarije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ko yamaze gutandukana na Rayon Sports.
Yanditse ati: âByari ibihe bihindagurika ariko bishimishije kwita Rayon Sports mu rugo hanjye ha kabiri. Nishimira cyane ibihe byiza twagiranye, abafana buzuye amarangamutima yo gushaka intsinziâŠâ
Asoza agira ati: âNi igihe cyo gutangira ubuzima ahandi kandi mbifurije ishya nâihirwe mu mwaka wâimikino ugiye kuza. Muzibuke ko nzahora ndi Gikundiro, IKIPE IMWE, INZOZI ZIMWEâ.
Uyu mutoza wakiniye Rayon Sports mu 2006-2009 yayigarutsemo muri Mutarama uyu mwaka nk’umutoza w’abanyezamu aho yari asimbuye Umugande, Samuel Mujabu Kawalya.
Lawrence yatoje amakipe nka AFC Leopards nâikipe yâIgihugu ya Kenya âHarambe Starsâ.
Webo Lawrence aje yiyongera ku mutoza mukuru Julien Mette na we watandukanye na Rayon Sports mu kwezi gushize.


