Umwataka wa Rayon Sports WFC ari muri Portugal

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu wa Rayon Sports WFC, Nibagwire Libellée ari mu igeragezwa mu gihugu cya Portugal.

Kujya muri Portugal ku uyu mukinnyi byagizwe ibanga gusa bivugwa ko agiye kuhamara ibyumweru bigera kuri bitatu.

Aya makuru kandi yaje kwemezwa n’uyu mukinnyi Nibagwire ubwo yabibazwaga n’Umuseke.

Uyu mukinnyi ukina asatira yagize ati: “Yego. Nagiye mu igeragezwa muri Portugal.”

Byemezwa ko uyu mukinnyi ari gukora igeragezwa mu kipe ya FC Setúbal Football Club y’Abagore ikina mu Cyiciro cya Mbere.

Nibagwire Libelléé ni umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’Abagore, yaje muri Rayon Sports avuye mu ikipe ya AS Kigali y’abagore umwaka ushize.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *