5ec4b306-8411-49f7-989e-ec68b26c03fa.jpg

Mwebwe se mwaguze nde? Bamwe mu Ba-Rayon ntibakozwa ibyo kwigurira Umukinnyi

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Kamena 2024 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko abafana bayo batangiye gukusanya amafaranga yo guha Muhire Kevin kugira ngo agaruke mu ikipe.

Ku munsi w’ejo hashize nibwo ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports bwahuye n’ubw’ikipe maze bwiha intego yo kwigurira umukinnyi mu gikorwa ngarukamwaka “Ubururu bwacu agaciro kacu” aho bitanga amafaranga bakagura umukinnyi.

Nyuma yo kwemeza ko bagiye kugura umukinnyi, ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports bwahurije kuri Muhire Kevin maze bemeza ko ariwe bagiye kwigurira mu gikorwa bise “Twigurire umwana w’ikipe”

Aba bayobozi n’abafana bayoboye biyemeje gukusanya asaga miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda maze bakigurira umwana w’ikipe Muhire Kevin

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yatangaje ko iki gikorwa cyatangiye ku bafana bose ba Rayon Sports.

Ku rubuga rwa X, ku rukuta rwa Rayon Sports bamwe mu bafana ba Rayon Sports ntibakozwa ibyo kwigurira Muhire Kevin.

Bamwe bavuga ko batagura umukinnyi mu gihe ikipe nta mukinnyi n’umwe yari yabagurira kuva isoko ry’igura n’igurisha ryo mu mpeshyi ryafungurwa.

Abandi bemeza ko Kevin Muhire atari we ukenewe muri Gikundiro kandi abaye aje ntiyakaziye kuri Miliyoni 40 kuko yaba abahenze.5ec4b306-8411-49f7-989e-ec68b26c03fa.jpg7998b2f1-c3c4-42bf-8a8c-6459ac80fa14.jpgbb723862-d1c7-4c21-8025-5a42ec44f9ae.jpg17104118-2d25-405c-8a84-93de1e9dbfb3.jpge372742e-e31f-4a9c-93f6-e46778280d55.jpgbbc146ab-87df-4828-96d6-943c73deb4c5.jpggqv-mk0xsaamde6.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *