APR FC yaba yasinyishije umukinnyi kabuhariye mu kugurisha imikino

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC yaba yamaze gusinyisha undi mukinnyi mushya ukomoka muri Ghana, Richmond Lamptey kabuhariwe mu kugurisha imikino ndetse no kugena uko imikino iri bugende ibi ibizwi nka ‘Match Fixing’ mu ndimi z’amahanga.

Richmond Lamptey w’imyaka 27 y’amavuko asazwe akina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu gusatira mu ikipe ya Asante Kotoko S.C y’iwabo muri Ghana gusa yaje gutandukana na yo mbere y’uko APR FC imwegera.

Isinya ry’uyu mukinnyi mu ikipe ya APR FC ryemejwe n’umunyamkuru mpuzamahanga Micky Junior.

Uyu munyamakuru atangaza ko Richmond Lamptey yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya APR FC yitegura gusohokera u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Champions League.

Muri 2021 uyu mukinnyi yahagaritswe amezi 30 azize ibikorwa byo kugurisha imikino ndetse no kugena uko iri bugende gusa aza kujurira birangira akuweho ibihano yari yafatiwe ndetse anishyurwa amafaranga y’impozamarira.

Nyuma yo guhagarikwa ntibyamubujije guhita yerekeza mu ikipe ya Asante Koko aho yari agikina kugeza ubu. Richmond Lamptey yari amaze kuyikinira imikino 51 akaba yaratsinzemo ibitego 4.

Kugeza ubu APR FC ntabwo yari yatangaza ko uyu musore yamaze kuyisinyira gusa bitangazwa ko uyu mukinnyi aratangazwa mu minsi mike.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. APR FC yaba yasinyishije umukinnyi kabuhariye mu kugurisha imikino
    None se ukuri kuri he?,
    Ko utubwiye ko APR FC yasinyishije kabuhariwe muri Match Fixing, bikarangira utubwiye ko yabaye umwere agahabwa n’impoza amarira, bishatse kuvuga iki?, kuko uwasomye Title y’inkuru bigaragara ko nawe wamaze kumushyira ho icyaha, ariko mu nkuru ukongera ukamuhanaguraho icyaha, ubwo urumva utakoze ubusa Koko?, bwiza.com ko inkuru zayo yakoze tuzisoma mwagiye mureka kutubeashya kugira ngo dusome inkuru mwakoze….

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *