img_1068.jpg

Rayon Sports iryamiye ijanja kuri Ani Elijah binyuze mu mufana wigumuye

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu wa Bugesera Fc, Ani Elijah wageze mu mwiherero w’ikipe y’Igihugu, Amavubi, akaza gusigara mu Rwanda kubera kubura ibyangombwa, akomeje kwifuzwa n’amakipe akomeye mu Rwanda.

Uyu Rutahizamu wavuzwe muri APR FC na Police FC yavuzwe no muri Rayon Sports nyuma y’uko abaherwe b’iyi kipe barangajwe imbere na Perezida wa Rayon Sports, Rtd Capt Uwayezu Jean Fidèle bamuganiriyeho.

Nyuma y’uko asezeye kuri Rayon Sports akijyira muri Gasogi United, Hadji Kanyabugabo Muhammed yagiranye ibiganiro na Perezida wa Rayon Sports, Rtd Capt Uwayezu Jean Fidèle mu rwego rwo kwiyunga.

Hari hashize iminsi umubano utari mwiza hagati y’umuyobozi wa Rayon Sports, Rtd Capt Uwayezu Jean Fidèle na Hadji Kanyabugabo Mohammed wihebeye iyi kipe.

Kimwe mu byatumye uyu mubano uzamo agatotsi, ni umusaruro mubi wa Gikundiro mu mwaka w’imikino 2023/2024.

Byamenyekanye ko aba bagabo bombi bagize umusangiro wari ugamije ubwiyunge no kongera guhuza imbaraga mu kubaka iyi kipe.

Ubwo bari gusangira, ikiganiro cyabo cyaje kwibanda ku kubanza kugura rutahizamu wa Bugesera FC, Ani Elijah ukomoka muri Nigeria ukomeje kwifuzwa n’amakipe akomeye mu Rwanda.
img_1068.jpg
Bivugwa ko ibiganiro bigeze kure hagati y’ubuyobozi bw’iyi kipe n’ushinzwe gushakira akazi uyu mukinnyi (Agent) uzwi nka Emmy Fire. Ku kigero kiri hejuru ya 85%, ibiganiro biri kugenda neza ku buryo mu gihe nta yindi kidobya yazamo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *