goz0_pjxiaajkul.jpg

Rayon Sports yakubuye 5 barimo Youssef Rharb

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi 5 barimo abanyamahanga 4 yari ifite uyu mwaka ndetse n’undi munyarwanda umwe.

Muri iki gihe umwaka w’imikino mu Rwanda warangiye amakipe yatangiye kurekura bamwe mu bakinnyi atazakoresha mu mwaka utaha w’imikino uzatangirwa muri Kanama 2024.

Ku ikubitiro Gasogi United niyo yasezereye abakinnyi bayo biganjemo abanyamahanga ni uko maze ikurikirwa na Gorilla na yo yarekuye abo batazakomezanya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2024 ikipe ya Rayon Sports nayo itangaje ko yasezereye abakinnyi bagera kuri 5 biganjemo abanyamahanga.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yatangaje ko itazakomezanya na Youssef Rharb, Paul Alon Gomis, Alsény Camara Agogo, Emmanuel Mvuyekure, n’umuzamu Bonheur Hategekimana nawe akaba atazakomezanya n’iyi kipe.

Ibi bije nyuma y’uko iyi kipe iri kwitegura umwaka utaha w’imikino aho atari yatangira kuvugwa ku isoko cyane gusa amakuru ahari ni uko yamaze kuryinjira aho yafunguye imiryango ku bakinnyi bashya nk’uko byemezwa na Perezida Uwayezu Jean Fidel.

Kugeza ubu Rayon Sports ifite abakinnyi umunani gusa bagifite amasezerano.

goz0_pjxiaajkul.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *